Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Uko amakipe yitwaye yinjira muri 1/4 cy’Igikombe cy’Amahahoro habayemo no gutungurana

radiotv10by radiotv10
27/02/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Uko amakipe yitwaye yinjira muri 1/4 cy’Igikombe cy’Amahahoro habayemo no gutungurana
Share on FacebookShare on Twitter

Imikino ya 1/4 cy’Igikombe cy’Amahoro yatangiriye ku yahuje amakipe arimo Rayon Sports yahuye na Gorilla FC, warangiye amakipe anganya, mu gihe Amagaju FC na yo yatsinze Mukura imaze iminsi yihagararaho imbere y’amakipe akomeye.

Ni imikino yabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 26 Gashyantare 2025, aho Rayon Sports yari yakiriye Gorilla FC yayibanje ibitego bibiri byatsinzwe na Landry Ndikumana na Nsanzimfura Keddy.

Ni mu gihe ikipe ya Rayon Sports FC yishyurirwa na Biramahire Abedy watsinze ibitego bibiri byombi

Kuri uyu wa Gatatu kandi habaye umukino wahuje Police FC na As Kigali, warangiye iyi kipe ya Polisi y’u Rwanda ibonye intsinzi y’ibitego bibiri kuri kimwe.

As Kigali ni yo yabanje igitego cya Emmanuel Okwi ku makosa y’umunyezamu Niyongira Patience, Police FC yishyurirwa na Bigirimana Abedi, mu gihe Elijah yatsinda igitego cya kabiri.

Uyu mukino watangiranye imbaraga nyinshi ku mpande zombi aho ku munota wa 9’ gusa Emmanuel Okwi yafunguye amazamu ku ruhande rwa As Kigali.

Police Fc yaje kwishyurirwa na Bigirimana Abedi ku mupira wari uvuye kwa Hakizimana Muhadjiri aho n’igice cya mbere cyarangiye ari igitego 1-1.

Mu gice cya kabiri cyagaragayemo kwataka gukomeye, n’ubundi kumpande zombi, ariko igitego kigakomeza kubura aho byategereje iminota 71’ ngo rutahizamu wa Police FC Ani Elijah wari winjiye mu kibuga asimbuye yatsinze igitego ku mupira yari ahawe na Didier.

Ku rundi ruhande mu karere ka Huye, haberaga umukino wahuzaga ikipe ya Mukura VS ndetse n’Amagaju FC.

Wari umukino mwiza wahuje aya makipe yombi akinira ku kibuga kimwe ndetse akaba aturuka mu Ntara imwe ari na cyo cyongereye ihangana hagati y’aya makipe yombi, ariko warangiye ikipe ya Mukura imaze iminsi yitwara neza itsinzwe ibitego 2-0, byatsinzwe na Dusane Jean Claude nna Masudi Narcisse.

Umukino usigaye mu mikino ibanza ya 1/4, uteganyijwe kuri uyu wa Kane, ubwo Gasogi United iba yakira APR FC saa 18h00.

Police yatsinze As Kigali mu mukino ufungura 1/4 cy’icy’Amahoro
Abedi yafashije Rayo Kwishyura nubwo habayeho kunganya

J.Claude KANYIZO& Ephrem KAYIRANGA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + 9 =

Previous Post

La France en RD Congo

Next Post

Ibyibanzweho mu biganiro Umugaba Mukuru w’Ingabo za Jordan yagiranye n’Ubuyobozi bwa RDF

Related Posts

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon Sports yatangaje ko yatandukanye na rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, wari umwe mu bakinnyi bafatwaga nk’ahazaza ha Gikundiro, nyuma y’imyaka...

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

by radiotv10
23/01/2026
0

Ikipe ya Police FC yemeje ko yasinyishije abakinnyi bane, barimo Rudasingwa Prince na Nshimirimana Ismail Pitchou wanyuze mu makipe ya...

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

by radiotv10
22/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo n'Imyidagaduro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Didier Budimbu, yashyikirije igihembo cy’imodoka nshyashya yo mu bwoko bwa...

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

by radiotv10
22/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe ya Rayon Sports bwemeje ko bwatandukanye n'Umutoza Wungirije, Haruna Ferouz ku bwumvikane bw’impande zombi, nyuma yuko bivuzwe ko...

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

by radiotv10
21/01/2026
0

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah yahumurije abakunzi b’iyi kipe bamaze kwiheba ko batakiri mu makipe ahatanira igikombe cya...

IZIHERUKA

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026
AMAHANGA

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyibanzweho mu biganiro Umugaba Mukuru w’Ingabo za Jordan yagiranye n’Ubuyobozi bwa RDF

Ibyibanzweho mu biganiro Umugaba Mukuru w’Ingabo za Jordan yagiranye n’Ubuyobozi bwa RDF

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.