Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ubutumwa M23 yageneye abaturage bo mu gace gakungahaye nyuma yo kukabohoza

radiotv10by radiotv10
18/12/2024
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Ubutumwa M23 yageneye abaturage bo mu gace gakungahaye nyuma yo kukabohoza
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 wahumurije abaturage bo mu gace ka Alimbongo ko muri Teritwari ya Lubero, ubizeza umutekano, ndetse usaba abakuwe mu byabo n’imirwano muri aka gace, gusubira mu ngo bagakomeza imirimo yabo, kandi ko biteguye kubabanira neza kuko basanzwe ari abavandimwe.

Aka gace ka Alimbongo kafashwe na M23 mu ijoro ryo ku wa Mbere tariki 16 Ukuboza 2024 nyuma y’imirwano ikomeye yahuje uyu mutwe n’uruhande bahanganye rwa FARDC n’abafasha iki gisirikare cya Leta.

Nyuma y’iyi mirwano, ubuyobozi bwo muri aka gace, bwatangaje ko abaturage bavuye mu byabo kubera imirwano ikomeye yari yirije umunsi wose, bagahungira mu bice bihana imbibi n’aha batuye.

Amashusho yashyizwe hanze n’umutwe wa M23 nyuma yuko umaze gufata aka gace, umuvugizi wa M23 mu bya Gisirikare, Col Willy Ngoma aba atanga ubutumwa buhumuriza abaturage bo muri aka gace.

Col Willy Ngoma agira ati “Aka kanya turatangaza ko twabohoye Alimbongo. Turasaba abaturage kugaruka mu ngo zabo, rwose nimuze, turi hano turi abavandimwe banyu hano muri Alimbongo.”

Col Willy Ngoma akomeza abahumuriza ko umutwe wa M23 urwanira impamvu yumvikana yo kurandura akarengane kakomeje gukorerwa bamwe mu Banyekongo, gakorwa kandi gashyigikiwe n’ubutegetsi buriho burangajwe imbere n’abo mu nzego nkuru z’Igihugu barimo Perezida ubwe.

Ati “Murabizi ko Tshisekedi ari umwanzi w’Abanyekongo, icyo tubabwira ni iki rero, nimuze mukorane n’umutwe wanyu, umutwe uharanira ukuri n’amahoro.”

Umutwe wa M23 wakunze kuvuga kenshi ko igihe cyose uzajya wumva ibikorwa bibangamira abaturage, aho bizaba bikorerwa hose, utazazuyaza kujya guhangana n’abazaba babikora, aho ubwihuze bwa FARDC n’imitwe nka FDLR na Wazalendo, bakomeje gukora ibikorwa bibi bibangamira abaturage.

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kandi yemeje ko abasirikare ba FARDC biraye mu mitungo y’abaturage bagasahura imitungo yabo, nyuma yuko bari bamaze gutsindwa mu mirwano yabahanganishije na M23 mu gace ka Mambasa muri Teritwari ya Lubero iherereyemo aka gace ka Alimbongo.

Ibi byemejwe na Ministiri ushinzwe Iterambere ry’Icyaro muri Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Muhindo Nzangi Butondo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × two =

Previous Post

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Next Post

Iburengerazuba: Abahinzi b’ibigori bigeze kurira ayo kwarika ubu baramwenyura

Related Posts

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

by radiotv10
26/01/2026
0

Mu bigo by’amashuri yisumbuye mu Gihugu cy’u Burundi muri Komini ya Gatara n’iya Kayanza, mu Ntara ya Butanyerera, haravugwa indwara...

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugaba w’ingabo za Uganda, akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni uherutse kongera gutorerwa kuyobora igihugu, yatangaje ko abashyigikiye ishyaka ritavuga...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ibibazo bya Afurika, yagaragaje ko gushyira abarwanyi ba AFC/M23 mu gisirikare...

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

by radiotv10
23/01/2026
0

I Davos mu Busuwisi, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangije Akanama k’Amahoro kagamije gushimangira agahenge kari...

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

by radiotv10
23/01/2026
0

Urukiko rwa Gisirikare rwa Ituri rwakatiye igifungo cy’imyaka 20 umusirikare wo ku rwego rwa Ofisiye muri FARDC no kwirukanwa burundu...

IZIHERUKA

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba
AMAHANGA

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

by radiotv10
26/01/2026
0

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

26/01/2026
Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

26/01/2026
Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Iburengerazuba: Abahinzi b’ibigori bigeze kurira ayo kwarika ubu baramwenyura

Iburengerazuba: Abahinzi b’ibigori bigeze kurira ayo kwarika ubu baramwenyura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.