Thursday, December 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uko byifashe hagati ya M23 na FARDC

radiotv10by radiotv10
13/02/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
FARDC yavuze icyo igiye gukora nyuma y’urupfu rw’Umujenerali wayo wivuganywe na M23
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 wafashe agace ka Kalehe Centre kanabarizwamo ibiro Bikuru bya Teritwari ya Kalehe muri Kivu y’Epfo, nyuma y’imirwano yamaze amasaha 48 hagati y’uyu mutwe n’uruhande bahanganye rwa FARDC n’abayifasha.

Amakuru aturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo dukesha Ibinyamakuru byo muri iki Gihugu nka ACTUALITE.CD, avuga ko aka gace ka Kalehe Centre kafashwe na M23 kuri uyu wa Gatatu tariki 12 Gashyantare 2025.

Iki gitangazamakuru kibogamira ku butegetsi bwa Kinshasa, gitangaza ko uyu mutwe wa M23 wafashe aka gace nyuma yo kurenga ku gahenge ko guhagarika imirwano kemejwe na EAC na SADC, ukagaba ibitero ku birindiro by’abasirikare ba FARDC biri ahitwa Ihusi.

Iki kinyamakuru kivuga ko nyuma yuko M23 igabye ibyo bitero, habayeho imirwano ikarishye yamaze amasaha 48, ikanasiga umutwe wa M23 wigaruriye ako gace ka Kalehe Centre.

Iki kinyamakuru kandi kivuga ko kuri uyu wa Kabiri, nanone abarwanyi ba M23 bagabye ibitero ku birindiro bya FARDC biri mu gace ka Muhwagwerhe mu kilometero kimwe uvuye Ihusi mu Ntara ya Kivu y’Epfo.

Ni mu gihe umutwe wa M23 ari wo witangarije ubwawo ko utanze agahenge ko kuba uhagaritse imirwano nyuma yuko ufashe umujyi wa Goma muri Kivu ya Ruguru.

Mu matangazo uyu mutwe umaze iminsi ushyia hanze, wakomeje kwamagana ibikorwa by’urugomo n’iby’ubwicanyi biri gukorwa n’uruhande bahanganye bakorera abaturage mu bice byo muri Kivu y’Epfo byumwihariko mu Mujyi wa Bukavu, ndetse ukavuga ko udashobora gukomeza kubirebera.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + eight =

Previous Post

Menya icyatumye urubanza rwa Musenyeri Mugisha ruburanishwa bundi bushya rwari rugeze igihe cy’isomwa

Next Post

Umuhanzi uherutse gutangaza ibyo gutandukana n’umugore we aravugwaho urukundo rwateje impaka

Related Posts

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Muri Nigeria, igisasu cyaturikiye mu musigiti uherereye mu mujyi wa Maiduguri, muri Leta ya Borno, gihitana abantu batanu, abandi 35...

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

by radiotv10
25/12/2025
0

Umusirikare ufite ipeti rya Lieutenant Colonel mu gisirikare cy’u Burundi uherutse kurasirwa ku rugamba rwo guhangana na AFC/M23, byamenyekanye ko...

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

by radiotv10
23/12/2025
0

Guverineri wa Leta ya Niger muri Nigeria yayoboye umuhango wo kwakira abana 130 n’abarimu bari barashimuswe n’abitwaje intwaro, nyuma yo...

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

Abapolisi b’igipolisi cy’Ihuriro AFC/M23 cyagaragaye mu Mujyi wa Goma muri Kivu ya Ruguru, bari guhosha imyigaragambyo y’abaturage basaba ko iri...

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

by radiotv10
22/12/2025
0

Mu Mujyi wa Goma mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, haramukiye imyigaragambyo yitabiriwe n’Abanyekongo benshi, bamagana MONUSCO yongerewe igihe, ndetse...

IZIHERUKA

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye
FOOTBALL

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

by radiotv10
25/12/2025
0

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

25/12/2025
Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi uherutse gutangaza ibyo gutandukana n’umugore we aravugwaho urukundo rwateje impaka

Umuhanzi uherutse gutangaza ibyo gutandukana n’umugore we aravugwaho urukundo rwateje impaka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.