Thursday, August 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Uko byari byifashe ubwo Yanga SC yambariye guhura na Rayon yasesekaraga i Kigali

radiotv10by radiotv10
14/08/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Uko byari byifashe ubwo Yanga SC yambariye guhura na Rayon yasesekaraga i Kigali
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya Yanga SC yo muri Tanzania, yageze mu Rwanda, aho ije gukina umukino wa gicuti na Rayon Sports ku munsi w’ibirori by’iyi kipe yo mu Rwanda bizwi nka Rayon Day.

Rayon Day izwi nk’Umunsi w’igikundiro, ni umunsi ngarukamwaka wa Rayon Sports, aho iyi kipe ikora ibirori byo kwerekana abakinnyi izakoresha umwaka wose w’imikino.

Ibi birori biba birimo umukino wa gicuti, abahanzi n’ibindi byo gushimisha abakunzi n’abafana b’iyi kipe ya bakunze kwita Gikundiro.

Ibirori by’uyu mwaka biri kuri uyu Gatanu takiki 15 Kanama 2025 kuri Sitade Amahoro, bizarangwa n’ibikorwa birimo umukino uzahuza Rayon na Yanga SC yo muri Tanzania.

Yanga SC yageze i Kigali ahagana saa 18h40 za Kigali zo kuri uyu wa Gatatu taliki 13 Kanama 2025. Ubwo yageraga ku kibuga cy’Indege, yakirirwe n’abanyamakuru barenga 40 ndetse na bamwe mu bafana ba Rayon Sports, ku buryo Police y’u Rwanda yahise ibwira abazanye n’iyi kipe guhita burira imodoka mu rwego rwo kwirinda umuvundo ku kibuga cy’indege.

Abazanye n’iyi kipe Yanga yaje iyobowe na Perezida wayo Ir Hersi, wazanye n’abakinnyi n’abatoza n’abandi babarirwaga muri 29. Baje bahasanga abandi 11 barimo umuvugizi w’iyi kipe Ally Kamwe , bahageze mu minsi yabanje.

Usibye aba 40, biteganijwe ko abafana ba Yanga bazakoresha inzira y’ubutaka, bakaza n’imodoka zizinjirira ku mupaka wa Rusumo.

Kuri uyu wa Kane tariki 14 Kanama saa 9h30, Yanga izasura urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi.

Nyuma hazaba ikiganiro n’itangazamakuru kizitabirwa na kapiteni wa Yanga ndetse n’umutoza, nyuma y’aho ikorere imyitozo ku kibuga cy’imyitozo cya Sitade Amahoro.

Mu bindi bikorwa bya Yanga bitarimo umukino wa gicuti, biteganyijwe ko kuri uyu wa Kane isura umudugudu wubakiwe abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, hagatangwa n’inkunga.

Umwaka ushize wa 2024, ku munsi w’Igikundiro, Rayon Sports FC yari yakinnye na Azam FC na yo yo muri Tanzania mu birori byabereye kuri Sitade ya Kigali i Nyamirambo.

Rayon Day yo ku wa Gatanu tariki15 Kanama ni yo ya mbere izaba ibereye muri Sitade Amahoro ivuguruye.

Rayon Sports FC izahagararira u Rwanda mu mikino ya CAF Confederation cup aho izahura na Singida Black Stars na yo yo muri Tanzania.

Mukeba wayo APR FC izahagararira u Rwanda mu mikino ya CAF Champions League, na yo yateguye ibirori byiswe ‘Inkera y’Abahizi’ izahuriramo n’amakipe arimo Azam FC (Tanzania), Vipers FC (Uganda), Police FC na As Kigali zo mu Rwanda.

Ku cyumweru taliki 19 Kanama 2025, APR FC izakina na Power Dynamos yo muri Zambia mu mukino wa gicuti uzabera kuri Sitade Amahoro.

Ni mu gihe APR FC izahura na Pyramids mu mikino ya CAF Champions League.

Rayon Sports FC na APR FC zirahiga kugera mu matsinda y’iyi mikino ya CAF, agahigo gafitwe na Rayon Sports FC nk’ikipe rukumbi yo muri Rwanda yakagezeho, ariko na byo biba inshuro imwe gusa.

