Saturday, November 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uganda yageneye ubutumwa DRCongo ku mvugo rutwitsi zavuzwe ku Rwanda

radiotv10by radiotv10
01/06/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Uganda yageneye ubutumwa DRCongo ku mvugo rutwitsi zavuzwe ku Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Ambasaderi wa Uganda mu Muryango w’Abibumbye, Adonia Ayebare yanenze imvugo z’urwango ziherutse gutangazwa n’abarimo abayobozi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo barimo n’abavuze ku Rwanda.

Ambasaderi Adonia Ayebare yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 31 Gicurasi mu nama y’akanama gashinzwe umutekano mu Muryango w’Abibumbye.

Adonia Ayebare ubwo yagarukaga ku bibazo by’umutekano mucye biri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yanenze ibikorwa by’imitwe yitwaje intwaro ituruka hanze irimo uwa FDLR urwanya u Rwanda, ADF urwanya Uganda ndetse na Red-Tabara urwanya u Burundi.

Yavuze ko iyi mitwe ikwiye guhagarika ibikorwa byayo byo kwica abaturage ndetse no gutuma bava mu byabo bagahunga.

Yagize ati “Nanone kandi nanenze imbwirwaruhame z’urwango zamamazwa na bamwe mu bayobozi.”

Adonie Ayebare atangaje ibi nyuma y’uko mu cyumweru gishize Komiseri wa Polisi mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, Gen Aba Van Ang yabasabye abaturage gufata imihoro bagatema Abatutsi bavuga Ikinyarwanda.

Nanone kandi Adolphe Muzito wigeze kuba Minisitiri w’Intebe muri DRC ubu uri mu ihuriro ry’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi, yavuze ko u Rwanda ari agahugu gato, ngo gakwiye kugabwaho ibitero kagafatwa kakomekwa ku Gihugu cyabo.

Ni amagambo yanamaganywe na Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bukwiye guhagarika imvugo nk’izi kuko zishobora gukoneza no kwenyegeza umwuka mubi hagati y’u Rwanda na DRC.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda mu kiganiro aherutse kugirana na RADIOTV10, yagize ati “Niba abantu bagamije gukemura ikibazo ariko bagatangira kuvuga amagambo nk’ayo ‘yo gutema imitwe’ abavuga bati ‘mufate imihoro’ abandi bati ‘kariya gahugu ni gato mugafate mukomeke hano’, ibintu bishobora gusubira irudubi.”

U Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo muri iyi minsi ntibibanye neza nyuma yuko Ibihugu byombi bigize ibyo bishinjanya birimo kuba kimwe gitera inkunga umutwe uhungabanya umutekano w’ikindi.

DRC ishinja u Rwanda gutera inkunga umutwe wa M23 uherutse kubura imirwano, u Rwanda na rwo rugashinja iki gihugu gukomeza gukorana na FDLR ihungabanya umutekano w’u Rwanda.

U Rwanda kandi rushinja DRC ubushotoranyi kubera ibikorwa byo kurasa ku butaka bwarwo bimaze kuba ubugirakabiri mu mezi abiri aho mu cyumweru gishize FARDC yarashe ibisasu biremereye mu bice binyuranye byo mu Turere twa Musanze na Burera.

Igisirikare cy’iki Gihugu cyo mu Burengerazuba bw’u Rwanda giherutse no gushimuta abasirikare babiri ba RDF, gusa Perezida Felix Tshisekedi yemeye kubarekura.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + 16 =

Previous Post

Perezida Kagame na Tshisekedi bemeye guhura, Congo yemera kurekura abasirikare b’u Rwanda

Next Post

Alyn Sano yasohoye indirimbo irimo ya mashusho y’umutsima ukoze nk’igitsina

Related Posts

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Rwanda  is actively rolling out its new Single Digital ID (SDID) system nationwide,a major initiative for digital transformation. The registration and data...

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

by radiotv10
22/11/2025
0

Kaminuza ya East Africa University Rwanda na yo imaze gutanga impamyabushobozi ku bantu bigiye ku murimo bagera kuri 340, biganjemo...

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

by radiotv10
22/11/2025
0

Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA/Rwanda Revenue Authority) cyatangaje ko mu mezi ane ashize abiyandikishihe muri gahunda y’ishimwe rihabwa abaka inyemezabwishyu ya...

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, na we yageneye ubutumwa Perezdia Paul Kagame, amushimira ibiganiro byiza...

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

by radiotv10
21/11/2025
0

President Paul Kagame expressed his gratitude to the Emir of Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, who visited Rwanda...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

22/11/2025
Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

22/11/2025
Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

22/11/2025
Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

22/11/2025
Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Alyn Sano yasohoye indirimbo irimo ya mashusho y’umutsima ukoze nk’igitsina

Alyn Sano yasohoye indirimbo irimo ya mashusho y’umutsima ukoze nk’igitsina

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.