Friday, September 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ubutumwa Kamerhe yahaye uwamusimbuye ku Buyobozi bw’Inteko ya Congo bwagarutse kuri Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
26/09/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ubutumwa Kamerhe yahaye uwamusimbuye ku Buyobozi bw’Inteko ya Congo bwagarutse kuri Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki Vital Kamerhe, uherutse kwegura ku mwanya wa Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye uwamusimbuye gukomeza gushyigikira Perezida Félix Tshisekedi.

Ni ubutumwa yatanze kuri uyu wa Kane tariki 25 Nzeri 2025 ubwo yahererekanyaga ubusha n’umusumbuye by’agateganyo Isaac Jean-Claude Tshilumbayi wari Visi Perezida wa Mbere w’Inteko.

Iri hererekanyabubasha, ribaye mu gihe hagitegerejwe ko hatorarwa Perezida mushya w’Inteko Ishinga Amategeko ya DRC, aho izaba iyobowe by’agateganyo n’uyu Isaac Jean-Claude Tshilumbayi.

Mu ijambo rye, Vital Kamerhe yasabye uyu umusimbuye kuyobora neza Inteko Ishinga Amategeko, kandi akazarangwa no kurengera no gushyigikira Perezida Félix-Antoine Tshisekedi Tshilombo, n’inyungu rusange z’Igihugu.

Jean-Claude Tshilumbayi usimbuye by’agateganyo Vital Kamerhe, akaba atari anashyigikiye ko yeguzwa, yamushimiye uburyo bakoranye neza, kandi ko yizeye ko bazakomeza gukorana neza kuko amuziho ubunararibonye mu kuyobora Inteko Ishinga Amategeko.

Uyu musimbura w’agateganyo kandi yizeje ko azakorana imbaraga zose, kugira ngo abashe kugeza ku Nteko ku ntego zayo.

Vital Kamerhe watanze ubwegure bwe ku wa Mbere w’iki cyumweru, mu ibaruwa ye, yavuze ko yeguye ku bushake n’impamvu ze bwite, mu gihe hari abadepite bari basinye inyandiko imutakariza icyizere bamushinja ibirimo kunyereza imari y’Inteko.

Bamwe mu basesenguzi mu bya Politiki, batangaje ko ishyaka rya Tshisekedi ari ryo riri inyuma yo kwegura kwe, kuko ryari rimaze gutahura ko afite umugambi wo kuziyamamaza, kandi hari impungenge ko ashobora kuzitambika umugambi wa Tshisekedi wo guhindura Itegeko Nshinga.

Aba banyapolitiki bombi bashimiranye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 2 =

Previous Post

Amb.Gen.Patrick Nyamvumba yasuye Rayon muri Tanzania ayiha ubutumwa bw’ingenzi ku ntego yayijyanyeyo

Next Post

Ibisobanuro byatanzwe ku ifoto yavugishije benshi ku mbuga nkoranyambaga nabyo byazamuye impaka

Related Posts

Intambara imaze imyaka ibiri yabaye ingingo y’umunsi mu nama ihurije hamwe Isi yose

Intambara imaze imyaka ibiri yabaye ingingo y’umunsi mu nama ihurije hamwe Isi yose

by radiotv10
25/09/2025
0

Ikibazo cy’intambara ya Israel n'umutwe wa Hamas muri Gaza cyiganje mu Nteko Rusange ya 80 y’Umuryango w’Abibumbye, aho benshi bifuza...

Umuryango Mpuzamahanga wagize icyo usaba Cameroon ku batavuga rumwe n’ubutegetsi bafunzwe

Umuryango Mpuzamahanga wagize icyo usaba Cameroon ku batavuga rumwe n’ubutegetsi bafunzwe

by radiotv10
24/09/2025
0

Umuryango Mpuzamahanga uharanira uburenganzira bwa muntu, Amnesty International, wasabye ubutegetsi bwa Cameroon gufungura abantu 36 batavuga rumwe n’ubutegetsi bw’iki Gihugu...

Icyo Tshisekedi avuga kuri Perezida w’Inteko weguye adahari n’igisubizo ku byo bavugwaho bombi

Icyo Tshisekedi avuga kuri Perezida w’Inteko weguye adahari n’igisubizo ku byo bavugwaho bombi

by radiotv10
23/09/2025
0

Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yavuze ko na we yamenyeye iyegura rya Vital Kamerhe aho ari...

Menya ibindi Bihugu byemeje ko bishyigikiye ko Palestine iba Igihugu cyigenga

Menya ibindi Bihugu byemeje ko bishyigikiye ko Palestine iba Igihugu cyigenga

by radiotv10
24/09/2025
0

Mu gihe isi yose ikomeje gushaka ibisubizo birambye ku makimbirane ari hagati ya Israel na Palesitina, Ibihugu birindwi birimo u...

Ibikubiye mu ibaruwa y’ubwegure bwa Vital Kamerhe wari Perezida w’Inteko ya Congo

Ibikubiye mu ibaruwa y’ubwegure bwa Vital Kamerhe wari Perezida w’Inteko ya Congo

by radiotv10
23/09/2025
0

Umunyapolitiki Vital Kamerhe uri mu bakomeye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yeguye ku mwanya wa Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko,...

IZIHERUKA

In 9 months Rwanda received 4,000 returnees from DRC
MU RWANDA

In 9 months Rwanda received 4,000 returnees from DRC

by radiotv10
26/09/2025
0

Amagare-Kigali: Umwongereza yegukanye Shampiyona y’Isi mu Ngimbi noneho Umunyarwanda abasha gusoza

Amagare-Kigali: Umwongereza yegukanye Shampiyona y’Isi mu Ngimbi noneho Umunyarwanda abasha gusoza

26/09/2025
Ibyamenyekanye ku bagaragaye bakubitira umuntu mu biro by’Akagari ko muri Kigali

Ibyamenyekanye ku bagaragaye bakubitira umuntu mu biro by’Akagari ko muri Kigali

26/09/2025
Ibisobanuro byatanzwe ku ifoto yavugishije benshi ku mbuga nkoranyambaga nabyo byazamuye impaka

Ibisobanuro byatanzwe ku ifoto yavugishije benshi ku mbuga nkoranyambaga nabyo byazamuye impaka

26/09/2025
Ubutumwa Kamerhe yahaye uwamusimbuye ku Buyobozi bw’Inteko ya Congo bwagarutse kuri Tshisekedi

Ubutumwa Kamerhe yahaye uwamusimbuye ku Buyobozi bw’Inteko ya Congo bwagarutse kuri Tshisekedi

26/09/2025
Amb.Gen.Patrick Nyamvumba yasuye Rayon muri Tanzania ayiha ubutumwa bw’ingenzi ku ntego yayijyanyeyo

Amb.Gen.Patrick Nyamvumba yasuye Rayon muri Tanzania ayiha ubutumwa bw’ingenzi ku ntego yayijyanyeyo

26/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibisobanuro byatanzwe ku ifoto yavugishije benshi ku mbuga nkoranyambaga nabyo byazamuye impaka

Ibisobanuro byatanzwe ku ifoto yavugishije benshi ku mbuga nkoranyambaga nabyo byazamuye impaka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

In 9 months Rwanda received 4,000 returnees from DRC

Amagare-Kigali: Umwongereza yegukanye Shampiyona y’Isi mu Ngimbi noneho Umunyarwanda abasha gusoza

Ibyamenyekanye ku bagaragaye bakubitira umuntu mu biro by’Akagari ko muri Kigali

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.