Friday, August 28, 2026
RW|EN
SIPORO

Ubuyobozi bw’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Nigeria bweguriye rimwe

Ubuyobozi bw’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Nigeria bweguriye rimwe

Ubuyobozi bw’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Nigeria (NFF) bwose bweguriye icyarimwe, nyuma y’igitutu gikomeye cyatewe n’umusaruro mubi w’amakipe y’igihugu.

Perezida Ibrahim Musa Gusau, Umunyamabanga Mukuru Mohammed Sanusi ndetse n’abagize Komite Nyobozi 11 bose bavuye ku mirimo yabo ku wa Kane.

Iki cyemezo gifashwe nyuma y’uko Super Eagles inananiwe kubona itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026, mu gihe Super Falcons na yo itabonye itike y’Igikombe cy’Isi cy’Abagore cya 2027. Kuri Super Falcons, ni ubwa mbere kuva iri rushanwa ryatangira mu 1991 Nigeria itazaryitabira.

Gusau wari uyoboye NFF kuva mu 2022, yatangaje ko yeguye nyuma yo kugisha inama abantu batandukanye, mu gihe igihugu kiri mu bihe bikomeye by’umupira w’amaguru.

Iri yegura ribaye hasigaye hafi ukwezi ngo habe amatora y’ubuyobozi bushya bwa NFF, yari ateganyijwe ku wa 27 Nzeri 2026.

Aime Augustin
RADIOTV10

Sangira: Facebook Twitter WhatsApp

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + 5 =