Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ubutumwa buremereye bw’Umukinnyi rurangiranwa i Burayi wakorewe irondaruhu

radiotv10by radiotv10
22/05/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ubutumwa buremereye bw’Umukinnyi rurangiranwa i Burayi wakorewe irondaruhu
Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyi w’umwirabura w’Umunya-Brazil, Vinícius José Paixão de Oliveira Júnior ukinira ikipe ya Real Madrid yo muri Espagne, yavuze ku irondaruhu yakorewe, avuga ko muri iki Gihugu ryafashwe nk’ibintu bisanzwe ariko ko adateze kubyihanganira.

Iri rondaruhu ryakorewe Vinícius Júnior, ryabaye mu ijoro ryacyeye ubwo ikipe ya Real Madrid yakinaga na Valencia warangiye ikipe ye itsinzwe 1-0.

Iri rondaruhu ryakorewe Vinícius Júnior, ryazamuwe n’abafana bari muri sitade baririmbaga indirimbo y’ivangurarugu, ubwo uyu mukinnyi w’umuhanga yatonganaga na Hugo Duro, ndetse uyu Munya-Brazil Vinícius akaza guhabwa ikarita y’umutuku.

Mu butumwa yanyujije kuri Instagram ye, Vinícius Júnior yavuze ko atari rimwe cyanwa kabiri cyangwa gatatu akorewe irondaruhu, ati “Byafashwe nk’ibisanzwe muri La Liga [Shampiyona yo muri Espagne]”

Yavuze ko ubuyobozi bw’iyi Shampiyona bwirengagiza irondaruhu rikorerwa bamwe mu bakinnyi, yewe ngo n’Ishyirahamwe ry’umupira muri iki Gihugu cya Espagne rikora irondaruhu, ku buryo aho kurirwanya ahubwo riryimakaza.

Yagarutse kuri bamwe mu bakinnyi b’ibihangange banyuze muri iyi shampiyona, batumaga iryoha nka Ronaldinho, Ronaldo, Cristiano na Messi, avuga ko bageze n’aho bayitirirwa ati “Ariko uyu munsi iyi shampiyona ni iy’ivanguraruhu.”

Icyakora avuga ko hari Abanya-Espagne banga ivanguraruhu ariko bakaba bakomeje guheshwa isura mbi n’aba baryimakaje.

Ati “Muri Brazil, Espagne izwi nk’Igihugu cy’ivangurarugu, kandi ikibabaje bibaho buri cyumweru. Ntacyo narenzaho ngomba kubyemera.”

Vinícius Júnior yasoje ubutumwa bwe avuga ko atazigera na rimwe yihanganira ibikorwa by’ivanguraruhu kandi ko azakoresha ubushobozi bwe bwose akarirwanya.

Ikipe ya Valencia iri gukora iperereza kuri iri rondaruhu ryakorwe umukinnyi w’ikipe bari bahanganye, yatangiye iperereza, ndetse ikaba yamaze guhagarika abakinnyi babiri kuzongera kugaruka muri iyi sitade yayo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × four =

Previous Post

Hatahuwe inzoga y’inkorano ifite izina ridasanzwe ivugwaho gukoresha amahano abayinywa

Next Post

Ntibumva uko ibikorwa byo gutunganya inzu z’Abaminisitiri nko guhindura amarido byatwara Miliyari 5Frw

Related Posts

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Tariki 25 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasheshe inzego zose za Rayon Sports maze rushyiraho Komite y’inzibacyuho iyobowe na...

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
28/12/2025
0

Isi ya ruhago ikomeje kunamira uwari umutoza Jean-Louis Gasset witabye Imana ku myaka 72 y’amavuko, aho bamwe mu bafite amazina...

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
26/12/2025
0

Umukinnyi Faustin Likau Pizzalo KITOKO ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wakinaga muri Shampiyona y’u Burundi, yamaze gusinyira ikipe...

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

by radiotv10
26/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yaciye ikipe y’Igihugu ya Misiri amande angana na $5,000 (arenga Miliyoni 7 Frw) kubera...

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

by radiotv10
25/12/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bwatangaje ko bwasubitse inama y’Inteko Rusange yari iteganyijwe kuba ku wa Gatandatu tariki ya 27 Ukuboza...

IZIHERUKA

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day
MU RWANDA

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ntibumva uko ibikorwa byo gutunganya inzu z’Abaminisitiri nko guhindura amarido byatwara Miliyari 5Frw

Ntibumva uko ibikorwa byo gutunganya inzu z’Abaminisitiri nko guhindura amarido byatwara Miliyari 5Frw

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.