Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uganda: Kandiho wayoboraga CMI wavuzweho gutanga amategeko yo gutoteza Abanyarwanda yavanyweho

radiotv10by radiotv10
25/01/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Uganda: Kandiho wayoboraga CMI wavuzweho gutanga amategeko yo gutoteza Abanyarwanda yavanyweho
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda yakuye ku mwanya w’Umuyobozi w’urwego rw’Ubutasi bwa Gisirikare muri iki Gihugu (CMI), Maj General Abel Kandiho wavuzweho gutanga amategeko yo gukorera iyicarubozo bamwe mu Banyarwanda.

Amakuru aturuka ku baba hafi uyu mugabo wavuzweho gukorana n’imitwe ihungabanya u Rwanda, bavuga ko yahawe inshingano zo kujya mu butumwa muri Sudan y’Epfo.

Perezida Yoweri Kaguta Museveni yahaye uru rwego rw’Ubutasi bwa Gisirikare (CMI) kuyoborwa na Maj Gen James Birungi.

Maj General Abel Kandiho kandi aherutse gufatirwa ibihano na Leta Zunze Ubumwe za America kubera ibyaha mpuzamahanga ashinjwa birimo n’iby’iyicarubozo.

Maj General Abel Kandiho avanywe ku mwanya wo kuyobora CMI yavuzweho kugira uruhare rukomeye mu gufata Abanyarwanda ikabakorera iyicarubozo, nyuma y’igihe gito Lt Gen Muhoozi Kainerugaba umuhungu wa Museveni avuye mu Rwanda aho yanagiranye ikiganiro na Perezida Kagame Paul.

Muri icyo kiganiro cyahuje Perezida Kagame na Lt Gen Muhoozi usanzwe ari n’Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku butaka za Uganda, u Rwanda rwagaragaje ibyo rwifuza bikwiye kubanza gukemuka kugira ngo umubano w’ibihugu byombi uzahuke.

Kimwe mu byo u Rwanda rushinja Uganda ni uguhohotera Abanyarwanda basanzwe bababyo ndetse n’abajyayo aho bamwe bafashwe na CMI ikabafunga mu buryo bunyuranyije n’amategeko ndetse ikabakorera iyicarubozo bigatuma bamwe banahasiga ubuzima.

Kuba uru rwego ruhinduriwe umuyobozi, birashimangira ubushake buhari bwo kuzahura umubano hagati y’u Rwanda na Uganda dore ko bikozwe mu gihe hongeye kubura inzira yo gushyira ibintu mu buryo kugira ngo ibi bihugu bifatwa nk’ibivandimwe byongere kuvuga rumwe.

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba ukomeje kugaragaza ko yifuza ko ibi bihugu byongera kubanirana kivandimwe, mu masaha macye ashize yari yashyize ubutumwa kuri Twitter, yongera kwibutsa ko “Ubumwe bwacu bwatangiye mbere y’umwaduko wo kwandika amateka. Turi bamwe. Imana ihe umugisha ubumwe bwa Uganda n’u Rwanda.”

Gen Muhoozi kandi yanifurifurije ishya n’ihirwe Maj Gen Kandiho wahinduriwe imirimo ndetse na Maj Gen Birungi wamusimbuye ku buyobozi bwa CMI.

RADIOTV1O

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + thirteen =

Previous Post

Umubyeyi wa Yves Mutabazi atanze ubutumwa bukomeye bwinjemo Imana

Next Post

Huye: Umukecuru w’imyaka 72 aremera icyaha cyo gucuruza urumogi

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Huye: Umukecuru w’imyaka 72 aremera icyaha cyo gucuruza urumogi

Huye: Umukecuru w’imyaka 72 aremera icyaha cyo gucuruza urumogi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.