Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko byifashe ku mupaka w’u Rwanda na Congo nyuma yuko M23 ubu irinze hakurya

radiotv10by radiotv10
29/01/2025
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Uko byifashe ku mupaka w’u Rwanda na Congo nyuma yuko M23 ubu irinze hakurya
Share on FacebookShare on Twitter

Ku mupaka uhuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, hakurya i Goma no hakuno mu Karere ka Rubavu; ubu haratuje nyuma y’iminsi humvikana urusaku rw’amasasu hakurya i Goma, mu mirwano ihanganishije FARDC na M23, aho ubu nta n’isasu na rimwe ryumvikanye.

Ni nyuma y’iminsi ibiri yabanye miremire abatuye Umujyi wa Goma n’uwa Gisenyi, kubera imirwano ikarishye yari ihanganishije umutwe wa M23 na FARDC, aho uyu mutwe wamaze kubohoza uyu Mujyi ufatwa nk’umurwa Mukuru w’Intara ya Kivu ya Ruguru.

Ibintu byarushijeho kuba bibi mu rukerera rwo ku wa Mbere tariki 27 Mutarama 2025 ubwo umutwe wa M23 wakuraga uruhande bahanganye mu mujyi wa Goma, ahumvikanye amasasu menshi yaba ay’imbunda za rutura ndetse n’izoroheje.

Amwe mu masasu yarashwe n’Igisirikare cya Congo (FARDC) gifatanyije na FDLR, yageze mu Rwanda ndetse anahitana ubuzima bw’Abanyarwanda icyenda (9) anakomeretsa abandi benshi mu Karere ka Rubavu.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Mutarama 2025, muri uyu Mujyi wa Rubavu, harumvikana ituze, aho kuva mu gitondo cya none nta sasu na rimwe ryigeze ryumvikana.

Umunyamakuru wa RADIOTV10, Ntambara Garleon uri muri aka Karere ka Rubavu, aravuga ko urusaku rw’amasasu rwatangiye gucogora kuva ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri, ndetse ku buryo kugeza mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu “nta sasu na rimwe rirumvikana.”

Ibi byatumye abaturage bo muri aka Karere noneho babyuka neza, bajya mu mirimo yabo nk’uko bisanzwe, ndetse ibikorwa byari byahungabanye kubera imirwano yari hakurya, ubu bikaba biri gukora neza.

Umunyamakuru wacu kandi yagiye ku Mupaka munini uhuza u Rwanda na DRC, uzwi nka Grande Barriere, ahakiriwe abantu 40 barimo abakozi ba Banki y’Isi n’imiryango yabo bari bahungiye ku Ngabo ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye (MONUSCO) zabashyikirije inzego z’umutekano z’u Rwanda, zabakiririye kuri uyu mupaka.

Amakuru ava i Goma kandi, avuga ko na ho ubu hari umutuzo, nyuma yuko umutwe wa M23 wamaze gufata uyu mujyi wose, ndetse ukaba ari wo uri kugenzura imipaka ihuza iki Gihugu cya DRC n’u Rwanda.

Gusa amakuru avuga ko uyu mutwe uri kugenda ushakisha bamwe mu barwanyi b’uruhande bahanganye bakihishe mu bice bimwe na bimwe, kugira ngo abaturage bicare batuje.

Ku mupaka uhuza u Rwanda na Congo kandi, hari kugaragara Abanyekongo bari gusubira iwabo nyuma yo kumva ko imirwano yarangiye ndetse n’amahoro akaba ahinda iwabo

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu kandi, hategerejwe bamwe mu barwanyi b’Abancuro b’Abanyaburayi na bo bari bishyikirije ingabo za MONUSCO, na bo bakaba bagiye gushyikirizwa u Rwanda.

Inzego z’umutekano z’u Rwanda zitegereje abakirwa

Abantu 40 barimo abakozi ba World Bank bakiriwe mu Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − seven =

Previous Post

Uko abaturage b’Ibihugu bitatu muri Afurika bishimiye kuba byikuye mu Muryango umwe bikishingira uwabyo

Next Post

BREAKING: Abarwanyi b’Abacancuro b’Abanyaburari bakabakaba 250 bafashaga FARDC bashyikirijwe u Rwanda

Related Posts

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

IZIHERUKA

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti
FOOTBALL

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

by radiotv10
20/01/2026
0

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

20/01/2026
Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

20/01/2026
Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

20/01/2026
How social media Is Changing the Meaning of Fame

How social media Is Changing the Meaning of Fame

20/01/2026
Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Abarwanyi b’Abacancuro b’Abanyaburari bakabakaba 250 bafashaga FARDC bashyikirijwe u Rwanda

BREAKING: Abarwanyi b'Abacancuro b’Abanyaburari bakabakaba 250 bafashaga FARDC bashyikirijwe u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.