Tuesday, November 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uganda: Abayoboye Inteko bahawe imodoka z’akataraboneka hasobanurwa n’impamvu yabyo

radiotv10by radiotv10
19/12/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Uganda: Abayoboye Inteko bahawe imodoka z’akataraboneka hasobanurwa n’impamvu yabyo
Share on FacebookShare on Twitter

Ababaye ba Perezida b’Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda, bashyikirijwe imodoka zo mu bwoko bwa Toyota Land Cruiser V8, bamenyeshwa ko bazajya bazihindurirwa buri myaka itanu, banasobanurirwa impamvu babikorewe.

Izi modoka zizafasha aba banyapolitiki mu ngendo zabo, bazishyikirijwe na Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda uriho ubu, ari we Anita Among kuri uyu wa Mbere tariki 18 Ukuboza 2023, mu muhango wabereye ku Ngoro y’iyi Nteko.

Abahawe izi modoka, ni; Al Haji Moses Kigongo, Edward Kiwanuka Ssekandi, Ambasaderi Francis Butagira, Prof. Edward Rugumayo, na Rebecca Kadaga uheruka kuba Perezida w’iyi Nteko.

Mu kubashyikiriza izi modoka, Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko uriho ubu, Hon. Anita Among yabamenyesheje ko bazajya bahabwa imodoka nshya nyuma ya buri myaka itanu.

Ibizajya bitangwa kuri izi modoka, nk’amafaranga y’amavuta zikoresha (Lisansi/Mazutu), kuzikoresha ndetse n’imishahara y’abashoferi, bizajya bitangwa na Leta.

Yagize ati “Muzishakira abashoferi, bazahita bahabwa akazi n’Inteko Ishinga Amategeko, kandi Inteko izajya yishyura abashoferi banyu. Imodoka izakomeza kuba ari umutungo wa Guverinoma ya Uganda. Inteko Ishinga Amategeko izakomeza kwishyura amavuta y’izi modoka.”

Yavuze kandi ko mu gihe imodoka izajya igira ikibazo gikomeye, izajya igarurwa, ubundi nyiranyo agahabwa indi nshya.

Ati “Namwe muri umutungo wa Guverinoma ya Uganda, rero mugomba gukomeza kwitabwaho no gukurikiranwa.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × four =

Previous Post

Ikipe ihagarariye Afurika mu cy’Isi iherutse gusezerera ikinamo ibihangange muri ruhago nayo ntibyayihiriye

Next Post

Menya Abajenerani bane ba RDF bazamuwe ku ipeti rya Major General

Related Posts

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

by radiotv10
24/11/2025
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo (DRC), has announced that the forces they...

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

by radiotv10
24/11/2025
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) cyongeye gukozanyaho n’umutwe wa Wazalendo basanzwe bakorana, mu mirwano yabereye muri Uvira...

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

by radiotv10
24/11/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riratangaza ko uruhande bahanganye rugizwe n’abarimo FARDC, FDLR n’igisirikare...

Haravugwa amakuru meza kuri bamwe mu bana b’abakobwa 300 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana muri Nigeria

Haravugwa amakuru meza kuri bamwe mu bana b’abakobwa 300 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana muri Nigeria

by radiotv10
24/11/2025
0

Abana 50 muri 303 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana Gatulika ryitiriwe Mutagatifu Mariya (St Mary’s Catholic School), riherereye mu Majyaruguru ya...

Igisirikare cya Congo cyavuze ku ifungwa ry’abasirikare bakomeye barimo General Masunzu byaherukaga gukekwa

Igisirikare cya Congo cyavuze ku ifungwa ry’abasirikare bakomeye barimo General Masunzu byaherukaga gukekwa

by radiotv10
24/11/2025
0

Ubuyobozi bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwemeje ifungwa ry’abasirikare bo ku rwego rwo hejuru barimo abo mu...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons
AMAHANGA

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

by radiotv10
24/11/2025
0

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

24/11/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

24/11/2025
Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

24/11/2025
Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

24/11/2025
Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

24/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya Abajenerani bane ba RDF bazamuwe ku ipeti rya Major General

Menya Abajenerani bane ba RDF bazamuwe ku ipeti rya Major General

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.