Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ubutumwa butunguranye Muhoozi yageneye abagiye guhunga Uganda kubera ibigiye kujya bikorerwa abatinganyi

radiotv10by radiotv10
23/03/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
4
Ubutumwa butunguranye Muhoozi yageneye abagiye guhunga Uganda kubera ibigiye kujya bikorerwa abatinganyi
Share on FacebookShare on Twitter

General Muhoozi Kainerugaba yageneye ubutumwa abanyamahanga bavuze ko bagiye kuva muri Uganda kubera umushinga w’itegeko watowe wo guhana abatinganyi, ababwira ko azabafasha kuzinga ibikapu.

Ku wa Kabiri w’iki Cyumweru, Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda yatoye umushinga w’itegeko riteganya ibihano bikarishye ku baryamana bahuje ibitsina, n’abakora ibikorwa bibyerecyeyeho.

Uyu mushinga w’itegeko urimo ibihano birimo igifungo cy’imyaka 20 ndetse n’ibihano bishobora kugera ku rupfu, ku bikorwa by’indengakamere by’ubutinganyi.

Ni umushinga washyigikiwe n’Abadepite benshi ndetse n’abandi banyapolitiki bo muri Uganda, biganjemo abagabo bavuze ko batumva impamvu umugabo ashobora kwifuza kuryamana n’umugabo mugenzi we, nyamara ntakintu kiryoha kibaho nko kuryamana n’umugore.

General Muhoozi Kainerugaba usanzwe ari umuhungu wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni akaba n’umujyanama we, na we yari aherutse kugira icyo avuga ku bikorwa by’ubutinganyi.

Muhoozi ukunze kwisanzura mu gutanga ibitekerezo kuri Twitter, yari yagaragaje ko na we atumva impamvu umugabo ashobora kwifuza kuryamana n’umugabo mugenzi we, nyamara hatabuze abagore.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter mu byumweru bibiri bishize, Muhoozi yari yagize ati “Ubutinganyi ni icyaha! Imana yagennye ko abagabo bagomba kubana n’abagore, abagore na bo bakabana n’abagabo. Ntakintu kiryoha kurushsa umugore kuri iyi Si.”

Nyuma yuko Inteko Ishinga Amategeko itoye uriya mushinga wo guhana ubutinganyi, General Muhoozi yongeye kuvuga ko yumvise ko hari “kompanyi z’abanyamahanga (sinanazizi) zifuza kuva mu Gihugu kuko hatowe umushinga wo kurwanya ubutinganyi.”

Mu butumwa Muhoozi n’ubundi yanyujije kuri Twitter, yakomeje agira ati “Turifuza kubafasha gupakira imizigo ubundi bakagenda bakava mu Gihugu cyacu cy’umugisha! Uganda ni Igihugu cy’Imana!”

Muhoozi yasoje ubutumwa bwe ashwishuriza abo bifuza kuva mu Gihugu cyabo, ko nibashaka bagenda ariko Uganda ikazakomeza kwishakamo ibisubizo itarimo izo ngeso mbi z’ubutinganyi.

RADIOTV10

Comments 4

  1. Kagiraneza Donatien says:
    3 years ago

    Nanjye General Muhoozi ndamushyigikiye ahubwo nucyenera amaboko yo kwirukana abatinganyi uzambwire nze ngufashe, gusa byaba byiza no mu Rwanda uwo mushinga utowe, mwibuke ko umwuzure ndetse Sodoma na Gomora nabyo byarimbutse kubera ubutinganyi none reba aba banyagwa b’abatinganyi inzara bateje mu gihugu.

    Reply
  2. Valens Liverpool says:
    3 years ago

    Twamaganye ubutinganyi nimico yabagashakabuhake bakwirakwije hirya nohino kwisi.

    Reply
  3. Valens Liverpool says:
    3 years ago

    Nibindi bihugu bya Africa babonereho. Congratulations Uganda.

    Reply
  4. Silas says:
    3 years ago

    Nigeze kumva ko mu Rwanda habereye inama y’abo bahanya. Ndumirwa pee. Ugasanga n’ubuyobozi bwacu bubishyigikiye. Muhozi na Se ni abantu batarya indimi kuri icyo kibazo. Nta kintu kiryoha kuruta umugore kuri iyi si.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × five =

Previous Post

Meddy yakoze ibyatunguye benshi babyakirije impundu

Next Post

Gatsibo: Abavandimwe barakekwaho kwica mwene wabo babanaga bamuhoye impamvu idasanzwe

Related Posts

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

by radiotv10
28/01/2026
0

Mu rubanza ruburanishwa n’Urukiko Rukuru rwa Gitega mu Burundi ruregwamo abantu 16 baregwa ibikorwa byo kuryamana kw’abahuje ibitsina rwavutsemo impaka...

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

by radiotv10
28/01/2026
0

Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Corneille Nangaa yavuze ko kuba iri Huriro ryakorana n’u Rwanda bitavuze ko rurifasha, ahubwo ko hari impamvu...

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukozi w’Imana wo muri Kenya, Paul Nthenge Mackenzie wari umuyobozi w’Itorero rimwe, umaze imyaka itatu atawe muri yombi akurikiranyweho uruhare...

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

by radiotv10
28/01/2026
0

Ifoto ya Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu imugaragaza ari kuvugira kuri Telefone yagiye yomekwaho utuntu duhisha kamera yayo n’akarango...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

by radiotv10
27/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ridateze kurekura igice na kimwe mu byo ryafashe,...

IZIHERUKA

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police
FOOTBALL

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Urupfu rw’umucyecuru basanze yanatwikishijwe Acide rwatumye hafatwa barindwi barimo n’umuhungu we

Gatsibo: Abavandimwe barakekwaho kwica mwene wabo babanaga bamuhoye impamvu idasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.