Inzego z’umutekano zakajije uburinzi mu mijyi itandukanye yo muri Zimbabwe, kuko hari ubwoba ko hakwaduka imyigaragambyo ikomeyeyo kwamagana Perezida Emmerson Mnangagwa, imusaba kwegura ku butegetsi.
Guhera ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere, inzu nyinshi z’ubucuruzi, ibiro n’amashuri mu mijyi ya Harare na Bulawayo, byari bifunze imiryango, kuko abantu batinye gusohoka hanze nk’uko bisanzwe, kugira ngo badakubitana n’ibi bihe bidasanzwe by’imyigaragambyo iri gutegurwa.
Ni imyigaragambyo yateguwe n’abarwanye mu ntambara zo kubohora Zimbabwe, bakaba barahamagariye abaturage kwamagana umugambi bita mubisha, wa Perezida Mnangagwa wo kongera gushaka indi manda.
Ibi byatewe no no kuba muri Mutarama uyu mwaka, ishyaka riri ku butegetsi rya ZANU-PF ritangaje ko Perezida Mnangagwa agomba gukomeza gutegeka Zimbabwe kugeza mu mwaka wa 2030.
Emmerson Mnangagwa ari ku butegetsi kuva mu mwaka wa 2017, nyuma y’ihirikwa ry’ubutegetsi bwa nyakwigendera Robert Mugabe wari Perezida w’iki Gihugu kuva mu mwaka wa 1987 kugeza mu mwaka wa 2017.
Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10