Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uganda: Amakuru agezweho ku bagore bigabije imihanda bagaragaza imyanya y’ibanga

radiotv10by radiotv10
05/09/2024
in AMAHANGA
0
Uganda: Amakuru agezweho ku bagore bigabije imihanda bagaragaza imyanya y’ibanga
Share on FacebookShare on Twitter

Abagore batatu baherutse kugaragara mu Murwa Mukuru wa Uganda, i Kampala bambaye ubusa hejuru bavuga ko bari mu myigaragambyo yamagana ruswa, bakaza gutabwa muri yombi, hatangajwe igihe bazagerezwa imbere y’Urukiko.

Aba bagore batatu bagaragaye ku wa Mbere w’iki Cyumweru tariki 02 Nzeri 2024, ubwo bari mu mihanda baririmba ko ruswa ikwiye gucika banisize amarangi.

Berecyeje kandi no ku Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko, aho bagendaga bavuga ko barambiwe ruswa ivuza ubuhuha muri iki Gihugu byumwihariko ku bayobozi mu nzego nkuru barimo na bamwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko na bamwe mu Baminisitiri.

Aba bagore binjiye mu Nteko Ishinga amategeko bavuga bati “Nta ruswa dukeneye. Nimutabare abana, abagore n’ahazaza, mukemure ikibazo cya ruswa.”

Bavugaga ko abayobozi mu nzego nkuru z’Igihugu n’Abadepite bashyiraho amategeko yo kuzamura imisoro kugira ngo bakunde babone uko biba abaturage basagura ayabo.

Usibye ikibazo cy’imisoro na ruswa, aba bagore bigaragambije bavuga ku kibazo cy’ikimoteri giherutse gushwanyuka kigahitana abantu 35 i Kampala abandi 28 baburirwa irengero.

Iyi myigaragambyo yasamiwe hejuru n’abakoresha imbuga nkoranyambaga muri Uganda, batangira kubashyigikira bavuga ko hakenewe kurandurwa ruswa kuko isigaye ituma hari serivisi batabona uko bikwiye nk’iz’ubuvuzi, n’iz’uburezi.

Polisi ya Uganda yavuze ko itazigera yihanganira na gato abateza umutekano mucye n’akaduruvayo muri rubanda, ndetse ko aba bagore batatu bafunzwe bazagezwa mu Rukiko tariki ya 12 z’uku kwezi kwa Nzeru 2024.

Raporo zimaze iminsi zikorwa n’Imiryango Mpuzamahanga ku kurwanya ruswa, zigaragaza ko Uganda iza mu myanya ya kure, aho nk’iheruka Uganda yaje ku mwanya wa 141 mu Bihugu 180 byakoreweho isuzuma.

Olive YAMBABARIYE
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × four =

Previous Post

Menya igisobanuro n’akamaro k’imirongo y’umuhondo yatangiye kugaragara mu mihanda imwe muri Kigali

Next Post

Congo: Gereza ya Makala yapfiriyemo abantu 129 ishobora gufungwa

Related Posts

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

by radiotv10
09/01/2026
0

Lieutenant-Colonel Mak Hazukay Mongba yagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe Itumanaho n’Amakuru mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akaba n’Umuvugizi...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

by radiotv10
07/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar, yagiriye uruzinduko muri Somaliland, nyuma yo kwemeza nk'Igihugu cyigenga iyi Ntara yo muri...

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuryango Uharanira Amahoro n'Imibereho myiza y’Abaturage (CPCC), watangaje ko Abantu 105 bari mu nkambi z’impunzi z’Abanyekongo ziri mu Burundi, bitabye...

IZIHERUKA

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye
IBYAMAMARE

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

by radiotv10
09/01/2026
0

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

09/01/2026
Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Congo: Gereza ya Makala yapfiriyemo abantu 129 ishobora gufungwa

Congo: Gereza ya Makala yapfiriyemo abantu 129 ishobora gufungwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.