Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Udahemuka wayoboye Kamonyi yahishuye umutwaro uba uri ku gahanga ka ba Meya bamwe

radiotv10by radiotv10
25/11/2021
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Udahemuka wayoboye Kamonyi yahishuye umutwaro uba uri ku gahanga ka ba Meya bamwe
Share on FacebookShare on Twitter

Uwigeze kuyobora akarere ka Kamonyi, Udahemuka Aimable wavuyeho yeguye, yavuze ko bamwe mu bayobozi b’Uturere begura babitewe no kurambirwa umutwaro w’imitego n’igitutu bashyirwaho na bamwe mu bo bakorana.

Udahemuka Aimable wabaye umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi kuva muri Gashyantare 2016 kugeza muri Nyakanga 2017, yavuyeho yeguye ku mpamvu ze bwite nk’uko byatangajwe icyo gihe.

Mu kiganiro yagiranye na UKWEZI TV dukesha iyi nkuru, yavuze ko kuyobora Akarere ari inshingo zitoroshye ariko zinashoboka ariko ko nk’umuntu mushya ukikinjiramo bimutonda kuko umwanya wose aba agomba gukora kubera imiterere ya kariya kazi kaba kareba inzego zose.

Ubwo Udahemuka yegura ku nshingano ze, byatangajwe ko yeguye ku mpamvu ze bwite, icyakora we akavuga ko atari ko byari biri kuko na we yabanje guhamagazwa n’uwari ubakuriye.

Icyo gihe kandi habayeho inkundura yo kwegura kw’abayobozi b’Uturere dutandukanye mu kiswe “Tour du Rwanda”

Udahemuka ati “Byasaga n’ibiha urw’amenyo urwego rwari rudukuriye nka Minisiteri, ntabwo uvuga ngo uyu munsi Nyagatare baragiye, Kamonyi na yo baragiye, ukumva Rusizi baragiye, ukumva Nyabihu baragiye…”

Udahemuka usa nk’unenga imiyoborere ya Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ya kiriya gihe, agira ati “Ku bwa Shyaka na Gatabazi nzi ko byagenjeje amaguru macye ari na byo nifuriza aba batangiye. Erega hari n’ugenda ananijwe.”

Avuga ko hari n’igihe “Njyanama yitendeka kuri Mayor cyangwa kuri nyobozi ikavuga iti beguye cyangwa begujwe ariko bose bandika ko beguye ku mpamvu zabo bwite. Bashatse bazabihindura umuntu akajya avuga impamvu agiye.”

Yanagarutse ku gitutu bashyirwagaho n’uwari umuyobozi w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iperereza (NSS) mu Majyepfo, ati “Nta mu mayor wo mu Majyepfo mu bo twavanyeho atokeje igitutu ku buryo akosa igitutu ukumva urahungabanye. Niba akiriho azorohereze aba bashya bagiyeho kugira ngo atazabasigara mu mutwe nk’uko yansigayemo.”

Udahemuka avuga kandi ko muri izo nshingano ziremereye kuriya, nta na rimwe bajya bashimwa ku buryo na byo biri mu baca intege ahubwo bakirirwa basimbuka imitego myinshi batezwe na bamwe mu bo bakorana.

Ati “Abenshi urebye umuntu arazinukwa ariko singiye gutera ubwoba no guca intege bagenzi banjye bagiye bashya. Nibakorane neza nk’ikipe ibyo by’imitego bagerageze kubigabanya.”

Yavuze ko ubwo yeguraga byari byategetswe n’uwari Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Kaboneka Francis gusa ko ubu yamubabariye.

Avuga ko Kaboneka ubwe yihamagariye uwari Perezida wa Njyanama ya Kamonyi, akamubwira ibyo ari buvuge agaragaza amakosa yatumye uyu Udahemuka yegura.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + 1 =

Previous Post

Huye: Barasaba kwegerezwa irimbi, ubuyobozi buti “ntabwo buri Kagari karigira”

Next Post

DRCongo: M23 yakubiswe incuro ivanwa mu duce tubiri yari yigaruriye

Related Posts

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

IZIHERUKA

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye
FOOTBALL

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

23/01/2026
Why Hobbies Can Make You Happier (and Which Ones Are Trending)

Why Hobbies Can Make You Happier (and Which Ones Are Trending)

23/01/2026
Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo: M23 yakubiswe incuro ivanwa mu duce tubiri yari yigaruriye

DRCongo: M23 yakubiswe incuro ivanwa mu duce tubiri yari yigaruriye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.