Sunday, June 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uganda: Kandiho wayoboraga CMI wavuzweho gutanga amategeko yo gutoteza Abanyarwanda yavanyweho

radiotv10by radiotv10
25/01/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Uganda: Kandiho wayoboraga CMI wavuzweho gutanga amategeko yo gutoteza Abanyarwanda yavanyweho
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda yakuye ku mwanya w’Umuyobozi w’urwego rw’Ubutasi bwa Gisirikare muri iki Gihugu (CMI), Maj General Abel Kandiho wavuzweho gutanga amategeko yo gukorera iyicarubozo bamwe mu Banyarwanda.

Amakuru aturuka ku baba hafi uyu mugabo wavuzweho gukorana n’imitwe ihungabanya u Rwanda, bavuga ko yahawe inshingano zo kujya mu butumwa muri Sudan y’Epfo.

Perezida Yoweri Kaguta Museveni yahaye uru rwego rw’Ubutasi bwa Gisirikare (CMI) kuyoborwa na Maj Gen James Birungi.

Maj General Abel Kandiho kandi aherutse gufatirwa ibihano na Leta Zunze Ubumwe za America kubera ibyaha mpuzamahanga ashinjwa birimo n’iby’iyicarubozo.

Maj General Abel Kandiho avanywe ku mwanya wo kuyobora CMI yavuzweho kugira uruhare rukomeye mu gufata Abanyarwanda ikabakorera iyicarubozo, nyuma y’igihe gito Lt Gen Muhoozi Kainerugaba umuhungu wa Museveni avuye mu Rwanda aho yanagiranye ikiganiro na Perezida Kagame Paul.

Muri icyo kiganiro cyahuje Perezida Kagame na Lt Gen Muhoozi usanzwe ari n’Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku butaka za Uganda, u Rwanda rwagaragaje ibyo rwifuza bikwiye kubanza gukemuka kugira ngo umubano w’ibihugu byombi uzahuke.

Kimwe mu byo u Rwanda rushinja Uganda ni uguhohotera Abanyarwanda basanzwe bababyo ndetse n’abajyayo aho bamwe bafashwe na CMI ikabafunga mu buryo bunyuranyije n’amategeko ndetse ikabakorera iyicarubozo bigatuma bamwe banahasiga ubuzima.

Kuba uru rwego ruhinduriwe umuyobozi, birashimangira ubushake buhari bwo kuzahura umubano hagati y’u Rwanda na Uganda dore ko bikozwe mu gihe hongeye kubura inzira yo gushyira ibintu mu buryo kugira ngo ibi bihugu bifatwa nk’ibivandimwe byongere kuvuga rumwe.

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba ukomeje kugaragaza ko yifuza ko ibi bihugu byongera kubanirana kivandimwe, mu masaha macye ashize yari yashyize ubutumwa kuri Twitter, yongera kwibutsa ko “Ubumwe bwacu bwatangiye mbere y’umwaduko wo kwandika amateka. Turi bamwe. Imana ihe umugisha ubumwe bwa Uganda n’u Rwanda.”

Gen Muhoozi kandi yanifurifurije ishya n’ihirwe Maj Gen Kandiho wahinduriwe imirimo ndetse na Maj Gen Birungi wamusimbuye ku buyobozi bwa CMI.

RADIOTV1O

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × five =

Previous Post

Umubyeyi wa Yves Mutabazi atanze ubutumwa bukomeye bwinjemo Imana

Next Post

Huye: Umukecuru w’imyaka 72 aremera icyaha cyo gucuruza urumogi

Related Posts

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, baravuga ko hari abaremye itsinda ryiyise ‘Abanjongo’ baturuka mu Murenge wa...

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

by radiotv10
28/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zibifashijwemo n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, zasinye amasezerano y’amahoro arimo...

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

by radiotv10
28/06/2025
0

Bamwe mu bakora akazi ko gusoroma icyayi mu mirima ya Pfunda mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga...

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

by radiotv10
28/06/2025
0

The Government of Rwanda and the Democratic Republic of Congo, with the support of the United States of America, have...

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

by radiotv10
27/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z’u Rwanda, barangije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Kimaka muri...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Huye: Umukecuru w’imyaka 72 aremera icyaha cyo gucuruza urumogi

Huye: Umukecuru w’imyaka 72 aremera icyaha cyo gucuruza urumogi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.