• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO BASKETBALL

Ubutumwa Min.Mukazayire yageneye umunyempano ukomeye muri America muri Basketball mbere yo gutaha

radiotv10by radiotv10
14/08/2025
in BASKETBALL, SIPORO
0
Ubutumwa Min.Mukazayire yageneye umunyempano ukomeye muri America muri Basketball mbere yo gutaha
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yakiriye umukinnyi wa Basketball Nate Ament uhanzwe amaso muri Leta Zunze Ubumwe za America ufite inkomoko mu Rwanda, amubwira ko Abanyarwanda bamuri inyuma kandi batewe ishema na we.

Nate Ament w’imyaka 18 y’amavuko ufite umubyeyi umwe (Nyina) w’Umunyarwanda, ni umwe mu bakinnyi bahanzwe amaso bakiri bato muri Leta Zunze Ubumwe za America, dore ko aherutse no gushyirwa ku rutonde rw’abakinnyi beza 100 bakiri bato, aho yaje ku mwanya wa kane.

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yakiriye uyu munyempano mu mukino wa Basketball kuri uyu wa Gatatu tariki 13 Kanama 2025, n’umuryango we bazanye mu Rwanda, banasangira ifunguro ry’umugoroba.

Ubwo yamwakiraga ku meza, Minisitiri Mukazayire n’uyu mukinnyi Nate Ament bagiranye ikiganiro, aho yamubwiye ko yishimiye gusura u Rwanda n’uburyo yakiriwe. Ati “Buri muntu wese yaranyishimiye, rwose ni nko mu rugo kuri njye.”

Yabwiye Minisitiri ko muri iyi minsi yari mu Rwanda yagiye mu bikorwa binyuranye, aho yabashije gukina n’abandi umukino wa Basketball, ndetse akanatembera mu bice binyuranye bitatse ibyiza. Ati “Mu by’ukuri byari ibyishimo gusa gusa.”

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, na we yashimiye Nate Ament, ati “Twishimiye kukwakira hano mu rugo, turi umuryango, tukuri inyuma Nate, komeza ukore cyane kandi umenye ko kugera ku ntsinzi ubifite mu biganza byawe.”

Nate Ament aherutse kujyana n’Ikipe y’abatarengeje imyaka 18 y’Igihugu ya Leta Zunze Ubumwe za America mu irushanwa rya 2024 FIBA U-18 Americas Championship, ryanegukanywe n’Ikipe yabo.

Minisitiri yabanjye kumwakira mu biro
Yanatembereye Sitade Amahoro ateramo n’agapira

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + nine =

Previous Post

Eng.-The last post Antoine Anfré made as the Ambassador of France to Rwanda

Next Post

Ubutumwa bwa nyuma Antoine Anfré yanditse nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
U Bufaransa bwahaye u Rwanda Miliyari 30Frw y’imishinga yumvikanyweho ubwo Macron yari i Kigali

Ubutumwa bwa nyuma Antoine Anfré yanditse nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.