Wednesday, September 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubwicanyi bukorerwa Abatutsi muri Congo bukomeje gutuma abahungiye mu Rwanda bagaragaza intimba

radiotv10by radiotv10
13/12/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ubwicanyi bukorerwa Abatutsi muri Congo bukomeje gutuma abahungiye mu Rwanda bagaragaza intimba
Share on FacebookShare on Twitter

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda, ziri mu myigaragambyo yo kwamagana ubwicanyi buri gukorerwa bene wabo bo mu bwoko bw’Abatutsi bari gukorerwa Jenoside muri DRCongo, aho ibi bikorwa byakomereje ku mpunzi z’i Mahama.

Iyi myigaragambyo yatangiye ku wa Mbere tariki 12 Ukuboza 2022, aho impunzi z’Abanyekongo zicumbitse mu nkambi ya Kigeme mu Karere ka Nyamagabe zazindukiraga mu myigaragambyo yo kwamagana ubu bwicanyi.

Ibikorwa byo kwamagana iyicwa ry’Abatutsi bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byakomereje mu Karere ka Kirehe, aho impunzi z’Abanyekongo zicumbikiwe mu nkambi ya Mahama zaramukiye mu myigaragambyo.

Mu butumwa bwatanzwe n’izi mpunzi, mu majwi aranguruye, zagize ziti “Twamaganye ubwicanyi ndengakamere buri gukorerwa imiryango yacu y’Abatutsi yasigaye muri Congo.”

Bakomeza bagaragaza icyo bifuza, bati “Turashaka amahoro no gutaha.”

Kimwe n’impunzi z’i Kigeme, iz’i Mahama na zo zari zitwaje ibyapa byanditseho ubutumwa bugenewe ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo buri gukorana n’imwe mu mitwe yitwaje intwaro muri ubu bwicanyi buri gukorerwa Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi.

Ni ibyapa na byo byanditseho ubutumwa bw’ibyo bifuza, nk’aho bagira bati “Twamaganye Jenoside iri gukorerwa Abatutsi ikozwe na Leta (FARDC) ifatanyije n’imitwe FDLR, NYATURA, PORECO, APCLS na Mai-Mai.”

Ahandi hagira hati “Turambiwe kuba Impunzi, birahagije kuva mu nkambi z’impunzi mu gihe kirenga imyaka 26.”

Ibikorwa by’iyi myigaragambyo byateguwe n’impunzi z’Abanyekongo baba mu Rwanda, bizanakomereza mu zindi nkambi zabo zirimo n’iy’i Mugombwa mu Karere ka Gisagara.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − 3 =

Previous Post

Hagaragajwe akayabo k’amamiliyari yafasha gushyira mu bikorwa ibyemerejwe i Nairobi

Next Post

Amakuru mashya ku barimo uw’ibigango bagaragaye bakubita umuntu izuba riva bikamuviramo gupfa

Related Posts

Why do young people quit jobs after a few months?

Why do young people quit jobs after a few months?

by radiotv10
17/09/2025
0

In today’s world, many employers are facing the same challenge: young workers leaving jobs after only a few months. In...

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ uregwa guhohotera umugore we Annette Murava

by radiotv10
17/09/2025
0

Habiyaremye Zacharie wamenyekanye nka Bishop Gafaranga, aherutse kuburanishwa mu mizi ku byaha aregwa bishingiye ku ihohotera akekwaho gukorera umugore we...

Iby’ingenzi wamenya ku yandi mavugurura agiye gukorwa mu burezi bw’u Rwanda

Imbogamizi za mbere zahise zigaragara mu mpinduka ziherutse gushyirwa mu burezi mu Rwanda

by radiotv10
17/09/2025
0

Bamwe mu barimu bigisha mu mashuri abanza byumwihariko mu cyiciro cya mbere, baravuga ko kwigisha ingunga ebyiri (bamwe igitondo, abandi...

Hatangajwe agace gaturukamo imyuka ihumanya ikirere kurusha ahandi mu Rwanda

Hatangajwe agace gaturukamo imyuka ihumanya ikirere kurusha ahandi mu Rwanda

by radiotv10
17/09/2025
0

Umuhanga mu bijyanye n’imyuka ihumanya ikirere, atangaza ko mu Mujyi wa Kigali, ari ho haturuka iyi myuka kurusha ahandi hose...

Rwanda’s exports dropped by 12.5%

Rwanda’s exports dropped by 12.5%

by radiotv10
17/09/2025
0

According to the National Institute of Statistics (NISR), Rwanda’s trade deficit narrowed by 12.5% in the second quarter of 2025...

IZIHERUKA

Why do young people quit jobs after a few months?
MU RWANDA

Why do young people quit jobs after a few months?

by radiotv10
17/09/2025
0

Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi Cardi B yatangaje ko atwite umwana wa kane

Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi Cardi B yatangaje ko atwite umwana wa kane

17/09/2025
Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ uregwa guhohotera umugore we Annette Murava

17/09/2025
Iby’ingenzi wamenya ku yandi mavugurura agiye gukorwa mu burezi bw’u Rwanda

Imbogamizi za mbere zahise zigaragara mu mpinduka ziherutse gushyirwa mu burezi mu Rwanda

17/09/2025
Hatangajwe agace gaturukamo imyuka ihumanya ikirere kurusha ahandi mu Rwanda

Hatangajwe agace gaturukamo imyuka ihumanya ikirere kurusha ahandi mu Rwanda

17/09/2025
Uwamamaye mu kiganiro gikunzwe byamenyekanye ko yakoze ubukwe mu ibanga rikomeye n’umunyamakuru

Uwamamaye mu kiganiro gikunzwe byamenyekanye ko yakoze ubukwe mu ibanga rikomeye n’umunyamakuru

17/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku barimo uw’ibigango bagaragaye bakubita umuntu izuba riva bikamuviramo gupfa

Amakuru mashya ku barimo uw’ibigango bagaragaye bakubita umuntu izuba riva bikamuviramo gupfa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why do young people quit jobs after a few months?

Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi Cardi B yatangaje ko atwite umwana wa kane

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ uregwa guhohotera umugore we Annette Murava

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.