Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uganda: Amakuru agezweho ku bagore bigabije imihanda bagaragaza imyanya y’ibanga

radiotv10by radiotv10
05/09/2024
in AMAHANGA
0
Uganda: Amakuru agezweho ku bagore bigabije imihanda bagaragaza imyanya y’ibanga
Share on FacebookShare on Twitter

Abagore batatu baherutse kugaragara mu Murwa Mukuru wa Uganda, i Kampala bambaye ubusa hejuru bavuga ko bari mu myigaragambyo yamagana ruswa, bakaza gutabwa muri yombi, hatangajwe igihe bazagerezwa imbere y’Urukiko.

Aba bagore batatu bagaragaye ku wa Mbere w’iki Cyumweru tariki 02 Nzeri 2024, ubwo bari mu mihanda baririmba ko ruswa ikwiye gucika banisize amarangi.

Berecyeje kandi no ku Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko, aho bagendaga bavuga ko barambiwe ruswa ivuza ubuhuha muri iki Gihugu byumwihariko ku bayobozi mu nzego nkuru barimo na bamwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko na bamwe mu Baminisitiri.

Aba bagore binjiye mu Nteko Ishinga amategeko bavuga bati “Nta ruswa dukeneye. Nimutabare abana, abagore n’ahazaza, mukemure ikibazo cya ruswa.”

Bavugaga ko abayobozi mu nzego nkuru z’Igihugu n’Abadepite bashyiraho amategeko yo kuzamura imisoro kugira ngo bakunde babone uko biba abaturage basagura ayabo.

Usibye ikibazo cy’imisoro na ruswa, aba bagore bigaragambije bavuga ku kibazo cy’ikimoteri giherutse gushwanyuka kigahitana abantu 35 i Kampala abandi 28 baburirwa irengero.

Iyi myigaragambyo yasamiwe hejuru n’abakoresha imbuga nkoranyambaga muri Uganda, batangira kubashyigikira bavuga ko hakenewe kurandurwa ruswa kuko isigaye ituma hari serivisi batabona uko bikwiye nk’iz’ubuvuzi, n’iz’uburezi.

Polisi ya Uganda yavuze ko itazigera yihanganira na gato abateza umutekano mucye n’akaduruvayo muri rubanda, ndetse ko aba bagore batatu bafunzwe bazagezwa mu Rukiko tariki ya 12 z’uku kwezi kwa Nzeru 2024.

Raporo zimaze iminsi zikorwa n’Imiryango Mpuzamahanga ku kurwanya ruswa, zigaragaza ko Uganda iza mu myanya ya kure, aho nk’iheruka Uganda yaje ku mwanya wa 141 mu Bihugu 180 byakoreweho isuzuma.

Olive YAMBABARIYE
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 5 =

Previous Post

Menya igisobanuro n’akamaro k’imirongo y’umuhondo yatangiye kugaragara mu mihanda imwe muri Kigali

Next Post

Congo: Gereza ya Makala yapfiriyemo abantu 129 ishobora gufungwa

Related Posts

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

by radiotv10
07/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar, yagiriye uruzinduko muri Somaliland, nyuma yo kwemeza nk'Igihugu cyigenga iyi Ntara yo muri...

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuryango Uharanira Amahoro n'Imibereho myiza y’Abaturage (CPCC), watangaje ko Abantu 105 bari mu nkambi z’impunzi z’Abanyekongo ziri mu Burundi, bitabye...

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

by radiotv10
07/01/2026
0

Impanuka y’ikamyo yabereye mu mujyi wa Semera, mu Karere ka Afar mu majyaruguru ya Ethiopia, yari ibatwaye nk'abimukira, yahitanye abantu...

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Raporo ku bugenzuzi bwakorewe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Amahoro, yagaragaje ko hari ingingo z’ingenzi zikomeje kwirengagizwa mu masezerano y’i Washington,...

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

by radiotv10
06/01/2026
0

A report assessing the implementation of peace agreements has revealed that key provisions of the Washington Peace Agreement continue to...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Congo: Gereza ya Makala yapfiriyemo abantu 129 ishobora gufungwa

Congo: Gereza ya Makala yapfiriyemo abantu 129 ishobora gufungwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.