• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

UGANDA: Milutin Sredojević yongeye kugirwa umutoza mukuru wa Uganda Cranes nyuma y’imyaka ine

radiotv10by radiotv10
28/07/2021
in SIPORO
0
UGANDA: Milutin Sredojević yongeye kugirwa umutoza mukuru wa Uganda Cranes nyuma y’imyaka ine
Share on FacebookShare on Twitter

UMunya-Serbia umaze kumenyerwa mu mupira w’amaguru wa Afurika mu kazi ko kuwutoza, Milutin Micho Sredojević yagizwe umutoza mukuru w’ikipe y’igihugu ya Uganda (Uganda Cranes) mu gihe cy’imyaka itatu iri imbere (2021-2024) nyuma y’uko iki gihugu gutandukanye na Jonathan Bryan McKinstry.

Amasezerano ya Micho Milutin aratangira kubahirizwa kuva tariki ya 1 Kanama 2021 mu gihe tariki ya 2 Kanama 2021 aribwo azaganira n’itangazamakuru rya siporo muri Uganda.

Uganda/Ethiopia: Celebrated Coach 'Micho' Caught in Sex Scandal After  Quitting Orlando Pirates - allAfrica.com

Milutin Micho Sredojević yagizwe umutoza mukuru w’ikipe y’igihugu ya Uganda (Uganda Cranes) mu gihe cy’imyaka itatu iri imbere

Micho wanatoje u Rwanda (2011-2013) yatoje Uganda kuva mu 2014 baza gutandukana mu 2017 ubwo hari hasoje imikino y’igikombe cya Afurika, tariki 28 Nyakanga 2017 nibwo yabwiye abanyamakuru ko adafashwe neza mu bijyanye no kwshyura neza imishahara bityo abaye agiye.

Micho watozaga ikipe y’igihugu ya Zambia kuva mu 2020, yahawe akazi muri Uganda Cranes ndetse akaba yahawe uburenganzira bwo kwishakira abazamwungiriza bose.

Milutin Sredojevic reportedly appointed new head coach of Zambia

Milutin Micho Sredojević azishakira abungiriza azakorana nabo

Milutin Micho Sredojević w’imyaka 51 amaze kubaka izina mu mupira w’amaguru wa Afurika kuko yatoje amakipe atandukanye (Clubs) n’amakipe y’ibihugu nka; Villa SC (Uganda, 2001-2004), Saint George SA (Ethiopia, 2004-2006), Orlando Pirates (South Africa, 2006), Saint-George SA (Ethiopia, 2007-2010), Al-Hilal Omdurman (Sudan, 2010-2011), Rwanda (2011-2013), Uganda (2014-2017), Orlando Pirates (2017-2019), Zamalek (2019) na Zambia (2020-2021).

Former Orlando Pirates coach Sredojevic appears at New Brighton Regional  Court | Goal.com

Micho araganira n’abanyamakuru tariki ya 2 Kanama 2021 ku migabo n’imigambi imugaruye muri Uganda Cranes

Micho Milutin agomba gutangira gutegura ikipe y’igihugu ya Uganda izashaka itike y’igikombe cy’isi cya 2022 kizabera muri Qatar, urugendo bari mu itsinda rimwe n’u Rwanda, Mali na Kenya.

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + 13 =

Previous Post

Côte d’Ivoire: Kuri uyu wa kabiri Perezida wa Côte d’Ivoire Alassane Ouattara yahuye n’uwo yasimbuye Laurent Gbagbo

Next Post

Covid – Tanzania: Perezida Samia Suluhu yasabye Abatanzania bose nabo kwikingiza

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Covid – Tanzania: Perezida Samia Suluhu yasabye Abatanzania bose nabo kwikingiza

Covid – Tanzania: Perezida Samia Suluhu yasabye Abatanzania bose nabo kwikingiza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.