Perezida wa Rayon yagiye kwakira Yanga

Ephrem KAYIRANGA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − seven =

Previous Post

Amashuri azafungwa n’abakozi bakorere mu rugo-Ibiteganyijwe ubwo i Kigali hazaba habera irushanwa ry’Isi mu magare

Next Post

Ubutumwa bwa nyuma Antoine Anfré yanditse nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda

Related Posts

Bidasubirwaho hemejwe kandidatire y’ushobora kuyobora FERWAFA nyuma y’impaka zabanje

Bidasubirwaho hemejwe kandidatire y’ushobora kuyobora FERWAFA nyuma y’impaka zabanje

by radiotv10
12/08/2025
0

Komisiyo ishinzwe Amatora mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), yemeje kandidatire ya Shema Ngoga Fabrice n’itsinda ry’abo bari kumwe...

Umutoza Seninga watandukanye bitunguranye n’ikipe yari yatangiyemo akazi yabonye indi hanze y’u Rwanda

Umutoza Seninga watandukanye bitunguranye n’ikipe yari yatangiyemo akazi yabonye indi hanze y’u Rwanda

by radiotv10
11/08/2025
0

Nyuma yo gutandukana na Etincelles FC yari yatangiyemo akazi, umutoza Innocent Seninga ku nshuro ya kabiri yerekeje muri Djibouti asinyira...

Icyizere Umutoza wa APR aha abafana ku mukino wa mbere w’ishiraniro azahuramo na Rayon

Icyizere Umutoza wa APR aha abafana ku mukino wa mbere w’ishiraniro azahuramo na Rayon

by radiotv10
08/08/2025
0

Umutoza wa APR FC, Abderrahim Talib yongeye kwibutsa abakunzi b'iyi kipe ko badakwiye guterwa ubwoba na Rayon Sports mu mukino...

Kinshasa yatoranyijwe kwakira Inteko rusange ya CAF

Kinshasa yatoranyijwe kwakira Inteko rusange ya CAF

by radiotv10
07/08/2025
0

Umujyi wa Kinshasa, umurwa mukuru wa Repubulika Ndemokarasi ya Congo, watoranyijwe kuzakira Inama y’inteko rusange isanzwe ya 47 y’Impuzamashyirahamwe y’Umupira...

Jules Karangwa wabaye umunyamakuru yahawe inshingano zikomeye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

Jules Karangwa wabaye umunyamakuru yahawe inshingano zikomeye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

by radiotv10
07/08/2025
0

Jules Karangwa wigeze gukora umwuga w’itangazamakuru nk’umunyamakuru w’ibiganiro bya Siporo, yagizwe Umuyobozi Mukuru w’Urwego rukurikirana Shampiyona y’Umupira w’Amaguru mu Rwanda...

IZIHERUKA

U Bufaransa bwahaye u Rwanda Miliyari 30Frw y’imishinga yumvikanyweho ubwo Macron yari i Kigali
MU RWANDA

Ubutumwa bwa nyuma Antoine Anfré yanditse nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda

by radiotv10
14/08/2025
0

Uko byari byifashe ubwo Yanga SC yambariye guhura na Rayon yasesekaraga i Kigali

Uko byari byifashe ubwo Yanga SC yambariye guhura na Rayon yasesekaraga i Kigali

14/08/2025
Amashuri azafungwa n’abakozi bakorere mu rugo-Ibiteganyijwe ubwo i Kigali hazaba habera irushanwa ry’Isi mu magare

Amashuri azafungwa n’abakozi bakorere mu rugo-Ibiteganyijwe ubwo i Kigali hazaba habera irushanwa ry’Isi mu magare

13/08/2025
Gen.Muhoozi yongeye gushimangira ko UPDF na RDF ari abavandimwe anahishura gahunda bafitanye

Gen.Muhoozi yongeye gushimangira ko UPDF na RDF ari abavandimwe anahishura gahunda bafitanye

13/08/2025
Agezweho: Icyatumye urubanza rw’abarimo Abofisiye ba RDF na RCS n’abanyamakuru batatu rushyirwa mu muhezo

Agezweho: Icyatumye urubanza rw’abarimo Abofisiye ba RDF na RCS n’abanyamakuru batatu rushyirwa mu muhezo

13/08/2025
Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

14/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Bufaransa bwahaye u Rwanda Miliyari 30Frw y’imishinga yumvikanyweho ubwo Macron yari i Kigali

Ubutumwa bwa nyuma Antoine Anfré yanditse nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa bwa nyuma Antoine Anfré yanditse nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda

Uko byari byifashe ubwo Yanga SC yambariye guhura na Rayon yasesekaraga i Kigali

Amashuri azafungwa n’abakozi bakorere mu rugo-Ibiteganyijwe ubwo i Kigali hazaba habera irushanwa ry’Isi mu magare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.