Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Uko amakipe yitwaye yinjira muri 1/4 cy’Igikombe cy’Amahahoro habayemo no gutungurana

radiotv10by radiotv10
27/02/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Uko amakipe yitwaye yinjira muri 1/4 cy’Igikombe cy’Amahahoro habayemo no gutungurana
Share on FacebookShare on Twitter

Imikino ya 1/4 cy’Igikombe cy’Amahoro yatangiriye ku yahuje amakipe arimo Rayon Sports yahuye na Gorilla FC, warangiye amakipe anganya, mu gihe Amagaju FC na yo yatsinze Mukura imaze iminsi yihagararaho imbere y’amakipe akomeye.

Ni imikino yabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 26 Gashyantare 2025, aho Rayon Sports yari yakiriye Gorilla FC yayibanje ibitego bibiri byatsinzwe na Landry Ndikumana na Nsanzimfura Keddy.

Ni mu gihe ikipe ya Rayon Sports FC yishyurirwa na Biramahire Abedy watsinze ibitego bibiri byombi

Kuri uyu wa Gatatu kandi habaye umukino wahuje Police FC na As Kigali, warangiye iyi kipe ya Polisi y’u Rwanda ibonye intsinzi y’ibitego bibiri kuri kimwe.

As Kigali ni yo yabanje igitego cya Emmanuel Okwi ku makosa y’umunyezamu Niyongira Patience, Police FC yishyurirwa na Bigirimana Abedi, mu gihe Elijah yatsinda igitego cya kabiri.

Uyu mukino watangiranye imbaraga nyinshi ku mpande zombi aho ku munota wa 9’ gusa Emmanuel Okwi yafunguye amazamu ku ruhande rwa As Kigali.

Police Fc yaje kwishyurirwa na Bigirimana Abedi ku mupira wari uvuye kwa Hakizimana Muhadjiri aho n’igice cya mbere cyarangiye ari igitego 1-1.

Mu gice cya kabiri cyagaragayemo kwataka gukomeye, n’ubundi kumpande zombi, ariko igitego kigakomeza kubura aho byategereje iminota 71’ ngo rutahizamu wa Police FC Ani Elijah wari winjiye mu kibuga asimbuye yatsinze igitego ku mupira yari ahawe na Didier.

Ku rundi ruhande mu karere ka Huye, haberaga umukino wahuzaga ikipe ya Mukura VS ndetse n’Amagaju FC.

Wari umukino mwiza wahuje aya makipe yombi akinira ku kibuga kimwe ndetse akaba aturuka mu Ntara imwe ari na cyo cyongereye ihangana hagati y’aya makipe yombi, ariko warangiye ikipe ya Mukura imaze iminsi yitwara neza itsinzwe ibitego 2-0, byatsinzwe na Dusane Jean Claude nna Masudi Narcisse.

Umukino usigaye mu mikino ibanza ya 1/4, uteganyijwe kuri uyu wa Kane, ubwo Gasogi United iba yakira APR FC saa 18h00.

Police yatsinze As Kigali mu mukino ufungura 1/4 cy’icy’Amahoro
Abedi yafashije Rayo Kwishyura nubwo habayeho kunganya

J.Claude KANYIZO& Ephrem KAYIRANGA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 3 =

Previous Post

La France en RD Congo

Next Post

Ibyibanzweho mu biganiro Umugaba Mukuru w’Ingabo za Jordan yagiranye n’Ubuyobozi bwa RDF

Related Posts

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Nyuma y’imyitozo ya nyuma bitegura umukino wa nyuma w’Igikombe cya Super Cup, umutoza wa Rayon Sports, Bruno Ferry, yatangaje ko...

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

by radiotv10
09/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi yasuye abakinnyi b’ikipe ya APR FC, abibutsa ko intego yayo...

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

by radiotv10
09/01/2026
0

Imikino yo kwishyura ya shampiyona y’icyiciro cya mbere muri volleyball mu bagabo no mu bagore iratangira kuri uyu wa Gatanu...

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

by radiotv10
09/01/2026
0

Michel Kuka Mboladinga, umufana wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika ubwo yafanaga ikipe y’Igihugu ya DRC mu buryo bwihariye yigaragaza...

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

by radiotv10
08/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru muri Algeria ryasabye imbabazi Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) nyuma y’ikimenyetso cyakozwe n’umwe mu bakinnyi b’ikipe...

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyibanzweho mu biganiro Umugaba Mukuru w’Ingabo za Jordan yagiranye n’Ubuyobozi bwa RDF

Ibyibanzweho mu biganiro Umugaba Mukuru w’Ingabo za Jordan yagiranye n’Ubuyobozi bwa RDF

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.