Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwihanganishije umufana w’iyi kipe uherutse guhohoterwa n’umwe mu bari bashinzwe umutekano kuri sitade, wamukubise umutego.
Bikubiye mu butumwa bwashyizwe hanze n’ubuyobozi bw’Ikipe ya Rayon Sports kuri uyu wa Kabiri tariki 13 Gicurasi 2025, bwihanganisha umukunzi w’iyi kipe wagaragaye mu mashusho akubitwa umutego n’umwe mu bari bashinzwe umutekano kuri Sitade.
Iki kibazo cyabaye ku Cyumweru tariki 11 Gicurasi 2025 ubwo ikipe ya Rayon Sports yahuraga na Police FC mu mikino ya Shampiyona, aho uyu mufana yagaragaye ava mu kibuga, agakubitwa umutego n’umwe mu bari bashinzwe umutekano kuri sitade, akagwa nabi.
Ubutumwa bw’iyi kipe, bugira buti “Rayon Sports yihanganishije umukunzi wacu Olivier NISHIMWE wahohotewe n’ushinzwe umutekano (Steward) ku mukino wahuje Rayon Sports na Police FC ku Cyumweru tariki 11 Gicurasi 2025 kuri Kigali Pele Stadium.”
Ubuyobozi bw’iyi kipe ya Rayon Sports bukomeza bugira buti “Turashima Police y’u Rwanda ikomeje gukurikirana iki kibazo, tunasaba ko NISHIMWE yahabwa ubutabera.”
Kuri uyu wa Mbere tariki 12 Gicurasi nyuma yuko amashusho agaragaza iki kibazo akomeje gusakazwa ku mbuga nkoranyambaga, Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yataye muri yombi uriya musekirite.
Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) na ryo ryashyize hanze itangazo, rivuga ko ryababajwe na kiriye gikorwa kigayitse, kandi ko ryatangiye kubikurikirana kugira ngo ibyabaye bitazongera ukundi.
RADIOTV10