• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ubutumwa M23 yageneye abaturage bo mu gace gakungahaye nyuma yo kukabohoza

radiotv10by radiotv10
18/12/2024
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Ubutumwa M23 yageneye abaturage bo mu gace gakungahaye nyuma yo kukabohoza
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 wahumurije abaturage bo mu gace ka Alimbongo ko muri Teritwari ya Lubero, ubizeza umutekano, ndetse usaba abakuwe mu byabo n’imirwano muri aka gace, gusubira mu ngo bagakomeza imirimo yabo, kandi ko biteguye kubabanira neza kuko basanzwe ari abavandimwe.

Aka gace ka Alimbongo kafashwe na M23 mu ijoro ryo ku wa Mbere tariki 16 Ukuboza 2024 nyuma y’imirwano ikomeye yahuje uyu mutwe n’uruhande bahanganye rwa FARDC n’abafasha iki gisirikare cya Leta.

Nyuma y’iyi mirwano, ubuyobozi bwo muri aka gace, bwatangaje ko abaturage bavuye mu byabo kubera imirwano ikomeye yari yirije umunsi wose, bagahungira mu bice bihana imbibi n’aha batuye.

Amashusho yashyizwe hanze n’umutwe wa M23 nyuma yuko umaze gufata aka gace, umuvugizi wa M23 mu bya Gisirikare, Col Willy Ngoma aba atanga ubutumwa buhumuriza abaturage bo muri aka gace.

Col Willy Ngoma agira ati “Aka kanya turatangaza ko twabohoye Alimbongo. Turasaba abaturage kugaruka mu ngo zabo, rwose nimuze, turi hano turi abavandimwe banyu hano muri Alimbongo.”

Col Willy Ngoma akomeza abahumuriza ko umutwe wa M23 urwanira impamvu yumvikana yo kurandura akarengane kakomeje gukorerwa bamwe mu Banyekongo, gakorwa kandi gashyigikiwe n’ubutegetsi buriho burangajwe imbere n’abo mu nzego nkuru z’Igihugu barimo Perezida ubwe.

Ati “Murabizi ko Tshisekedi ari umwanzi w’Abanyekongo, icyo tubabwira ni iki rero, nimuze mukorane n’umutwe wanyu, umutwe uharanira ukuri n’amahoro.”

Umutwe wa M23 wakunze kuvuga kenshi ko igihe cyose uzajya wumva ibikorwa bibangamira abaturage, aho bizaba bikorerwa hose, utazazuyaza kujya guhangana n’abazaba babikora, aho ubwihuze bwa FARDC n’imitwe nka FDLR na Wazalendo, bakomeje gukora ibikorwa bibi bibangamira abaturage.

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kandi yemeje ko abasirikare ba FARDC biraye mu mitungo y’abaturage bagasahura imitungo yabo, nyuma yuko bari bamaze gutsindwa mu mirwano yabahanganishije na M23 mu gace ka Mambasa muri Teritwari ya Lubero iherereyemo aka gace ka Alimbongo.

Ibi byemejwe na Ministiri ushinzwe Iterambere ry’Icyaro muri Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Muhindo Nzangi Butondo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 1 =

Previous Post

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Next Post

Iburengerazuba: Abahinzi b’ibigori bigeze kurira ayo kwarika ubu baramwenyura

Related Posts

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

Next Post
Iburengerazuba: Abahinzi b’ibigori bigeze kurira ayo kwarika ubu baramwenyura

Iburengerazuba: Abahinzi b’ibigori bigeze kurira ayo kwarika ubu baramwenyura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.