Sunday, October 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ubutumwa M23 yageneye abaturage bo mu gace gakungahaye nyuma yo kukabohoza

radiotv10by radiotv10
18/12/2024
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Ubutumwa M23 yageneye abaturage bo mu gace gakungahaye nyuma yo kukabohoza
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 wahumurije abaturage bo mu gace ka Alimbongo ko muri Teritwari ya Lubero, ubizeza umutekano, ndetse usaba abakuwe mu byabo n’imirwano muri aka gace, gusubira mu ngo bagakomeza imirimo yabo, kandi ko biteguye kubabanira neza kuko basanzwe ari abavandimwe.

Aka gace ka Alimbongo kafashwe na M23 mu ijoro ryo ku wa Mbere tariki 16 Ukuboza 2024 nyuma y’imirwano ikomeye yahuje uyu mutwe n’uruhande bahanganye rwa FARDC n’abafasha iki gisirikare cya Leta.

Nyuma y’iyi mirwano, ubuyobozi bwo muri aka gace, bwatangaje ko abaturage bavuye mu byabo kubera imirwano ikomeye yari yirije umunsi wose, bagahungira mu bice bihana imbibi n’aha batuye.

Amashusho yashyizwe hanze n’umutwe wa M23 nyuma yuko umaze gufata aka gace, umuvugizi wa M23 mu bya Gisirikare, Col Willy Ngoma aba atanga ubutumwa buhumuriza abaturage bo muri aka gace.

Col Willy Ngoma agira ati “Aka kanya turatangaza ko twabohoye Alimbongo. Turasaba abaturage kugaruka mu ngo zabo, rwose nimuze, turi hano turi abavandimwe banyu hano muri Alimbongo.”

Col Willy Ngoma akomeza abahumuriza ko umutwe wa M23 urwanira impamvu yumvikana yo kurandura akarengane kakomeje gukorerwa bamwe mu Banyekongo, gakorwa kandi gashyigikiwe n’ubutegetsi buriho burangajwe imbere n’abo mu nzego nkuru z’Igihugu barimo Perezida ubwe.

Ati “Murabizi ko Tshisekedi ari umwanzi w’Abanyekongo, icyo tubabwira ni iki rero, nimuze mukorane n’umutwe wanyu, umutwe uharanira ukuri n’amahoro.”

Umutwe wa M23 wakunze kuvuga kenshi ko igihe cyose uzajya wumva ibikorwa bibangamira abaturage, aho bizaba bikorerwa hose, utazazuyaza kujya guhangana n’abazaba babikora, aho ubwihuze bwa FARDC n’imitwe nka FDLR na Wazalendo, bakomeje gukora ibikorwa bibi bibangamira abaturage.

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kandi yemeje ko abasirikare ba FARDC biraye mu mitungo y’abaturage bagasahura imitungo yabo, nyuma yuko bari bamaze gutsindwa mu mirwano yabahanganishije na M23 mu gace ka Mambasa muri Teritwari ya Lubero iherereyemo aka gace ka Alimbongo.

Ibi byemejwe na Ministiri ushinzwe Iterambere ry’Icyaro muri Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Muhindo Nzangi Butondo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 − two =

Previous Post

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Next Post

Iburengerazuba: Abahinzi b’ibigori bigeze kurira ayo kwarika ubu baramwenyura

Related Posts

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

by radiotv10
17/10/2025
0

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera umubare w’abasirikare boherezwa mu bice binyuranye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo gufasha FARDC guhangana...

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

by radiotv10
17/10/2025
0

Amatsinda abiri y’umutwe wa Wazalendo usanzwe ukorana n’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), yakozanyijeho mu mirwano ikarishye yabereye...

Israel yongeye kwikomanga mu gatuza kubera Umujenerali yivuganye yahigishaga uruhindu

Israel yongeye kwikomanga mu gatuza kubera Umujenerali yivuganye yahigishaga uruhindu

by radiotv10
17/10/2025
0

Israel yemeje ko ari yo yagabye igitero kivuganye Umugaba Mukuru w’Ingabo z’itsinda ry’Abahouthi bo muri Yemen, Major General Mohammed Abdulkarim...

Amabandi yitwaje intwaro yateje igikuba i Kinshasa muri Congo

Amabandi yitwaje intwaro yateje igikuba i Kinshasa muri Congo

by radiotv10
16/10/2025
0

Amabandi yitwaje intwaro yagabye igitero cy’ubujura kuri Banki iri mu gace kamwe i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo,...

Kabila yungutse amaboko mashya amushyigikiye mu mugambi we hahita hanatangazwa ikigiye gukurikira

Kabila yungutse amaboko mashya amushyigikiye mu mugambi we hahita hanatangazwa ikigiye gukurikira

by radiotv10
16/10/2025
0

Nyuma y’ibiganiro byayobowe na Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byabereye i Nairobi mu minsi ibiri,...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

by radiotv10
18/10/2025
0

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

18/10/2025
Ubutumwa buryohereye umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yageneye umuhanzi wamwambitse impeta

Hamenyekanye itariki y’ubukwe bw’umunyamakurukazi n’umuhanzi bazwi mu Rwanda

18/10/2025
Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

18/10/2025
Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

17/10/2025
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

17/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Iburengerazuba: Abahinzi b’ibigori bigeze kurira ayo kwarika ubu baramwenyura

Iburengerazuba: Abahinzi b’ibigori bigeze kurira ayo kwarika ubu baramwenyura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

Hamenyekanye itariki y’ubukwe bw’umunyamakurukazi n’umuhanzi bazwi mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.