Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Ubwisanzure bw’Itangazamakuru: U Rwanda ni urw’136 ku Isi, urwa nyuma muri EAC

radiotv10by radiotv10
03/05/2022
in Uncategorized
0
Ubwisanzure bw’Itangazamakuru: U Rwanda ni urw’136 ku Isi, urwa nyuma muri EAC
Share on FacebookShare on Twitter

Raporo y’Umuryango w’Abanyamakuru batagira umupaka (RSF/Reporteurs Sans Frontiere) igaragaza uko ubwisanzure bw’Itangazamkuru buhagaze, yashyize u Rwanda ku mwanya w’ 136 ku Isi n’amanota 45,15%.

Iyi raporo y’Umuryango w’Abanyamakuru batagira umupaka (RSF), yasohotse kuri uyu munsi hizihizwa umunsi Mpuzamahanga wahariwe ubwisanzure bw’Itangazamakuru.

U Rwanda ruza kuri uyu mwanya w’ 136, rufite amanota 45,15% mu gihe Norvege ya mbere ifite amanota 92,65%.

Mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, u Rwanda ni rwo rwa nyuma aho Kenya iza ku mwanya wa mbere muri aka karere, iri ku mwanya 69 ku rutonde rusange n’amanota 64,59%, igakurikirwa n’u Burundi buri ku mwanya w’ 107 n’amanota 55,74%.

Tanzania iri ku mwanya wa gatatu mu karere, ku rutonde rusange iri ku mwanya w’ 123 n’amanota 48,28%, naho Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ikaba iri ku mwanya w’ 125 n’amanota 47,66% mu gihe Sudani y’Epfo ari iy’ 128 n’amanota 47,6% naho Uganda yo iri ku mwanya w’ 132 n’amanota 46,35%.

U Rwanda rwa nyuma mu Bihugu bigize akarere ka Afurika y’Iburasirazuba, rwazamutseho imyanya 20 yose kuko muri raporo nk’iyi y’umwaka ushize rwari ku mwanya w’ 156, gusa ni bwo rwari rufite amanota menshi kuko rwari rufite 49,34%.

Uyu muryango w’Abanyamakuru batagira umupaka, uvuga ko hari ibikorwa bya Leta y’u Rwanda bikibangamira umwuga w’Itangazamakuru birimo gufunga abawukora ngo kuba hari abakiburirwa irengero ndetse no kuneka abakora uyu mwuga.

Uvuga ko nk’umunyamakuru Niyonsenge Dieudonne uzwi nka Cyuma Hassan yafunzwe azira umwuga we ngo kuko yakoraga ku bibangamiye ubuyobozi.

Gusa Leta y’u Rwanda yakunze gusobanura ko nta munyamakuru ufungirwa umwuga we ndetse ko n’uyu Cyuma Hassan yafungiwe ibyaha yakoze bihabanye n’umwuga yiyitiriraga.

U Burayi burayoboye

Ibihugu 10 bya mbere kuri uru rutonde, byiganjemo ibyo ku mugabane w’u Burayi, biyobowe na Norvege ifite amanota 92,65%, igakurikirwa na Denmark ifite 90,27%, Sweden ya gatatu ikagira amanota 88,84% naho Estonia ya kane ikagira amanota 88,83%, Finland igakurikira n’amanota 88,43%.

Koreya ya Ruguru yo ni iya nyuma aho ifite amanota 13,92, aho ikurikira Eritrea ifite amanota 19,62% na yo ikurikira Iran ifite 23.22%.

ICUMI BYA MBERE

 

ICUMI BYA NYUMA

RADIOTV10.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + nineteen =

Previous Post

Bari bagiye kumushyingura ahita akomangira mu isanduku ababwira ko ari muzima

Next Post

Somalia: Al-Shabaab yagabye igitero karundura bivugwa ko cyaguyemo Abasirikare benshi b’u Burundi

Related Posts

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

by radiotv10
10/02/2026
0

Abapolisi 160 bitegura koherezwa mu butumwa bw'Umuryango w'Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo, baganirijwe n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

by radiotv10
27/01/2026
0

Umwarimu wo muri Kaminuza uherutse gutabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri yisumbuye, hari...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Somalia: Al-Shabaab yagabye igitero karundura bivugwa ko cyaguyemo Abasirikare benshi b’u Burundi

Somalia: Al-Shabaab yagabye igitero karundura bivugwa ko cyaguyemo Abasirikare benshi b’u Burundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.