Minisitiri w’Intebe mushya wa Sudani, Kamil Idris, yasabye Ibihugu bishyigikira Ingabo za Rapid Support Forces (RSF) kubihagarika kuko bibangamira umutekano w’Abanya-Sudani n’ubusugire bw’iki Gihugu.
Kamil Idris yabitangaje kuri Cyumweru mu ijambo rye rya mbere yagejeje ku Banya-Sudani n’amahanga agira uruhare mu mibereho y’iki Gihugu.
Leta ya Sudani yashinje Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) n’Ibihugu by’abaturanyi birimo Chad, Libya na Sudani y’Epfo gushyigikira umutwe w’Ingabo wa RSF mu ntambara bahanganyemo n’ingabo za Leta y’iki Gihugu kuva muri Mata 2023.
Iyi ntambara yashegeshe Umurwa Mukuru Khartoum n’ibindi bice bya Sudani, imaze guhitana abantu barenga ibihumbi 24, mu gihe abasaga miliyoni 14 bamaze kuva mu byabo barimo abarenga miliyoni 4 bahungiye mu Bihugu by’abaturanyi.
Iyi ntambara iri kurangwa n’ibyaha bikomeye birimo gufata ku ngufu no kwica abantu hashingiwe ku moko, ibikorwa bifatwa nk’ibyaha by’intambara n’ibyibasira inyokomuntu, cyane cyane mu Ntara y’uburengerazuba ya Darfur.
Muri iki Gihugu kandi havugwa inzara ikomeje guca ibintu mu Ntara eshanu z’iki Gihugu, aho yugarije cyane Intara ya Darfur, nk’uko byatangajwe n’Umuryango w’Abibumbye n’imiryango mpuzamahanga iharanira uburenganzira bwa muntu.
RADIOTV10