Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uganda: Havutse agatsiko kagaba ibitero ku Bapolisi kakabambura imbunda

radiotv10by radiotv10
08/11/2022
in MU RWANDA
0
Uganda: Havutse agatsiko kagaba ibitero ku Bapolisi kakabambura imbunda
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi ya Uganda ivuga ko igitero giherutse kugabwa ku biro bya Polisi mu gace ka Busiika mu Karere ka Luweero ndetse kigahitana Abapolisi babiri, cyakozwe n’agatsiko kiyise ‘Coalition for Change’ kagamije kwigwizaho intwaro.

Umuyobozi Mukuru Wungirije wa Polisi ya Uganda, Maj Gen Geoffrey Tumusiime Katsigazi, yavuze ko uwitwa Ssemogerere ukekwaho kuba umuyobozi w’aka gatsiko yatawe muri yombi.

Yagize ati “Ikibazo cyo kugaba ibitero ku biro bya polisi bagatwara imbunda, gikorwa n’itsinda ry’abantu bibwira ko bahindura Guverinoma ku ngufu.”

Maj Gen Geoffrey Tumusiime Katsigazi yavuze ko intego y’aka gatsiko, ari ugukomeza kwambura imbunda Abapolisi ubundi kagakomeza kuzigwizaho kagamije gukomeza ibi bikorwa by’ubugizi bwa nabi.

Ati “Rero ntabwo bikiri ubugizi bwa nabi bw’abantu bitwaza imihoro ngo bibe. Intego yabo ni ukwica no gutwara intwaro.”

Yavuze ko aka gatsiko kagaba igitero ku biro bya Polisi nyuma yo gucunga ko Abapolisi bagiye kuko nka kiriya cyaguyemo abapolisi babiri, cyabaye ahagana saa moya n’igice z’umugoroba.

Ati “Baza ari benshi. Ariko nko muri Busiika bari barindwi bafite imbunda ebyiri za AK-47 na masotera imwe nkuko byavuye mu iperereza ryacu ry’ibanze. Ubusanzwe Ibiro bya Polisi bya Busiika haba Abapolisi icumi, ariko ubwo bazaga hari Abapolisi batandatu.”

Maj Gen Geoffrey Tumusiime Katsigazi yavuze ko aka gatsiko katagamije ibyaha bisanzwe by’ubujura, ahubwo ko kagamije ibikorwa byo guhungabanya umutekano kuko uretse kugaba ibitero ku biro bya Polisi, banabigaba ku nzego z’umutekano zigenga bakabambura intwaro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + 9 =

Previous Post

Hamenyekanye amakuru mashya kuri Imam wari wakatiwe imyaka 5 kubera kwica ingurube

Next Post

Perezida Kagame mu nama yiga ku bya Congo itagaragayemo Tshisekedi

Related Posts

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

by radiotv10
06/01/2026
0

Umugabo witwa Ntarindwa Emmanuel wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo bacukuye mu nzu y’umugore babanaga kubera kugira uruhare muri Jenoside...

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

by radiotv10
06/01/2026
0

Deep beneath the hills of Nyakabingo in Rulindo District, northern Rwanda, lies one of Africa’s most important sources of tungsten,...

Cost of Gorilla Trekking Reduced

Cost of Gorilla Trekking Reduced

by radiotv10
06/01/2026
0

The Rwanda Development Board (RDB) has announced a reduction in gorilla trekking permit fees for the entire year of 2026,...

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

by radiotv10
06/01/2026
0

The festive season is often filled with joy, gifts, travel, and celebrations, but it can also leave many people feeling...

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

by radiotv10
06/01/2026
0

Imodoka itwara abagenzi mu buryo bwa rusange ya Taxi Minibus yakoreye impanuka mu muhanda Muhanga-Kigali ubwo yari igeze ahazwi nko...

IZIHERUKA

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa
IMYIDAGADURO

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

by radiotv10
06/01/2026
0

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

06/01/2026
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

06/01/2026
Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

06/01/2026
Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

06/01/2026
Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame mu nama yiga ku bya Congo itagaragayemo Tshisekedi

Perezida Kagame mu nama yiga ku bya Congo itagaragayemo Tshisekedi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.