Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Uko amakipe yitwaye yinjira muri 1/4 cy’Igikombe cy’Amahahoro habayemo no gutungurana

radiotv10by radiotv10
27/02/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Uko amakipe yitwaye yinjira muri 1/4 cy’Igikombe cy’Amahahoro habayemo no gutungurana
Share on FacebookShare on Twitter

Imikino ya 1/4 cy’Igikombe cy’Amahoro yatangiriye ku yahuje amakipe arimo Rayon Sports yahuye na Gorilla FC, warangiye amakipe anganya, mu gihe Amagaju FC na yo yatsinze Mukura imaze iminsi yihagararaho imbere y’amakipe akomeye.

Ni imikino yabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 26 Gashyantare 2025, aho Rayon Sports yari yakiriye Gorilla FC yayibanje ibitego bibiri byatsinzwe na Landry Ndikumana na Nsanzimfura Keddy.

Ni mu gihe ikipe ya Rayon Sports FC yishyurirwa na Biramahire Abedy watsinze ibitego bibiri byombi

Kuri uyu wa Gatatu kandi habaye umukino wahuje Police FC na As Kigali, warangiye iyi kipe ya Polisi y’u Rwanda ibonye intsinzi y’ibitego bibiri kuri kimwe.

As Kigali ni yo yabanje igitego cya Emmanuel Okwi ku makosa y’umunyezamu Niyongira Patience, Police FC yishyurirwa na Bigirimana Abedi, mu gihe Elijah yatsinda igitego cya kabiri.

Uyu mukino watangiranye imbaraga nyinshi ku mpande zombi aho ku munota wa 9’ gusa Emmanuel Okwi yafunguye amazamu ku ruhande rwa As Kigali.

Police Fc yaje kwishyurirwa na Bigirimana Abedi ku mupira wari uvuye kwa Hakizimana Muhadjiri aho n’igice cya mbere cyarangiye ari igitego 1-1.

Mu gice cya kabiri cyagaragayemo kwataka gukomeye, n’ubundi kumpande zombi, ariko igitego kigakomeza kubura aho byategereje iminota 71’ ngo rutahizamu wa Police FC Ani Elijah wari winjiye mu kibuga asimbuye yatsinze igitego ku mupira yari ahawe na Didier.

Ku rundi ruhande mu karere ka Huye, haberaga umukino wahuzaga ikipe ya Mukura VS ndetse n’Amagaju FC.

Wari umukino mwiza wahuje aya makipe yombi akinira ku kibuga kimwe ndetse akaba aturuka mu Ntara imwe ari na cyo cyongereye ihangana hagati y’aya makipe yombi, ariko warangiye ikipe ya Mukura imaze iminsi yitwara neza itsinzwe ibitego 2-0, byatsinzwe na Dusane Jean Claude nna Masudi Narcisse.

Umukino usigaye mu mikino ibanza ya 1/4, uteganyijwe kuri uyu wa Kane, ubwo Gasogi United iba yakira APR FC saa 18h00.

Police yatsinze As Kigali mu mukino ufungura 1/4 cy’icy’Amahoro
Abedi yafashije Rayo Kwishyura nubwo habayeho kunganya

J.Claude KANYIZO& Ephrem KAYIRANGA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × two =

Previous Post

La France en RD Congo

Next Post

Ibyibanzweho mu biganiro Umugaba Mukuru w’Ingabo za Jordan yagiranye n’Ubuyobozi bwa RDF

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyibanzweho mu biganiro Umugaba Mukuru w’Ingabo za Jordan yagiranye n’Ubuyobozi bwa RDF

Ibyibanzweho mu biganiro Umugaba Mukuru w’Ingabo za Jordan yagiranye n’Ubuyobozi bwa RDF

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.