Sunday, January 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uganda yageneye ubutumwa DRCongo ku mvugo rutwitsi zavuzwe ku Rwanda

radiotv10by radiotv10
01/06/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Uganda yageneye ubutumwa DRCongo ku mvugo rutwitsi zavuzwe ku Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Ambasaderi wa Uganda mu Muryango w’Abibumbye, Adonia Ayebare yanenze imvugo z’urwango ziherutse gutangazwa n’abarimo abayobozi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo barimo n’abavuze ku Rwanda.

Ambasaderi Adonia Ayebare yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 31 Gicurasi mu nama y’akanama gashinzwe umutekano mu Muryango w’Abibumbye.

Adonia Ayebare ubwo yagarukaga ku bibazo by’umutekano mucye biri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yanenze ibikorwa by’imitwe yitwaje intwaro ituruka hanze irimo uwa FDLR urwanya u Rwanda, ADF urwanya Uganda ndetse na Red-Tabara urwanya u Burundi.

Yavuze ko iyi mitwe ikwiye guhagarika ibikorwa byayo byo kwica abaturage ndetse no gutuma bava mu byabo bagahunga.

Yagize ati “Nanone kandi nanenze imbwirwaruhame z’urwango zamamazwa na bamwe mu bayobozi.”

Adonie Ayebare atangaje ibi nyuma y’uko mu cyumweru gishize Komiseri wa Polisi mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, Gen Aba Van Ang yabasabye abaturage gufata imihoro bagatema Abatutsi bavuga Ikinyarwanda.

Nanone kandi Adolphe Muzito wigeze kuba Minisitiri w’Intebe muri DRC ubu uri mu ihuriro ry’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi, yavuze ko u Rwanda ari agahugu gato, ngo gakwiye kugabwaho ibitero kagafatwa kakomekwa ku Gihugu cyabo.

Ni amagambo yanamaganywe na Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bukwiye guhagarika imvugo nk’izi kuko zishobora gukoneza no kwenyegeza umwuka mubi hagati y’u Rwanda na DRC.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda mu kiganiro aherutse kugirana na RADIOTV10, yagize ati “Niba abantu bagamije gukemura ikibazo ariko bagatangira kuvuga amagambo nk’ayo ‘yo gutema imitwe’ abavuga bati ‘mufate imihoro’ abandi bati ‘kariya gahugu ni gato mugafate mukomeke hano’, ibintu bishobora gusubira irudubi.”

U Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo muri iyi minsi ntibibanye neza nyuma yuko Ibihugu byombi bigize ibyo bishinjanya birimo kuba kimwe gitera inkunga umutwe uhungabanya umutekano w’ikindi.

DRC ishinja u Rwanda gutera inkunga umutwe wa M23 uherutse kubura imirwano, u Rwanda na rwo rugashinja iki gihugu gukomeza gukorana na FDLR ihungabanya umutekano w’u Rwanda.

U Rwanda kandi rushinja DRC ubushotoranyi kubera ibikorwa byo kurasa ku butaka bwarwo bimaze kuba ubugirakabiri mu mezi abiri aho mu cyumweru gishize FARDC yarashe ibisasu biremereye mu bice binyuranye byo mu Turere twa Musanze na Burera.

Igisirikare cy’iki Gihugu cyo mu Burengerazuba bw’u Rwanda giherutse no gushimuta abasirikare babiri ba RDF, gusa Perezida Felix Tshisekedi yemeye kubarekura.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × two =

Previous Post

Perezida Kagame na Tshisekedi bemeye guhura, Congo yemera kurekura abasirikare b’u Rwanda

Next Post

Alyn Sano yasohoye indirimbo irimo ya mashusho y’umutsima ukoze nk’igitsina

Related Posts

Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Good digestion is the foundation of overall health. When your digestive system works well, your body absorbs nutrients properly, your...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Alyn Sano yasohoye indirimbo irimo ya mashusho y’umutsima ukoze nk’igitsina

Alyn Sano yasohoye indirimbo irimo ya mashusho y’umutsima ukoze nk’igitsina

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.