Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ubwicanyi bw’abitwikira ijoro bakarasa abantu muri Uganda bwafashe intera

radiotv10by radiotv10
31/05/2023
in AMAHANGA
0
Ubwicanyi bw’abitwikira ijoro bakarasa abantu muri Uganda bwafashe intera
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamategeko w’i Kampala muri Uganda, yishwe arashwe n’abagizi ba nabi bataramenyekana, bamusanze iwe mu rugo aho yari atuye, bakamurasa ubwo yari avuye mu modoka mu gicuku cy’ijoro.

Uyu munyamategeko witwa Ronnie Mukisa, wakoreraga urugaga rw’Abavoka rwitwa IBC rw’i Kampala, yishwe mu ijoro ryacyeye kuri uyu wa Kabiri tariki 30 Gicurasi 2023.

Amakuru y’iyicwa rya Ronnie Mukisa yemejwe na Polisi mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, ko yishwe n’abantu bataramenyekana.

Itangazo ry’Umuvugizi Wungirije wa Polisi nkuru ya Kampaka, ASP Luke Owoyesigyire, rigira riti “Ababibonye bavuze ko umuntu utaramenyekana yagaragaye arasa Mukisa ubwo yari atashye, araza amurasa inshuro nyinhsi mu mutwe.”

Polisi ivuga ko iperereza ry’ibanze ryagaragaje ko Mukisa yari yatashye mu masaha akuze muri iryo joro yarasiwemo.

Iti “Muri iryo joro ryabereyemo ubu bwicanyi, yageze iwe atinze agera aho aparika imodoka nko mu ma saa tanu. Amaze guparika imodoka ye, Mukisa yasubiye inyuma ngo akinge urugi rwo ku gipangu. Ni bwo abaturanyi be bumvise urusaku rw’amasasu.”

Polisi ivuga ko uwarashe nyakwigendera yahise yiruka akurira moto yari imutegereje, igahita imwerecyeza ahantu hataramenyeka.

Ivuga kandi ko Abapolisi bahise boherezwa aharasiwe nyakwigendera, kugira ngo hahite hatangira iperereza, no gushakishwa abakekwaho gukora iki gikorwa cy’ubugizi bwa nabi.

Uyu munyamategeko arashwe nyuma y’ibyumweru bitatu muri Uganda, hishwe umunyamakuru Tusubilwa Ibrahim, uzwi nka Isma Olaxes, wanamamaye nka Jaja Ichili, na we wishwe arashwe mu masaha y’ijoro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − three =

Previous Post

Umutungo wa Sosiyete ifite Banki ikomeye mu Rwanda ugeze ku kayabo ka Miliyari zihanitse

Next Post

Ibyakozwe n’Umuhanzikazi w’ikirangirire n’imfura ye mu gitaramo bikomeje kurikoroza

Related Posts

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

by radiotv10
07/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar, yagiriye uruzinduko muri Somaliland, nyuma yo kwemeza nk'Igihugu cyigenga iyi Ntara yo muri...

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuryango Uharanira Amahoro n'Imibereho myiza y’Abaturage (CPCC), watangaje ko Abantu 105 bari mu nkambi z’impunzi z’Abanyekongo ziri mu Burundi, bitabye...

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

by radiotv10
07/01/2026
0

Impanuka y’ikamyo yabereye mu mujyi wa Semera, mu Karere ka Afar mu majyaruguru ya Ethiopia, yari ibatwaye nk'abimukira, yahitanye abantu...

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Raporo ku bugenzuzi bwakorewe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Amahoro, yagaragaje ko hari ingingo z’ingenzi zikomeje kwirengagizwa mu masezerano y’i Washington,...

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

by radiotv10
06/01/2026
0

A report assessing the implementation of peace agreements has revealed that key provisions of the Washington Peace Agreement continue to...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyakozwe n’Umuhanzikazi w’ikirangirire n’imfura ye mu gitaramo bikomeje kurikoroza

Ibyakozwe n'Umuhanzikazi w'ikirangirire n’imfura ye mu gitaramo bikomeje kurikoroza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.