Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uganda: Habaye igikorwa cy’ubunyamaswa budasanzwe cyakozwe n’umutwe w’iterabwoba waturutse muri Congo

radiotv10by radiotv10
17/06/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Uganda: Habaye igikorwa cy’ubunyamaswa budasanzwe cyakozwe n’umutwe w’iterabwoba waturutse muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Abarwanyi bikekwa ko ari ab’umutwe w’iterabwoba wa ADF, bagabye igitero ku ishuri ryo mu Karere ka Kasese muri Uganda, bica abanyeshuri 25 babahengereye basinziriye. Iri shuri ryabarizwagamo abanyeshuri 50, kugeza ubu habonetse abarokotse batatu mu gihe abandi barenga 20 bashimuswe.

Iki gitero cyagabwe ku Ishuri ryisumbuye rya Peter Hunter Secondary School riherereye ahitwa Nyabugando, hafi y’Umupaka uhuza Uganda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu, ubwo abanyeshuri biga muri iri shuri bari baryamye basinziriye mu macumbi yabo.

Iki gitero cyagabwe kuri iri shuri ryigamo abana b’abahungu gusa, cyaje guhoshwa n’inzego z’igisirikare na Polisi zizobereye mu by’intambara mu buryo budasanzwe zahise zoherezwa kuri iri shuri kugira ngo bamurure aba barwanyi.

Izi nyeshyamba zagabye igitero ziturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho uyu mutwe w’iterabwoba urwanya ubutegetsi bwa Uganda, usanzwe ufite ibirindiro, zanasize zinatwitse imodoka y’iri shuri, ubundi zinjira mu bubiko bwaryo, ziba ibirimo ibiribwa ndetse n’ibindi bikoresho.

Bivugwa kandi ko aba barwanyi banashimuse abanyeshuri bo muri iki kigo cy’ishuri, bataramenyekana umubare mbere yo kugira ngo zisubire muri DRC.

Mu banyeshuri babarirwa muri 50 bo muri iri shuri, habonetse batatu barokotse iki gitero, mu gihe abandi barenga 20 bikekwa ko bashimuswe n’izi nyeshyamba.

Ni igitero kibayeho ku nshuro ya kabiri mu gihe cy’umwaka umwe, aho mu kwezi k’Ukuboza 2022, abarwanyi b’uyu mutwe wa ADF bari bagabye ibindi bitero ku butaka bwa Uganda baturutse muri DRC, bwo igisirikare kikivuganamo ibyehebe 11.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + twenty =

Previous Post

Uwabaye Mayor wa Gasabo n’umunyemari Dubai bamaze kwambara iroza bazaniye Urukiko icyifuzo

Next Post

Ubumwe bwa Leta na Kiliziya: Minisitiri w’Intebe yitabiriye umuhango ukomeye muri Gatulika (AMAFOTO)

Related Posts

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

by radiotv10
18/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko abarwanyi baryo batangiye kuva mu mujyi wa Uvira nyuma yo kwemera kuwurekura ribisabwe n’ubuhuza bwa Leta...

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

by radiotv10
17/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko ryumva icyifuzo cy’abaturage bo muri Uvira bagaragaje ko badashaka ko rirekura uyu mujyi, ariko ko ari...

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

by radiotv10
17/12/2025
0

An updated list of additional countries whose citizens are prohibited from entering the United States has been made public. According...

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

by radiotv10
17/12/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongereye ibindi Bihugu birindwi ku rutonde rw’ibihugu abaturage babyo batemerewe kwinjira...

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

by radiotv10
17/12/2025
0

The AFC/M23 coalition says it understands the wishes of residents of the city of Uvira who have expressed that they...

IZIHERUKA

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4
IBYAMAMARE

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

by radiotv10
18/12/2025
0

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

18/12/2025
Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubumwe bwa Leta na Kiliziya: Minisitiri w’Intebe yitabiriye umuhango ukomeye muri Gatulika (AMAFOTO)

Ubumwe bwa Leta na Kiliziya: Minisitiri w’Intebe yitabiriye umuhango ukomeye muri Gatulika (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.