Wednesday, December 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

UGANDA: Milutin Sredojević yongeye kugirwa umutoza mukuru wa Uganda Cranes nyuma y’imyaka ine

radiotv10by radiotv10
28/07/2021
in SIPORO
0
UGANDA: Milutin Sredojević yongeye kugirwa umutoza mukuru wa Uganda Cranes nyuma y’imyaka ine
Share on FacebookShare on Twitter

UMunya-Serbia umaze kumenyerwa mu mupira w’amaguru wa Afurika mu kazi ko kuwutoza, Milutin Micho Sredojević yagizwe umutoza mukuru w’ikipe y’igihugu ya Uganda (Uganda Cranes) mu gihe cy’imyaka itatu iri imbere (2021-2024) nyuma y’uko iki gihugu gutandukanye na Jonathan Bryan McKinstry.

Amasezerano ya Micho Milutin aratangira kubahirizwa kuva tariki ya 1 Kanama 2021 mu gihe tariki ya 2 Kanama 2021 aribwo azaganira n’itangazamakuru rya siporo muri Uganda.

Uganda/Ethiopia: Celebrated Coach 'Micho' Caught in Sex Scandal After  Quitting Orlando Pirates - allAfrica.com

Milutin Micho Sredojević yagizwe umutoza mukuru w’ikipe y’igihugu ya Uganda (Uganda Cranes) mu gihe cy’imyaka itatu iri imbere

Micho wanatoje u Rwanda (2011-2013) yatoje Uganda kuva mu 2014 baza gutandukana mu 2017 ubwo hari hasoje imikino y’igikombe cya Afurika, tariki 28 Nyakanga 2017 nibwo yabwiye abanyamakuru ko adafashwe neza mu bijyanye no kwshyura neza imishahara bityo abaye agiye.

Micho watozaga ikipe y’igihugu ya Zambia kuva mu 2020, yahawe akazi muri Uganda Cranes ndetse akaba yahawe uburenganzira bwo kwishakira abazamwungiriza bose.

Milutin Sredojevic reportedly appointed new head coach of Zambia

Milutin Micho Sredojević azishakira abungiriza azakorana nabo

Milutin Micho Sredojević w’imyaka 51 amaze kubaka izina mu mupira w’amaguru wa Afurika kuko yatoje amakipe atandukanye (Clubs) n’amakipe y’ibihugu nka; Villa SC (Uganda, 2001-2004), Saint George SA (Ethiopia, 2004-2006), Orlando Pirates (South Africa, 2006), Saint-George SA (Ethiopia, 2007-2010), Al-Hilal Omdurman (Sudan, 2010-2011), Rwanda (2011-2013), Uganda (2014-2017), Orlando Pirates (2017-2019), Zamalek (2019) na Zambia (2020-2021).

Former Orlando Pirates coach Sredojevic appears at New Brighton Regional  Court | Goal.com

Micho araganira n’abanyamakuru tariki ya 2 Kanama 2021 ku migabo n’imigambi imugaruye muri Uganda Cranes

Micho Milutin agomba gutangira gutegura ikipe y’igihugu ya Uganda izashaka itike y’igikombe cy’isi cya 2022 kizabera muri Qatar, urugendo bari mu itsinda rimwe n’u Rwanda, Mali na Kenya.

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 1 =

Previous Post

Côte d’Ivoire: Kuri uyu wa kabiri Perezida wa Côte d’Ivoire Alassane Ouattara yahuye n’uwo yasimbuye Laurent Gbagbo

Next Post

Covid – Tanzania: Perezida Samia Suluhu yasabye Abatanzania bose nabo kwikingiza

Related Posts

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

by radiotv10
16/12/2025
0

Muhammed Kagawa Ssenoga, rutahizamu uca ku ruhande wakiniraga Express yo muri Uganda na Ali Ismael Ahmed EL SAYED Moussa ukomoka...

Rayon nyuma yo gutsindwa ihise izana umutoza wungirije uyijemo ku nshuro ya gatatu

Rayon nyuma yo gutsindwa ihise izana umutoza wungirije uyijemo ku nshuro ya gatatu

by radiotv10
15/12/2025
0

Lomami Marcel wari umaze igihe ari umutoza wungirije muri Etincelles FC, yemejwe nk’umutoza wungirije wa Rayon Sports mu gihe igitegereje...

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

by radiotv10
15/12/2025
0

Bugesera FC yongeye gutsinda Rayon Sports FC mu mukino wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru byibutsa abafana ba...

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

by radiotv10
13/12/2025
0

Rutahizamu wa Police FC, Kwitonda Alain bakunze kwita Bacca, yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga, ahamya ko ari itangirira...

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

by radiotv10
12/12/2025
0

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports biravugwa ko agera mu Rwanda mu mpera z’iki...

IZIHERUKA

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda
MU RWANDA

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

by radiotv10
17/12/2025
0

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

16/12/2025
Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

16/12/2025
Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Covid – Tanzania: Perezida Samia Suluhu yasabye Abatanzania bose nabo kwikingiza

Covid – Tanzania: Perezida Samia Suluhu yasabye Abatanzania bose nabo kwikingiza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.