Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uganda: Kandiho wayoboraga CMI wavuzweho gutanga amategeko yo gutoteza Abanyarwanda yavanyweho

radiotv10by radiotv10
25/01/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Uganda: Kandiho wayoboraga CMI wavuzweho gutanga amategeko yo gutoteza Abanyarwanda yavanyweho
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda yakuye ku mwanya w’Umuyobozi w’urwego rw’Ubutasi bwa Gisirikare muri iki Gihugu (CMI), Maj General Abel Kandiho wavuzweho gutanga amategeko yo gukorera iyicarubozo bamwe mu Banyarwanda.

Amakuru aturuka ku baba hafi uyu mugabo wavuzweho gukorana n’imitwe ihungabanya u Rwanda, bavuga ko yahawe inshingano zo kujya mu butumwa muri Sudan y’Epfo.

Perezida Yoweri Kaguta Museveni yahaye uru rwego rw’Ubutasi bwa Gisirikare (CMI) kuyoborwa na Maj Gen James Birungi.

Maj General Abel Kandiho kandi aherutse gufatirwa ibihano na Leta Zunze Ubumwe za America kubera ibyaha mpuzamahanga ashinjwa birimo n’iby’iyicarubozo.

Maj General Abel Kandiho avanywe ku mwanya wo kuyobora CMI yavuzweho kugira uruhare rukomeye mu gufata Abanyarwanda ikabakorera iyicarubozo, nyuma y’igihe gito Lt Gen Muhoozi Kainerugaba umuhungu wa Museveni avuye mu Rwanda aho yanagiranye ikiganiro na Perezida Kagame Paul.

Muri icyo kiganiro cyahuje Perezida Kagame na Lt Gen Muhoozi usanzwe ari n’Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku butaka za Uganda, u Rwanda rwagaragaje ibyo rwifuza bikwiye kubanza gukemuka kugira ngo umubano w’ibihugu byombi uzahuke.

Kimwe mu byo u Rwanda rushinja Uganda ni uguhohotera Abanyarwanda basanzwe bababyo ndetse n’abajyayo aho bamwe bafashwe na CMI ikabafunga mu buryo bunyuranyije n’amategeko ndetse ikabakorera iyicarubozo bigatuma bamwe banahasiga ubuzima.

Kuba uru rwego ruhinduriwe umuyobozi, birashimangira ubushake buhari bwo kuzahura umubano hagati y’u Rwanda na Uganda dore ko bikozwe mu gihe hongeye kubura inzira yo gushyira ibintu mu buryo kugira ngo ibi bihugu bifatwa nk’ibivandimwe byongere kuvuga rumwe.

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba ukomeje kugaragaza ko yifuza ko ibi bihugu byongera kubanirana kivandimwe, mu masaha macye ashize yari yashyize ubutumwa kuri Twitter, yongera kwibutsa ko “Ubumwe bwacu bwatangiye mbere y’umwaduko wo kwandika amateka. Turi bamwe. Imana ihe umugisha ubumwe bwa Uganda n’u Rwanda.”

Gen Muhoozi kandi yanifurifurije ishya n’ihirwe Maj Gen Kandiho wahinduriwe imirimo ndetse na Maj Gen Birungi wamusimbuye ku buyobozi bwa CMI.

RADIOTV1O

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + 15 =

Previous Post

Umubyeyi wa Yves Mutabazi atanze ubutumwa bukomeye bwinjemo Imana

Next Post

Huye: Umukecuru w’imyaka 72 aremera icyaha cyo gucuruza urumogi

Related Posts

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

by radiotv10
08/05/2025
0

Habiyaremye Zacharie wamenyekanye nka ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gukora ibyaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina, aravugwaho...

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

by radiotv10
08/05/2025
0

Perezida Paul Kagame akaba n’umukunzi w’ikipe ya Arsenal, ndetse n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, bakurikiye umukino...

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

by radiotv10
08/05/2025
0

Umwe mu bakoresha urubuga nkoranyambaga rwa X yanditseho ubutumwa asaba Polisi y’u Rwanda kumujyana mu Kigo Ngororamuco cy’Iwawa ngo kuko...

Rwamagana: Ntibumva uko basabwa kugurira Leta imodoka kandi batayirusha amafaranga

Rwamagana: Ntibumva uko basabwa kugurira Leta imodoka kandi batayirusha amafaranga

by radiotv10
08/05/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, ntibakozwa iby’amafaranga yasabwe buri rugo yo kugura imodoka...

IZIHERUKA

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa
MU RWANDA

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

08/05/2025
IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

08/05/2025
Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

08/05/2025
Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

08/05/2025
Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

08/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Huye: Umukecuru w’imyaka 72 aremera icyaha cyo gucuruza urumogi

Huye: Umukecuru w’imyaka 72 aremera icyaha cyo gucuruza urumogi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.