Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Udahemuka wayoboye Kamonyi yahishuye umutwaro uba uri ku gahanga ka ba Meya bamwe

radiotv10by radiotv10
25/11/2021
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Udahemuka wayoboye Kamonyi yahishuye umutwaro uba uri ku gahanga ka ba Meya bamwe
Share on FacebookShare on Twitter

Uwigeze kuyobora akarere ka Kamonyi, Udahemuka Aimable wavuyeho yeguye, yavuze ko bamwe mu bayobozi b’Uturere begura babitewe no kurambirwa umutwaro w’imitego n’igitutu bashyirwaho na bamwe mu bo bakorana.

Udahemuka Aimable wabaye umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi kuva muri Gashyantare 2016 kugeza muri Nyakanga 2017, yavuyeho yeguye ku mpamvu ze bwite nk’uko byatangajwe icyo gihe.

Mu kiganiro yagiranye na UKWEZI TV dukesha iyi nkuru, yavuze ko kuyobora Akarere ari inshingo zitoroshye ariko zinashoboka ariko ko nk’umuntu mushya ukikinjiramo bimutonda kuko umwanya wose aba agomba gukora kubera imiterere ya kariya kazi kaba kareba inzego zose.

Ubwo Udahemuka yegura ku nshingano ze, byatangajwe ko yeguye ku mpamvu ze bwite, icyakora we akavuga ko atari ko byari biri kuko na we yabanje guhamagazwa n’uwari ubakuriye.

Icyo gihe kandi habayeho inkundura yo kwegura kw’abayobozi b’Uturere dutandukanye mu kiswe “Tour du Rwanda”

Udahemuka ati “Byasaga n’ibiha urw’amenyo urwego rwari rudukuriye nka Minisiteri, ntabwo uvuga ngo uyu munsi Nyagatare baragiye, Kamonyi na yo baragiye, ukumva Rusizi baragiye, ukumva Nyabihu baragiye…”

Udahemuka usa nk’unenga imiyoborere ya Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ya kiriya gihe, agira ati “Ku bwa Shyaka na Gatabazi nzi ko byagenjeje amaguru macye ari na byo nifuriza aba batangiye. Erega hari n’ugenda ananijwe.”

Avuga ko hari n’igihe “Njyanama yitendeka kuri Mayor cyangwa kuri nyobozi ikavuga iti beguye cyangwa begujwe ariko bose bandika ko beguye ku mpamvu zabo bwite. Bashatse bazabihindura umuntu akajya avuga impamvu agiye.”

Yanagarutse ku gitutu bashyirwagaho n’uwari umuyobozi w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iperereza (NSS) mu Majyepfo, ati “Nta mu mayor wo mu Majyepfo mu bo twavanyeho atokeje igitutu ku buryo akosa igitutu ukumva urahungabanye. Niba akiriho azorohereze aba bashya bagiyeho kugira ngo atazabasigara mu mutwe nk’uko yansigayemo.”

Udahemuka avuga kandi ko muri izo nshingano ziremereye kuriya, nta na rimwe bajya bashimwa ku buryo na byo biri mu baca intege ahubwo bakirirwa basimbuka imitego myinshi batezwe na bamwe mu bo bakorana.

Ati “Abenshi urebye umuntu arazinukwa ariko singiye gutera ubwoba no guca intege bagenzi banjye bagiye bashya. Nibakorane neza nk’ikipe ibyo by’imitego bagerageze kubigabanya.”

Yavuze ko ubwo yeguraga byari byategetswe n’uwari Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Kaboneka Francis gusa ko ubu yamubabariye.

Avuga ko Kaboneka ubwe yihamagariye uwari Perezida wa Njyanama ya Kamonyi, akamubwira ibyo ari buvuge agaragaza amakosa yatumye uyu Udahemuka yegura.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − eight =

Previous Post

Huye: Barasaba kwegerezwa irimbi, ubuyobozi buti “ntabwo buri Kagari karigira”

Next Post

DRCongo: M23 yakubiswe incuro ivanwa mu duce tubiri yari yigaruriye

Related Posts

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

IZIHERUKA

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya
FOOTBALL

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

by radiotv10
20/01/2026
0

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

20/01/2026
Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

20/01/2026
Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo: M23 yakubiswe incuro ivanwa mu duce tubiri yari yigaruriye

DRCongo: M23 yakubiswe incuro ivanwa mu duce tubiri yari yigaruriye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.