Tuesday, November 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Udahemuka wayoboye Kamonyi yahishuye umutwaro uba uri ku gahanga ka ba Meya bamwe

radiotv10by radiotv10
25/11/2021
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Udahemuka wayoboye Kamonyi yahishuye umutwaro uba uri ku gahanga ka ba Meya bamwe
Share on FacebookShare on Twitter

Uwigeze kuyobora akarere ka Kamonyi, Udahemuka Aimable wavuyeho yeguye, yavuze ko bamwe mu bayobozi b’Uturere begura babitewe no kurambirwa umutwaro w’imitego n’igitutu bashyirwaho na bamwe mu bo bakorana.

Udahemuka Aimable wabaye umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi kuva muri Gashyantare 2016 kugeza muri Nyakanga 2017, yavuyeho yeguye ku mpamvu ze bwite nk’uko byatangajwe icyo gihe.

Mu kiganiro yagiranye na UKWEZI TV dukesha iyi nkuru, yavuze ko kuyobora Akarere ari inshingo zitoroshye ariko zinashoboka ariko ko nk’umuntu mushya ukikinjiramo bimutonda kuko umwanya wose aba agomba gukora kubera imiterere ya kariya kazi kaba kareba inzego zose.

Ubwo Udahemuka yegura ku nshingano ze, byatangajwe ko yeguye ku mpamvu ze bwite, icyakora we akavuga ko atari ko byari biri kuko na we yabanje guhamagazwa n’uwari ubakuriye.

Icyo gihe kandi habayeho inkundura yo kwegura kw’abayobozi b’Uturere dutandukanye mu kiswe “Tour du Rwanda”

Udahemuka ati “Byasaga n’ibiha urw’amenyo urwego rwari rudukuriye nka Minisiteri, ntabwo uvuga ngo uyu munsi Nyagatare baragiye, Kamonyi na yo baragiye, ukumva Rusizi baragiye, ukumva Nyabihu baragiye…”

Udahemuka usa nk’unenga imiyoborere ya Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ya kiriya gihe, agira ati “Ku bwa Shyaka na Gatabazi nzi ko byagenjeje amaguru macye ari na byo nifuriza aba batangiye. Erega hari n’ugenda ananijwe.”

Avuga ko hari n’igihe “Njyanama yitendeka kuri Mayor cyangwa kuri nyobozi ikavuga iti beguye cyangwa begujwe ariko bose bandika ko beguye ku mpamvu zabo bwite. Bashatse bazabihindura umuntu akajya avuga impamvu agiye.”

Yanagarutse ku gitutu bashyirwagaho n’uwari umuyobozi w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iperereza (NSS) mu Majyepfo, ati “Nta mu mayor wo mu Majyepfo mu bo twavanyeho atokeje igitutu ku buryo akosa igitutu ukumva urahungabanye. Niba akiriho azorohereze aba bashya bagiyeho kugira ngo atazabasigara mu mutwe nk’uko yansigayemo.”

Udahemuka avuga kandi ko muri izo nshingano ziremereye kuriya, nta na rimwe bajya bashimwa ku buryo na byo biri mu baca intege ahubwo bakirirwa basimbuka imitego myinshi batezwe na bamwe mu bo bakorana.

Ati “Abenshi urebye umuntu arazinukwa ariko singiye gutera ubwoba no guca intege bagenzi banjye bagiye bashya. Nibakorane neza nk’ikipe ibyo by’imitego bagerageze kubigabanya.”

Yavuze ko ubwo yeguraga byari byategetswe n’uwari Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Kaboneka Francis gusa ko ubu yamubabariye.

Avuga ko Kaboneka ubwe yihamagariye uwari Perezida wa Njyanama ya Kamonyi, akamubwira ibyo ari buvuge agaragaza amakosa yatumye uyu Udahemuka yegura.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + thirteen =

Previous Post

Huye: Barasaba kwegerezwa irimbi, ubuyobozi buti “ntabwo buri Kagari karigira”

Next Post

DRCongo: M23 yakubiswe incuro ivanwa mu duce tubiri yari yigaruriye

Related Posts

Hadutse udusimba twatumye bamwe batangira kwikanga inzara

Hadutse udusimba twatumye bamwe batangira kwikanga inzara

by radiotv10
25/11/2025
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, batangiye kwikanga ko bashobora kugarizwa n’amapfa nyuma yuko...

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

by radiotv10
25/11/2025
0

Umwarimu w’imyaka 50 wigisha muri Nyanza TSS waregwaga gusambanya abana b’abakobwa babiri bacuruza ibiraha, yanabanje no kubirya ubundi akaboshyoshya akabajyana...

Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu

Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu

by radiotv10
25/11/2025
0

Mu Murenge wa Rwabicuma mu Karere ka Nyanza, abaturage basanze umurambo w'umugabo mu nzu itabamo abantu, bigaragara ko wari umazemo...

Rwanda’s Visa-Free Leap: How Removing Barriers for All African Nationals Is Powering Trade and Economic Growth

Rwanda’s Visa-Free Leap: How Removing Barriers for All African Nationals Is Powering Trade and Economic Growth

by radiotv10
25/11/2025
0

In June 2025, Rwanda took a bold step by introducing visa-free travel for all African Union nationals, a landmark policy...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

by radiotv10
24/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 47 y’amavuko wo mu Murenge wa Murunda mu Karere ka Rutsiro, wari ufitanye amakimbirane n’umugore we amushinja kumuca...

IZIHERUKA

Hadutse udusimba twatumye bamwe batangira kwikanga inzara
IMIBEREHO MYIZA

Hadutse udusimba twatumye bamwe batangira kwikanga inzara

by radiotv10
25/11/2025
0

Imiterere mishya ya Michelle Madamu wa Obama wayoboye America yazamuye impaka z’urudaca

Imiterere mishya ya Michelle Madamu wa Obama wayoboye America yazamuye impaka z’urudaca

25/11/2025
Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

25/11/2025
Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

25/11/2025
Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

25/11/2025
Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu

Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu

25/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo: M23 yakubiswe incuro ivanwa mu duce tubiri yari yigaruriye

DRCongo: M23 yakubiswe incuro ivanwa mu duce tubiri yari yigaruriye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hadutse udusimba twatumye bamwe batangira kwikanga inzara

Imiterere mishya ya Michelle Madamu wa Obama wayoboye America yazamuye impaka z’urudaca

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.