Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ubwo umugabo yasangaga umugore we yinezezanya n’undi mu buriri bwabo icyakurikiyeho nticyababereye kiza bose

radiotv10by radiotv10
11/01/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ubwo umugabo yasangaga umugore we yinezezanya n’undi mu buriri bwabo icyakurikiyeho nticyababereye kiza bose
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, abagabo babiri n’umugore umwe w’umwe muri aba bagabo, bose bajyanywe mu Bitaro nyuma yuko umugabo umwe asanze mugenzi we ari gusambana n’umugore we mu buriri bwabo ku munsi w’Imana, hakavuka intugunda zasize bose bakomeretse.

Aba bantu uko ari batatu bajyanywe ku Bitaro bya Ruli biri muri aka Karere ka Gakenke nyuma yuko habayeho gushyamirana guturutse kuri uku gucana inyuma.

Ibi byabaye ku munsi w’Imana, ku Cyumweru tariki 08 Mutarama 2023, ubwo umugabo yasangaga umugore we aryamanye n’undi mugabo bari gukora ibyo mu buriri.

Byahise bizamurira umujinya uyu mugabo, yenda umuhoro atema uyu mugabo ndetse n’umugore we, arabakomeretsa, ariko na we arakomereka.

Uyu mugabo yasanze ari gusambana n’umugore we yamutemye mu rutugu, mu gihe umugore we yanamuciye urutoki akanamutema mu mugongo.

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Ruli buvuga ko aba bose uko ari batatu bahise bajyanwa kuvurirwa ku Bitaro bya Ruli ndetse ko kugeza ubu bakiri kwitabwaho n’abanga.

Jean Bosco Hakizimaba uyobora uyu Murenge wa Ruli, avuga ko ubusanzwe ubusambanyi busanzwe ari ingeso igayitse “Ariko gufata umuntu noneho ukamujyana ku buriri bw’umugabo wawe ni bibi kurushaho.”

Uyu muyobozi wanenze aba bakoze iki gikorwa kigayitse cyo gucana inyuma ariko bigakorwa no mu buryo bubi, yavuze ko nk’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze bagiye kurushaho kongera imbaraga mu bukangumbaga bwo gusaba imiryango kubana mu mahoro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + sixteen =

Previous Post

IFOTO: Umwami w’Ishyamba muri Pariki Akagera yagaragaye ibitekerezo byamubanye byinshi

Next Post

FARDC yumva isasu igakizwa n’amaguru iri mu myanya 10 mu bisirikare bikomeye muri Afurika

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
FARDC yumva isasu igakizwa n’amaguru iri mu myanya 10 mu bisirikare bikomeye muri Afurika

FARDC yumva isasu igakizwa n’amaguru iri mu myanya 10 mu bisirikare bikomeye muri Afurika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.