Tuesday, November 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ubutumwa butunguranye Muhoozi yageneye abagiye guhunga Uganda kubera ibigiye kujya bikorerwa abatinganyi

radiotv10by radiotv10
23/03/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
4
Ubutumwa butunguranye Muhoozi yageneye abagiye guhunga Uganda kubera ibigiye kujya bikorerwa abatinganyi
Share on FacebookShare on Twitter

General Muhoozi Kainerugaba yageneye ubutumwa abanyamahanga bavuze ko bagiye kuva muri Uganda kubera umushinga w’itegeko watowe wo guhana abatinganyi, ababwira ko azabafasha kuzinga ibikapu.

Ku wa Kabiri w’iki Cyumweru, Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda yatoye umushinga w’itegeko riteganya ibihano bikarishye ku baryamana bahuje ibitsina, n’abakora ibikorwa bibyerecyeyeho.

Uyu mushinga w’itegeko urimo ibihano birimo igifungo cy’imyaka 20 ndetse n’ibihano bishobora kugera ku rupfu, ku bikorwa by’indengakamere by’ubutinganyi.

Ni umushinga washyigikiwe n’Abadepite benshi ndetse n’abandi banyapolitiki bo muri Uganda, biganjemo abagabo bavuze ko batumva impamvu umugabo ashobora kwifuza kuryamana n’umugabo mugenzi we, nyamara ntakintu kiryoha kibaho nko kuryamana n’umugore.

General Muhoozi Kainerugaba usanzwe ari umuhungu wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni akaba n’umujyanama we, na we yari aherutse kugira icyo avuga ku bikorwa by’ubutinganyi.

Muhoozi ukunze kwisanzura mu gutanga ibitekerezo kuri Twitter, yari yagaragaje ko na we atumva impamvu umugabo ashobora kwifuza kuryamana n’umugabo mugenzi we, nyamara hatabuze abagore.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter mu byumweru bibiri bishize, Muhoozi yari yagize ati “Ubutinganyi ni icyaha! Imana yagennye ko abagabo bagomba kubana n’abagore, abagore na bo bakabana n’abagabo. Ntakintu kiryoha kurushsa umugore kuri iyi Si.”

Nyuma yuko Inteko Ishinga Amategeko itoye uriya mushinga wo guhana ubutinganyi, General Muhoozi yongeye kuvuga ko yumvise ko hari “kompanyi z’abanyamahanga (sinanazizi) zifuza kuva mu Gihugu kuko hatowe umushinga wo kurwanya ubutinganyi.”

Mu butumwa Muhoozi n’ubundi yanyujije kuri Twitter, yakomeje agira ati “Turifuza kubafasha gupakira imizigo ubundi bakagenda bakava mu Gihugu cyacu cy’umugisha! Uganda ni Igihugu cy’Imana!”

Muhoozi yasoje ubutumwa bwe ashwishuriza abo bifuza kuva mu Gihugu cyabo, ko nibashaka bagenda ariko Uganda ikazakomeza kwishakamo ibisubizo itarimo izo ngeso mbi z’ubutinganyi.

RADIOTV10

Comments 4

  1. Kagiraneza Donatien says:
    3 years ago

    Nanjye General Muhoozi ndamushyigikiye ahubwo nucyenera amaboko yo kwirukana abatinganyi uzambwire nze ngufashe, gusa byaba byiza no mu Rwanda uwo mushinga utowe, mwibuke ko umwuzure ndetse Sodoma na Gomora nabyo byarimbutse kubera ubutinganyi none reba aba banyagwa b’abatinganyi inzara bateje mu gihugu.

    Reply
  2. Valens Liverpool says:
    3 years ago

    Twamaganye ubutinganyi nimico yabagashakabuhake bakwirakwije hirya nohino kwisi.

    Reply
  3. Valens Liverpool says:
    3 years ago

    Nibindi bihugu bya Africa babonereho. Congratulations Uganda.

    Reply
  4. Silas says:
    3 years ago

    Nigeze kumva ko mu Rwanda habereye inama y’abo bahanya. Ndumirwa pee. Ugasanga n’ubuyobozi bwacu bubishyigikiye. Muhozi na Se ni abantu batarya indimi kuri icyo kibazo. Nta kintu kiryoha kuruta umugore kuri iyi si.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 − four =

Previous Post

Meddy yakoze ibyatunguye benshi babyakirije impundu

Next Post

Gatsibo: Abavandimwe barakekwaho kwica mwene wabo babanaga bamuhoye impamvu idasanzwe

Related Posts

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

by radiotv10
18/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bitangaje kubona Umuganga Dr Denis Mukwege wanahawe igihembo cy’amahoro ‘Nobel’ yamagana...

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

by radiotv10
17/11/2025
0

Indege yarimo intumwa ziyobowe na Minisitiri w’Ubucukuzi bw’Amabuye y’Agaciro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo wari ugiye gukurikirana iby’impanuka yahitanye...

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

by radiotv10
17/11/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi yakiriye mugenzi we w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, banayobora isinywa ry’amasezerano hagati...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Ubutumwa AFC/M23 yageneye Congo ku gufungura Ikibuga cya Goma no kuyizana mu bibazo byayo n’u Rwanda

by radiotv10
17/11/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryamaganye icyemezo cyafashwe na Perezida Felix Tshisekedi cy’umugambi wo gufungura ikibuga cy’Indege cya Goma, rivuga ko bidashoboka, rimwibutsa...

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Eng.-DRC and Burundi enter new cooperation after Military Collaboration

by radiotv10
17/11/2025
0

President Félix Tshisekedi of the Democratic Republic of Congo received his Burundian counterpart, Évariste Ndayishimiye, as the two leaders presided...

IZIHERUKA

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya
MU RWANDA

Eng.-Minister Nduhungirehe criticizes renowned Congolese Doctor for ignoring key facts in his statement

by radiotv10
18/11/2025
0

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

18/11/2025
Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

18/11/2025
Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

18/11/2025
Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

18/11/2025
Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

18/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Urupfu rw’umucyecuru basanze yanatwikishijwe Acide rwatumye hafatwa barindwi barimo n’umuhungu we

Gatsibo: Abavandimwe barakekwaho kwica mwene wabo babanaga bamuhoye impamvu idasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-Minister Nduhungirehe criticizes renowned Congolese Doctor for ignoring key facts in his statement

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.