Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubutumwa Guverineri mushya wa Banki Nkuru y’u Rwanda yageneye Perezida

radiotv10by radiotv10
26/02/2025
in MU RWANDA, POLITIKI, UBUKUNGU
0
Ubutumwa Guverineri mushya wa Banki Nkuru y’u Rwanda yageneye Perezida
Share on FacebookShare on Twitter

Guverineri mushya wa Banki Nkuru y’u Rwanda, Soraya Hakuziyaremye yashimiye Perezida Paul Kagame ku cyizere yamugiriye cyo kumuha izi nshingano, amwizeza ko we n’abandi bakozi b’iyi Banki bazakorana umurava kugira ngo Igihugu kigire ubukungu bushinze imizi.

Ni nyuma yuko kuri uyu wa Kabiri tariki 25 Gashyantare 2025, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame ashyizeho abayobozi bashya ba Banki Nkuru y’u Rwanda.

Muri aba bayobozi, Madamu Soraya Hakuziyaremye wari Guverineri Wungirije, yagizwe Guverineri, asimbura John Rwangombwa wari umukuriye.

Nyuma y’Itangazo ryaturutse mu Biro bya Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda Dr Edouard Ngirenge rishyiraho Soraya ku mwanya wa Guverineri wa BNR, yanditse ku rubuga nkoranyambaga ubutumwa bwo gushimira Perezida Paul Kagame wamugiriye iki cyizere.

Yagize ati “Ni iby’agaciro gakomeye nanashimira Nyakubahwa Perezida Paul Kagame ku cyizere. Gukorera u Rwanda ku buyobozi bwanyu, ni iby’agaciro gahambaye, hamwe n’itsinda ry’abakozi ba Banki Nkuru y’u Rwanda, tuzakora ibishoboka tunagire uruhare mu ntego z’u Rwanda mu kurugeza mu Bihugu bifite ubukungu bwihagazeho.”

Soraya Hakuziyaremye, yahawe izi nshingano zo kuba Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, nyuma y’imyaka ine ari Guverineri Wungirije w’iyi Banki, inshingano yari yarahawe muri Werurwe 2021.

Soraya wari wasimbuye Dr Monique Nsanzabaganwa wari watorewe kuba Visi Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, icyo gihe yari amaze imyaka itatu ari Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, inshingano yari yarahawe muri 2018.

Guverineri mushya wa Banki Nkuru y’u Rwanda, asanzwe ari inararibonye by’imari n’ubukungu, dore ko yanabyigiye ku Mugabane w’u Burayi, aho yize muri Université Libre de Bruxelles ryo mu Bubiligi, aho yize mu bijyanye n’Imari n’Ubucuruzi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + 16 =

Previous Post

Hemejwe ikigiye gukorwa mu rubanza rw’uwari Gitifu aregwamo kwaka ruswa uwari Captain

Next Post

U Rwanda rwagize icyo rubwira u Bwongereza ku kugaragaza uruhande bwahisemo mu bya Congo

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwagize icyo rubwira u Bwongereza ku kugaragaza uruhande bwahisemo mu bya Congo

U Rwanda rwagize icyo rubwira u Bwongereza ku kugaragaza uruhande bwahisemo mu bya Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.