Sunday, May 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Ubwisanzure bw’Itangazamakuru: U Rwanda ni urw’136 ku Isi, urwa nyuma muri EAC

radiotv10by radiotv10
03/05/2022
in Uncategorized
0
Ubwisanzure bw’Itangazamakuru: U Rwanda ni urw’136 ku Isi, urwa nyuma muri EAC
Share on FacebookShare on Twitter

Raporo y’Umuryango w’Abanyamakuru batagira umupaka (RSF/Reporteurs Sans Frontiere) igaragaza uko ubwisanzure bw’Itangazamkuru buhagaze, yashyize u Rwanda ku mwanya w’ 136 ku Isi n’amanota 45,15%.

Iyi raporo y’Umuryango w’Abanyamakuru batagira umupaka (RSF), yasohotse kuri uyu munsi hizihizwa umunsi Mpuzamahanga wahariwe ubwisanzure bw’Itangazamakuru.

U Rwanda ruza kuri uyu mwanya w’ 136, rufite amanota 45,15% mu gihe Norvege ya mbere ifite amanota 92,65%.

Mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, u Rwanda ni rwo rwa nyuma aho Kenya iza ku mwanya wa mbere muri aka karere, iri ku mwanya 69 ku rutonde rusange n’amanota 64,59%, igakurikirwa n’u Burundi buri ku mwanya w’ 107 n’amanota 55,74%.

Tanzania iri ku mwanya wa gatatu mu karere, ku rutonde rusange iri ku mwanya w’ 123 n’amanota 48,28%, naho Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ikaba iri ku mwanya w’ 125 n’amanota 47,66% mu gihe Sudani y’Epfo ari iy’ 128 n’amanota 47,6% naho Uganda yo iri ku mwanya w’ 132 n’amanota 46,35%.

U Rwanda rwa nyuma mu Bihugu bigize akarere ka Afurika y’Iburasirazuba, rwazamutseho imyanya 20 yose kuko muri raporo nk’iyi y’umwaka ushize rwari ku mwanya w’ 156, gusa ni bwo rwari rufite amanota menshi kuko rwari rufite 49,34%.

Uyu muryango w’Abanyamakuru batagira umupaka, uvuga ko hari ibikorwa bya Leta y’u Rwanda bikibangamira umwuga w’Itangazamakuru birimo gufunga abawukora ngo kuba hari abakiburirwa irengero ndetse no kuneka abakora uyu mwuga.

Uvuga ko nk’umunyamakuru Niyonsenge Dieudonne uzwi nka Cyuma Hassan yafunzwe azira umwuga we ngo kuko yakoraga ku bibangamiye ubuyobozi.

Gusa Leta y’u Rwanda yakunze gusobanura ko nta munyamakuru ufungirwa umwuga we ndetse ko n’uyu Cyuma Hassan yafungiwe ibyaha yakoze bihabanye n’umwuga yiyitiriraga.

U Burayi burayoboye

Ibihugu 10 bya mbere kuri uru rutonde, byiganjemo ibyo ku mugabane w’u Burayi, biyobowe na Norvege ifite amanota 92,65%, igakurikirwa na Denmark ifite 90,27%, Sweden ya gatatu ikagira amanota 88,84% naho Estonia ya kane ikagira amanota 88,83%, Finland igakurikira n’amanota 88,43%.

Koreya ya Ruguru yo ni iya nyuma aho ifite amanota 13,92, aho ikurikira Eritrea ifite amanota 19,62% na yo ikurikira Iran ifite 23.22%.

ICUMI BYA MBERE

 

ICUMI BYA NYUMA

RADIOTV10.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − eight =

Previous Post

Bari bagiye kumushyingura ahita akomangira mu isanduku ababwira ko ari muzima

Next Post

Somalia: Al-Shabaab yagabye igitero karundura bivugwa ko cyaguyemo Abasirikare benshi b’u Burundi

Related Posts

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

by radiotv10
20/03/2025
0

Comité National du Kivu (CNKI): CNKI was a colonial-era organization created by the Belgians to manage resources and economic activities...

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

by radiotv10
04/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iravuga ko ibyatangajwe n’iya Canada mu itangazo ry’ingamba yafatiye u Rwanda ku birebana n’ibibazo biri mu burasirazuba...

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

by radiotv10
31/01/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, na mugenzi we wa Afurika, Ronald Lamola bagiranye ikiganiro kuri telefone,...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Somalia: Al-Shabaab yagabye igitero karundura bivugwa ko cyaguyemo Abasirikare benshi b’u Burundi

Somalia: Al-Shabaab yagabye igitero karundura bivugwa ko cyaguyemo Abasirikare benshi b’u Burundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.