Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uganda yageneye ubutumwa DRCongo ku mvugo rutwitsi zavuzwe ku Rwanda

radiotv10by radiotv10
01/06/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Uganda yageneye ubutumwa DRCongo ku mvugo rutwitsi zavuzwe ku Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Ambasaderi wa Uganda mu Muryango w’Abibumbye, Adonia Ayebare yanenze imvugo z’urwango ziherutse gutangazwa n’abarimo abayobozi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo barimo n’abavuze ku Rwanda.

Ambasaderi Adonia Ayebare yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 31 Gicurasi mu nama y’akanama gashinzwe umutekano mu Muryango w’Abibumbye.

Adonia Ayebare ubwo yagarukaga ku bibazo by’umutekano mucye biri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yanenze ibikorwa by’imitwe yitwaje intwaro ituruka hanze irimo uwa FDLR urwanya u Rwanda, ADF urwanya Uganda ndetse na Red-Tabara urwanya u Burundi.

Yavuze ko iyi mitwe ikwiye guhagarika ibikorwa byayo byo kwica abaturage ndetse no gutuma bava mu byabo bagahunga.

Yagize ati “Nanone kandi nanenze imbwirwaruhame z’urwango zamamazwa na bamwe mu bayobozi.”

Adonie Ayebare atangaje ibi nyuma y’uko mu cyumweru gishize Komiseri wa Polisi mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, Gen Aba Van Ang yabasabye abaturage gufata imihoro bagatema Abatutsi bavuga Ikinyarwanda.

Nanone kandi Adolphe Muzito wigeze kuba Minisitiri w’Intebe muri DRC ubu uri mu ihuriro ry’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi, yavuze ko u Rwanda ari agahugu gato, ngo gakwiye kugabwaho ibitero kagafatwa kakomekwa ku Gihugu cyabo.

Ni amagambo yanamaganywe na Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bukwiye guhagarika imvugo nk’izi kuko zishobora gukoneza no kwenyegeza umwuka mubi hagati y’u Rwanda na DRC.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda mu kiganiro aherutse kugirana na RADIOTV10, yagize ati “Niba abantu bagamije gukemura ikibazo ariko bagatangira kuvuga amagambo nk’ayo ‘yo gutema imitwe’ abavuga bati ‘mufate imihoro’ abandi bati ‘kariya gahugu ni gato mugafate mukomeke hano’, ibintu bishobora gusubira irudubi.”

U Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo muri iyi minsi ntibibanye neza nyuma yuko Ibihugu byombi bigize ibyo bishinjanya birimo kuba kimwe gitera inkunga umutwe uhungabanya umutekano w’ikindi.

DRC ishinja u Rwanda gutera inkunga umutwe wa M23 uherutse kubura imirwano, u Rwanda na rwo rugashinja iki gihugu gukomeza gukorana na FDLR ihungabanya umutekano w’u Rwanda.

U Rwanda kandi rushinja DRC ubushotoranyi kubera ibikorwa byo kurasa ku butaka bwarwo bimaze kuba ubugirakabiri mu mezi abiri aho mu cyumweru gishize FARDC yarashe ibisasu biremereye mu bice binyuranye byo mu Turere twa Musanze na Burera.

Igisirikare cy’iki Gihugu cyo mu Burengerazuba bw’u Rwanda giherutse no gushimuta abasirikare babiri ba RDF, gusa Perezida Felix Tshisekedi yemeye kubarekura.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + 1 =

Previous Post

Perezida Kagame na Tshisekedi bemeye guhura, Congo yemera kurekura abasirikare b’u Rwanda

Next Post

Alyn Sano yasohoye indirimbo irimo ya mashusho y’umutsima ukoze nk’igitsina

Related Posts

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko y’Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari umunyamakuru, akaba yagizwe Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yashimiye Perezida Paul Kagame ku cyizere yamugiriye,...

Mu minsi ibiri ikurikirana inkuba zishe abantu mu Ntara ebyiri z’u Rwanda

Mu minsi ibiri ikurikirana inkuba zishe abantu mu Ntara ebyiri z’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Abantu babiri bo mu Ntara y’Iburengerazuba n’iy’Amajyepfo, bitabye Imana bakubiswe n’inkuba, barimo umwana w’imyaka itandatu, mu gihe hari abandi bahungabanye...

Five things you must know before a job interview

Five things you must know before a job interview

by radiotv10
29/01/2026
0

An interview can feel scary, but good preparation makes it easier. Whether it’s your first interview or not, these five...

IZIHERUKA

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire
MU RWANDA

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

29/01/2026
Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

29/01/2026
AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Alyn Sano yasohoye indirimbo irimo ya mashusho y’umutsima ukoze nk’igitsina

Alyn Sano yasohoye indirimbo irimo ya mashusho y’umutsima ukoze nk’igitsina

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.