Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ubutumwa buremereye bw’Umukinnyi rurangiranwa i Burayi wakorewe irondaruhu

radiotv10by radiotv10
22/05/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ubutumwa buremereye bw’Umukinnyi rurangiranwa i Burayi wakorewe irondaruhu
Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyi w’umwirabura w’Umunya-Brazil, Vinícius José Paixão de Oliveira Júnior ukinira ikipe ya Real Madrid yo muri Espagne, yavuze ku irondaruhu yakorewe, avuga ko muri iki Gihugu ryafashwe nk’ibintu bisanzwe ariko ko adateze kubyihanganira.

Iri rondaruhu ryakorewe Vinícius Júnior, ryabaye mu ijoro ryacyeye ubwo ikipe ya Real Madrid yakinaga na Valencia warangiye ikipe ye itsinzwe 1-0.

Iri rondaruhu ryakorewe Vinícius Júnior, ryazamuwe n’abafana bari muri sitade baririmbaga indirimbo y’ivangurarugu, ubwo uyu mukinnyi w’umuhanga yatonganaga na Hugo Duro, ndetse uyu Munya-Brazil Vinícius akaza guhabwa ikarita y’umutuku.

Mu butumwa yanyujije kuri Instagram ye, Vinícius Júnior yavuze ko atari rimwe cyanwa kabiri cyangwa gatatu akorewe irondaruhu, ati “Byafashwe nk’ibisanzwe muri La Liga [Shampiyona yo muri Espagne]”

Yavuze ko ubuyobozi bw’iyi Shampiyona bwirengagiza irondaruhu rikorerwa bamwe mu bakinnyi, yewe ngo n’Ishyirahamwe ry’umupira muri iki Gihugu cya Espagne rikora irondaruhu, ku buryo aho kurirwanya ahubwo riryimakaza.

Yagarutse kuri bamwe mu bakinnyi b’ibihangange banyuze muri iyi shampiyona, batumaga iryoha nka Ronaldinho, Ronaldo, Cristiano na Messi, avuga ko bageze n’aho bayitirirwa ati “Ariko uyu munsi iyi shampiyona ni iy’ivanguraruhu.”

Icyakora avuga ko hari Abanya-Espagne banga ivanguraruhu ariko bakaba bakomeje guheshwa isura mbi n’aba baryimakaje.

Ati “Muri Brazil, Espagne izwi nk’Igihugu cy’ivangurarugu, kandi ikibabaje bibaho buri cyumweru. Ntacyo narenzaho ngomba kubyemera.”

Vinícius Júnior yasoje ubutumwa bwe avuga ko atazigera na rimwe yihanganira ibikorwa by’ivanguraruhu kandi ko azakoresha ubushobozi bwe bwose akarirwanya.

Ikipe ya Valencia iri gukora iperereza kuri iri rondaruhu ryakorwe umukinnyi w’ikipe bari bahanganye, yatangiye iperereza, ndetse ikaba yamaze guhagarika abakinnyi babiri kuzongera kugaruka muri iyi sitade yayo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 − three =

Previous Post

Hatahuwe inzoga y’inkorano ifite izina ridasanzwe ivugwaho gukoresha amahano abayinywa

Next Post

Ntibumva uko ibikorwa byo gutunganya inzu z’Abaminisitiri nko guhindura amarido byatwara Miliyari 5Frw

Related Posts

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Cameroun (FECAFOOT), Samuel Eto’o, yahagaritswe imikino ine n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), azira imyitwarire...

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

by radiotv10
14/01/2026
0

Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwihanganishije ikipe ya Rayon Sports ku bw’ibyago yagize byo gupfusha uwari umuganga w’iyi kipe Dr....

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko Adel Amrouche wari umutoza Mukuru w'Ikipe y'Igihugu Amavubi, yirukanywe nyuma yo gukorerwa...

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

by radiotv10
14/01/2026
0

Dr. Charles Mugemana wari umaze imyaka irenga 30 ari umuganga w’ikipe ya Rayon Sports, yitabye Imana azize uburwayi yari amaranye...

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe y'Amgaju FC, bwirukanye abatoza bose bayitozaga, ibashinja umusaruro mubi, harimo no kuba banyagiwe ibitego 8-0 na Al Hilal,...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ntibumva uko ibikorwa byo gutunganya inzu z’Abaminisitiri nko guhindura amarido byatwara Miliyari 5Frw

Ntibumva uko ibikorwa byo gutunganya inzu z’Abaminisitiri nko guhindura amarido byatwara Miliyari 5Frw

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.