Thursday, November 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko byifashe ku mupaka w’u Rwanda na Congo nyuma yuko M23 ubu irinze hakurya

radiotv10by radiotv10
29/01/2025
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Uko byifashe ku mupaka w’u Rwanda na Congo nyuma yuko M23 ubu irinze hakurya
Share on FacebookShare on Twitter

Ku mupaka uhuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, hakurya i Goma no hakuno mu Karere ka Rubavu; ubu haratuje nyuma y’iminsi humvikana urusaku rw’amasasu hakurya i Goma, mu mirwano ihanganishije FARDC na M23, aho ubu nta n’isasu na rimwe ryumvikanye.

Ni nyuma y’iminsi ibiri yabanye miremire abatuye Umujyi wa Goma n’uwa Gisenyi, kubera imirwano ikarishye yari ihanganishije umutwe wa M23 na FARDC, aho uyu mutwe wamaze kubohoza uyu Mujyi ufatwa nk’umurwa Mukuru w’Intara ya Kivu ya Ruguru.

Ibintu byarushijeho kuba bibi mu rukerera rwo ku wa Mbere tariki 27 Mutarama 2025 ubwo umutwe wa M23 wakuraga uruhande bahanganye mu mujyi wa Goma, ahumvikanye amasasu menshi yaba ay’imbunda za rutura ndetse n’izoroheje.

Amwe mu masasu yarashwe n’Igisirikare cya Congo (FARDC) gifatanyije na FDLR, yageze mu Rwanda ndetse anahitana ubuzima bw’Abanyarwanda icyenda (9) anakomeretsa abandi benshi mu Karere ka Rubavu.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Mutarama 2025, muri uyu Mujyi wa Rubavu, harumvikana ituze, aho kuva mu gitondo cya none nta sasu na rimwe ryigeze ryumvikana.

Umunyamakuru wa RADIOTV10, Ntambara Garleon uri muri aka Karere ka Rubavu, aravuga ko urusaku rw’amasasu rwatangiye gucogora kuva ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri, ndetse ku buryo kugeza mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu “nta sasu na rimwe rirumvikana.”

Ibi byatumye abaturage bo muri aka Karere noneho babyuka neza, bajya mu mirimo yabo nk’uko bisanzwe, ndetse ibikorwa byari byahungabanye kubera imirwano yari hakurya, ubu bikaba biri gukora neza.

Umunyamakuru wacu kandi yagiye ku Mupaka munini uhuza u Rwanda na DRC, uzwi nka Grande Barriere, ahakiriwe abantu 40 barimo abakozi ba Banki y’Isi n’imiryango yabo bari bahungiye ku Ngabo ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye (MONUSCO) zabashyikirije inzego z’umutekano z’u Rwanda, zabakiririye kuri uyu mupaka.

Amakuru ava i Goma kandi, avuga ko na ho ubu hari umutuzo, nyuma yuko umutwe wa M23 wamaze gufata uyu mujyi wose, ndetse ukaba ari wo uri kugenzura imipaka ihuza iki Gihugu cya DRC n’u Rwanda.

Gusa amakuru avuga ko uyu mutwe uri kugenda ushakisha bamwe mu barwanyi b’uruhande bahanganye bakihishe mu bice bimwe na bimwe, kugira ngo abaturage bicare batuje.

Ku mupaka uhuza u Rwanda na Congo kandi, hari kugaragara Abanyekongo bari gusubira iwabo nyuma yo kumva ko imirwano yarangiye ndetse n’amahoro akaba ahinda iwabo

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu kandi, hategerejwe bamwe mu barwanyi b’Abancuro b’Abanyaburayi na bo bari bishyikirije ingabo za MONUSCO, na bo bakaba bagiye gushyikirizwa u Rwanda.

Inzego z’umutekano z’u Rwanda zitegereje abakirwa

Abantu 40 barimo abakozi ba World Bank bakiriwe mu Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 5 =

Previous Post

Uko abaturage b’Ibihugu bitatu muri Afurika bishimiye kuba byikuye mu Muryango umwe bikishingira uwabyo

Next Post

BREAKING: Abarwanyi b’Abacancuro b’Abanyaburari bakabakaba 250 bafashaga FARDC bashyikirijwe u Rwanda

Related Posts

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

by radiotv10
27/11/2025
0

The scheduled period for collecting information and photographing residents of Huye, Gisagara, and Nyanza districts in the Southern Province for...

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

by radiotv10
27/11/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ryasubitse urubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo Ishimwe Patrick na Kalisa John bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

by radiotv10
27/11/2025
0

A group of former Israel Defense Forces (IDF) soldiers, including those who were injured in combat, are on a visit...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

by radiotv10
27/11/2025
0

Abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba bari mu ruzinduko mu Rwanda, bakinnye n’ikipe y’Igihugu...

Perezida Kagame yishimiye intsinzi y’ikipe ya Arsenal asanzwe akunda

Perezida Kagame yishimiye intsinzi y’ikipe ya Arsenal asanzwe akunda

by radiotv10
27/11/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yishimiye intsinzi y’ikipe ya Arsenal FC yatsinze Bayern Munich ibitego 3-1 mu mukino w'Irushanwa ry'i...

IZIHERUKA

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

by radiotv10
27/11/2025
0

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

27/11/2025
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

27/11/2025
Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

27/11/2025
Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

27/11/2025
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Abarwanyi b’Abacancuro b’Abanyaburari bakabakaba 250 bafashaga FARDC bashyikirijwe u Rwanda

BREAKING: Abarwanyi b'Abacancuro b’Abanyaburari bakabakaba 250 bafashaga FARDC bashyikirijwe u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.