Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uko byifashe hagati ya M23 na FARDC

radiotv10by radiotv10
13/02/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
FARDC yavuze icyo igiye gukora nyuma y’urupfu rw’Umujenerali wayo wivuganywe na M23
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 wafashe agace ka Kalehe Centre kanabarizwamo ibiro Bikuru bya Teritwari ya Kalehe muri Kivu y’Epfo, nyuma y’imirwano yamaze amasaha 48 hagati y’uyu mutwe n’uruhande bahanganye rwa FARDC n’abayifasha.

Amakuru aturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo dukesha Ibinyamakuru byo muri iki Gihugu nka ACTUALITE.CD, avuga ko aka gace ka Kalehe Centre kafashwe na M23 kuri uyu wa Gatatu tariki 12 Gashyantare 2025.

Iki gitangazamakuru kibogamira ku butegetsi bwa Kinshasa, gitangaza ko uyu mutwe wa M23 wafashe aka gace nyuma yo kurenga ku gahenge ko guhagarika imirwano kemejwe na EAC na SADC, ukagaba ibitero ku birindiro by’abasirikare ba FARDC biri ahitwa Ihusi.

Iki kinyamakuru kivuga ko nyuma yuko M23 igabye ibyo bitero, habayeho imirwano ikarishye yamaze amasaha 48, ikanasiga umutwe wa M23 wigaruriye ako gace ka Kalehe Centre.

Iki kinyamakuru kandi kivuga ko kuri uyu wa Kabiri, nanone abarwanyi ba M23 bagabye ibitero ku birindiro bya FARDC biri mu gace ka Muhwagwerhe mu kilometero kimwe uvuye Ihusi mu Ntara ya Kivu y’Epfo.

Ni mu gihe umutwe wa M23 ari wo witangarije ubwawo ko utanze agahenge ko kuba uhagaritse imirwano nyuma yuko ufashe umujyi wa Goma muri Kivu ya Ruguru.

Mu matangazo uyu mutwe umaze iminsi ushyia hanze, wakomeje kwamagana ibikorwa by’urugomo n’iby’ubwicanyi biri gukorwa n’uruhande bahanganye bakorera abaturage mu bice byo muri Kivu y’Epfo byumwihariko mu Mujyi wa Bukavu, ndetse ukavuga ko udashobora gukomeza kubirebera.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 4 =

Previous Post

Menya icyatumye urubanza rwa Musenyeri Mugisha ruburanishwa bundi bushya rwari rugeze igihe cy’isomwa

Next Post

Umuhanzi uherutse gutangaza ibyo gutandukana n’umugore we aravugwaho urukundo rwateje impaka

Related Posts

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

by radiotv10
05/01/2026
0

Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe wagaragaje ko ibyakozwe na Leta Zunze Ubumwe za America, byo kujya gufata Perezida wa Venezuela...

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

“Ni igitero cy’iterabwoba”, “ni uguhonyora amategeko mpuzamahanga”, “ni ubushotoranyi buteye impungenge”… Ni bumwe mu butumwa bukomeje gutangwa na bimwe mu...

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

by radiotv10
02/01/2026
0

Evans Eshun, uzwi ku izina rya Ebo Noah, wiyita umuhanuzi wo muri Ghana, yatawe muri yombi na Polisi y’iki Gihugu...

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

by radiotv10
01/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, mu ijambo rye risoza umwaka, yongeye gushinja u Rwanda ibinyoma ko rufite uruhare mu bibazo...

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

IZIHERUKA

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe
AMAHANGA

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

by radiotv10
05/01/2026
0

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

04/01/2026
Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi uherutse gutangaza ibyo gutandukana n’umugore we aravugwaho urukundo rwateje impaka

Umuhanzi uherutse gutangaza ibyo gutandukana n’umugore we aravugwaho urukundo rwateje impaka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.