Saturday, August 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubutumwa bw’ingenzi bwa Perezida Kagame bwabera buri wese akabando

radiotv10by radiotv10
16/05/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ubutumwa bw’ingenzi bwa Perezida Kagame bwabera buri wese akabando
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame avuga ko ahantu habi umuntu yagera uko haba hameze kose, adakwiye kwemera kuhaguma, ahubwo ko aba akwiye gushaka uburyo ahava.

Yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’abanyeshuri bo mu ishuri ry’ubucuruzi ryo muri Leta Zunze Ubumwe za America, rya Harvard University of Business, kuri uyu wa Mbere tariki 15 Gicurasi 2023.

Zimwe mu mpanuro yahaye aba banyeshuri biganjemo urubyiruko, muri iki kiganiro bagiranye muri Village Urugwiro, yagarutse ku masomo umuntu akwiye guhora agenderaho.

Yagize ati “Isomo rya mbere, utitaye kuri habi hashoboka waba uri, wahagejejwe n’ibintu bitandukanye cyangwa imbaraga runaka, ntukwiye kwemera kuguma hasi, shaka uburyo bwo guhaguruka.”

Perezida Kagame yakomeje avuga ko ibi ari na byo byafashije u Rwanda kuko rwigeze kubaho rumeze nk’urwasenyutse burundu ku buryo hari n’abarugeragamo bakibaza niba ruzongera kuba Igihugu.

Ati “Kimwe mu byahitaga bitekerezwa n’umuntu wazaga, yaribazaga ati ‘aba bantu bazashobora kongera kubyuka?’ yewe na bamwe muri twe, hari abibazaga bati ‘ariko ubu tuzava muri aka kangaratete?’.”

Yakomeje avuga ko uko umuntu ahora atekereza uko ibyo bibazo yabivamo, bigera aho umuntu akavuga ati “Oya ntabwo ngomba kubyemera.”

Perezida Kagame akomeza avuga ko uko umuntu agenda yiyumvamo ko afite ubushobozi bwo kwikura muri ibyo bibazo, bituma n’abandi bashobora kugira icyo bakora, ndetse umuntu akabasha kugera kuri byinshi.

Ati “Icya kabiri, ni gute wabimenya? Hari byinshi byiza byagufasha kubimenya. Uko kwishyira ukizana kugufasha kujya ku ishuri, kugira icyerekezo cy’ubuzima, kuzabona amafunguro, kubasha gukora ubucuruzi, ukabasha gutekereza no gutanga umusaruro, kwigira, ukamenya kwitandukanya n’abandi ndetse no kugira umusanzu mu Gihugu. “

Avuga ko byumwihariko iyo umuntu ari mu buyobozi, aba agomba gukorana n’abaturage ayobora kugira ngo ibyo akora na bo babyibonemo, ndetse na we bamwibonemo.

Perezida Kagame yagaragaje ibyafasha benshi

Aba banyeshuri na bo bamubajije ibibazo

Bishimiye impanuro bahawe na Perezida Kagame

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + 13 =

Previous Post

Hamenyekanye imyanzuro yavuye mu biganiro by’u Rwanda na DRCongo ku ngino yihariye

Next Post

Icyamamare Jaden Smith yakoze igikorwa cyumvikanamo ubumuntu buhebuje

Related Posts

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

by radiotv10
09/08/2025
0

Abofisiye 163 n’abafite andi mapeti mu Ngabo z’u Rwanda mu mutwe ushinzwe imyitwarire (Military Police) barangije imyitozo bamazemo ibyumweru bitandatu,...

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

by radiotv10
09/08/2025
0

In the past, relationships often started with a letter, a meeting at church, or being introduced by a friend. Today,...

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
09/08/2025
1

The digital ID will be issued to Rwandans, refugees, and foreigners, NIDA’s Director General Mukesha Josephine announced on August 7,...

The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

by radiotv10
09/08/2025
0

In the heart of Rwanda’s rich cultural heritage lies a unique, geometric art form known as Imigongo. Imigongo is a...

Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

by radiotv10
09/08/2025
0

Algorithm Inc, a regional tech company known for its innovative business software solutions, has launched a groundbreaking new platform called...

IZIHERUKA

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako
MU RWANDA

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

by radiotv10
09/08/2025
0

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

09/08/2025
Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

09/08/2025
The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

09/08/2025
Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

09/08/2025
Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

08/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyamamare Jaden Smith yakoze igikorwa cyumvikanamo ubumuntu buhebuje

Icyamamare Jaden Smith yakoze igikorwa cyumvikanamo ubumuntu buhebuje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.