Sunday, December 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ubwicanyi bw’abitwikira ijoro bakarasa abantu muri Uganda bwafashe intera

radiotv10by radiotv10
31/05/2023
in AMAHANGA
0
Ubwicanyi bw’abitwikira ijoro bakarasa abantu muri Uganda bwafashe intera
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamategeko w’i Kampala muri Uganda, yishwe arashwe n’abagizi ba nabi bataramenyekana, bamusanze iwe mu rugo aho yari atuye, bakamurasa ubwo yari avuye mu modoka mu gicuku cy’ijoro.

Uyu munyamategeko witwa Ronnie Mukisa, wakoreraga urugaga rw’Abavoka rwitwa IBC rw’i Kampala, yishwe mu ijoro ryacyeye kuri uyu wa Kabiri tariki 30 Gicurasi 2023.

Amakuru y’iyicwa rya Ronnie Mukisa yemejwe na Polisi mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, ko yishwe n’abantu bataramenyekana.

Itangazo ry’Umuvugizi Wungirije wa Polisi nkuru ya Kampaka, ASP Luke Owoyesigyire, rigira riti “Ababibonye bavuze ko umuntu utaramenyekana yagaragaye arasa Mukisa ubwo yari atashye, araza amurasa inshuro nyinhsi mu mutwe.”

Polisi ivuga ko iperereza ry’ibanze ryagaragaje ko Mukisa yari yatashye mu masaha akuze muri iryo joro yarasiwemo.

Iti “Muri iryo joro ryabereyemo ubu bwicanyi, yageze iwe atinze agera aho aparika imodoka nko mu ma saa tanu. Amaze guparika imodoka ye, Mukisa yasubiye inyuma ngo akinge urugi rwo ku gipangu. Ni bwo abaturanyi be bumvise urusaku rw’amasasu.”

Polisi ivuga ko uwarashe nyakwigendera yahise yiruka akurira moto yari imutegereje, igahita imwerecyeza ahantu hataramenyeka.

Ivuga kandi ko Abapolisi bahise boherezwa aharasiwe nyakwigendera, kugira ngo hahite hatangira iperereza, no gushakishwa abakekwaho gukora iki gikorwa cy’ubugizi bwa nabi.

Uyu munyamategeko arashwe nyuma y’ibyumweru bitatu muri Uganda, hishwe umunyamakuru Tusubilwa Ibrahim, uzwi nka Isma Olaxes, wanamamaye nka Jaja Ichili, na we wishwe arashwe mu masaha y’ijoro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + nine =

Previous Post

Umutungo wa Sosiyete ifite Banki ikomeye mu Rwanda ugeze ku kayabo ka Miliyari zihanitse

Next Post

Ibyakozwe n’Umuhanzikazi w’ikirangirire n’imfura ye mu gitaramo bikomeje kurikoroza

Related Posts

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
06/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwamaganye bwivuye inyuma ibitero y’ibisasu bya rutura bimaze iminsi...

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

by radiotv10
06/12/2025
0

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yatangaje ko igihugu cye cyiteguye gutanga ibicanwa bidahagarara ku Buhinde. Ibi Putin yabitangarije mu ruzinduko...

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

by radiotv10
04/12/2025
0

Ibitero birimo iby’indege biri guturuka i Burundi, bikagabwa mu gace gatuwemo n’Abaturage ka Kamanyola muri Kivu y’Epfo muri Repubulika Iharanira...

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

by radiotv10
03/12/2025
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’icya Uganda (UPDF) bwatumye habaho kurasana mu mujyi wa...

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

by radiotv10
03/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryamaganye uburyarya rishinja ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo buvuga ko bushaka amahoro, nyamara bugaca ruhinganyuma bugakomeza...

IZIHERUKA

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda
FOOTBALL

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

06/12/2025
Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyakozwe n’Umuhanzikazi w’ikirangirire n’imfura ye mu gitaramo bikomeje kurikoroza

Ibyakozwe n'Umuhanzikazi w'ikirangirire n’imfura ye mu gitaramo bikomeje kurikoroza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.