Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uganda: Abayoboye Inteko bahawe imodoka z’akataraboneka hasobanurwa n’impamvu yabyo

radiotv10by radiotv10
19/12/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Uganda: Abayoboye Inteko bahawe imodoka z’akataraboneka hasobanurwa n’impamvu yabyo
Share on FacebookShare on Twitter

Ababaye ba Perezida b’Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda, bashyikirijwe imodoka zo mu bwoko bwa Toyota Land Cruiser V8, bamenyeshwa ko bazajya bazihindurirwa buri myaka itanu, banasobanurirwa impamvu babikorewe.

Izi modoka zizafasha aba banyapolitiki mu ngendo zabo, bazishyikirijwe na Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda uriho ubu, ari we Anita Among kuri uyu wa Mbere tariki 18 Ukuboza 2023, mu muhango wabereye ku Ngoro y’iyi Nteko.

Abahawe izi modoka, ni; Al Haji Moses Kigongo, Edward Kiwanuka Ssekandi, Ambasaderi Francis Butagira, Prof. Edward Rugumayo, na Rebecca Kadaga uheruka kuba Perezida w’iyi Nteko.

Mu kubashyikiriza izi modoka, Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko uriho ubu, Hon. Anita Among yabamenyesheje ko bazajya bahabwa imodoka nshya nyuma ya buri myaka itanu.

Ibizajya bitangwa kuri izi modoka, nk’amafaranga y’amavuta zikoresha (Lisansi/Mazutu), kuzikoresha ndetse n’imishahara y’abashoferi, bizajya bitangwa na Leta.

Yagize ati “Muzishakira abashoferi, bazahita bahabwa akazi n’Inteko Ishinga Amategeko, kandi Inteko izajya yishyura abashoferi banyu. Imodoka izakomeza kuba ari umutungo wa Guverinoma ya Uganda. Inteko Ishinga Amategeko izakomeza kwishyura amavuta y’izi modoka.”

Yavuze kandi ko mu gihe imodoka izajya igira ikibazo gikomeye, izajya igarurwa, ubundi nyiranyo agahabwa indi nshya.

Ati “Namwe muri umutungo wa Guverinoma ya Uganda, rero mugomba gukomeza kwitabwaho no gukurikiranwa.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + 13 =

Previous Post

Ikipe ihagarariye Afurika mu cy’Isi iherutse gusezerera ikinamo ibihangange muri ruhago nayo ntibyayihiriye

Next Post

Menya Abajenerani bane ba RDF bazamuwe ku ipeti rya Major General

Related Posts

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

by radiotv10
20/01/2026
0

Uganda held widely watched presidential and parliamentary elections on 15 January 2026, choosing both the country’s leader and members of...

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

by radiotv10
20/01/2026
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyatangaje ko kigaruriye Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo, nyuma yuko Ihuriro AFC/M23...

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

by radiotv10
20/01/2026
0

Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, yabwiye abaturage ko intsinzi ikomeye yabonye mu matora y’umukuru w’igihugu aheruka igaragaza ubuhangange bw’ishyaka rye,...

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

by radiotv10
19/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko impugenge ryagaragaje niriramuka rirekuye Umujyi wa Uvira, zahise...

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, na we yashimiye mugenzi we wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni ku bw’intsinzi ye yo kongera...

IZIHERUKA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe
MU RWANDA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

20/01/2026
Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya Abajenerani bane ba RDF bazamuwe ku ipeti rya Major General

Menya Abajenerani bane ba RDF bazamuwe ku ipeti rya Major General

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.