Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubutumwa Guverineri mushya wa Banki Nkuru y’u Rwanda yageneye Perezida

radiotv10by radiotv10
26/02/2025
in MU RWANDA, POLITIKI, UBUKUNGU
0
Ubutumwa Guverineri mushya wa Banki Nkuru y’u Rwanda yageneye Perezida
Share on FacebookShare on Twitter

Guverineri mushya wa Banki Nkuru y’u Rwanda, Soraya Hakuziyaremye yashimiye Perezida Paul Kagame ku cyizere yamugiriye cyo kumuha izi nshingano, amwizeza ko we n’abandi bakozi b’iyi Banki bazakorana umurava kugira ngo Igihugu kigire ubukungu bushinze imizi.

Ni nyuma yuko kuri uyu wa Kabiri tariki 25 Gashyantare 2025, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame ashyizeho abayobozi bashya ba Banki Nkuru y’u Rwanda.

Muri aba bayobozi, Madamu Soraya Hakuziyaremye wari Guverineri Wungirije, yagizwe Guverineri, asimbura John Rwangombwa wari umukuriye.

Nyuma y’Itangazo ryaturutse mu Biro bya Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda Dr Edouard Ngirenge rishyiraho Soraya ku mwanya wa Guverineri wa BNR, yanditse ku rubuga nkoranyambaga ubutumwa bwo gushimira Perezida Paul Kagame wamugiriye iki cyizere.

Yagize ati “Ni iby’agaciro gakomeye nanashimira Nyakubahwa Perezida Paul Kagame ku cyizere. Gukorera u Rwanda ku buyobozi bwanyu, ni iby’agaciro gahambaye, hamwe n’itsinda ry’abakozi ba Banki Nkuru y’u Rwanda, tuzakora ibishoboka tunagire uruhare mu ntego z’u Rwanda mu kurugeza mu Bihugu bifite ubukungu bwihagazeho.”

Soraya Hakuziyaremye, yahawe izi nshingano zo kuba Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, nyuma y’imyaka ine ari Guverineri Wungirije w’iyi Banki, inshingano yari yarahawe muri Werurwe 2021.

Soraya wari wasimbuye Dr Monique Nsanzabaganwa wari watorewe kuba Visi Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, icyo gihe yari amaze imyaka itatu ari Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, inshingano yari yarahawe muri 2018.

Guverineri mushya wa Banki Nkuru y’u Rwanda, asanzwe ari inararibonye by’imari n’ubukungu, dore ko yanabyigiye ku Mugabane w’u Burayi, aho yize muri Université Libre de Bruxelles ryo mu Bubiligi, aho yize mu bijyanye n’Imari n’Ubucuruzi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 2 =

Previous Post

Hemejwe ikigiye gukorwa mu rubanza rw’uwari Gitifu aregwamo kwaka ruswa uwari Captain

Next Post

U Rwanda rwagize icyo rubwira u Bwongereza ku kugaragaza uruhande bwahisemo mu bya Congo

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwagize icyo rubwira u Bwongereza ku kugaragaza uruhande bwahisemo mu bya Congo

U Rwanda rwagize icyo rubwira u Bwongereza ku kugaragaza uruhande bwahisemo mu bya Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.