Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko byifashe ku mupaka w’u Rwanda na Congo nyuma yuko M23 ubu irinze hakurya

radiotv10by radiotv10
29/01/2025
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Uko byifashe ku mupaka w’u Rwanda na Congo nyuma yuko M23 ubu irinze hakurya
Share on FacebookShare on Twitter

Ku mupaka uhuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, hakurya i Goma no hakuno mu Karere ka Rubavu; ubu haratuje nyuma y’iminsi humvikana urusaku rw’amasasu hakurya i Goma, mu mirwano ihanganishije FARDC na M23, aho ubu nta n’isasu na rimwe ryumvikanye.

Ni nyuma y’iminsi ibiri yabanye miremire abatuye Umujyi wa Goma n’uwa Gisenyi, kubera imirwano ikarishye yari ihanganishije umutwe wa M23 na FARDC, aho uyu mutwe wamaze kubohoza uyu Mujyi ufatwa nk’umurwa Mukuru w’Intara ya Kivu ya Ruguru.

Ibintu byarushijeho kuba bibi mu rukerera rwo ku wa Mbere tariki 27 Mutarama 2025 ubwo umutwe wa M23 wakuraga uruhande bahanganye mu mujyi wa Goma, ahumvikanye amasasu menshi yaba ay’imbunda za rutura ndetse n’izoroheje.

Amwe mu masasu yarashwe n’Igisirikare cya Congo (FARDC) gifatanyije na FDLR, yageze mu Rwanda ndetse anahitana ubuzima bw’Abanyarwanda icyenda (9) anakomeretsa abandi benshi mu Karere ka Rubavu.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Mutarama 2025, muri uyu Mujyi wa Rubavu, harumvikana ituze, aho kuva mu gitondo cya none nta sasu na rimwe ryigeze ryumvikana.

Umunyamakuru wa RADIOTV10, Ntambara Garleon uri muri aka Karere ka Rubavu, aravuga ko urusaku rw’amasasu rwatangiye gucogora kuva ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri, ndetse ku buryo kugeza mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu “nta sasu na rimwe rirumvikana.”

Ibi byatumye abaturage bo muri aka Karere noneho babyuka neza, bajya mu mirimo yabo nk’uko bisanzwe, ndetse ibikorwa byari byahungabanye kubera imirwano yari hakurya, ubu bikaba biri gukora neza.

Umunyamakuru wacu kandi yagiye ku Mupaka munini uhuza u Rwanda na DRC, uzwi nka Grande Barriere, ahakiriwe abantu 40 barimo abakozi ba Banki y’Isi n’imiryango yabo bari bahungiye ku Ngabo ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye (MONUSCO) zabashyikirije inzego z’umutekano z’u Rwanda, zabakiririye kuri uyu mupaka.

Amakuru ava i Goma kandi, avuga ko na ho ubu hari umutuzo, nyuma yuko umutwe wa M23 wamaze gufata uyu mujyi wose, ndetse ukaba ari wo uri kugenzura imipaka ihuza iki Gihugu cya DRC n’u Rwanda.

Gusa amakuru avuga ko uyu mutwe uri kugenda ushakisha bamwe mu barwanyi b’uruhande bahanganye bakihishe mu bice bimwe na bimwe, kugira ngo abaturage bicare batuje.

Ku mupaka uhuza u Rwanda na Congo kandi, hari kugaragara Abanyekongo bari gusubira iwabo nyuma yo kumva ko imirwano yarangiye ndetse n’amahoro akaba ahinda iwabo

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu kandi, hategerejwe bamwe mu barwanyi b’Abancuro b’Abanyaburayi na bo bari bishyikirije ingabo za MONUSCO, na bo bakaba bagiye gushyikirizwa u Rwanda.

Inzego z’umutekano z’u Rwanda zitegereje abakirwa

Abantu 40 barimo abakozi ba World Bank bakiriwe mu Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 3 =

Previous Post

Uko abaturage b’Ibihugu bitatu muri Afurika bishimiye kuba byikuye mu Muryango umwe bikishingira uwabyo

Next Post

BREAKING: Abarwanyi b’Abacancuro b’Abanyaburari bakabakaba 250 bafashaga FARDC bashyikirijwe u Rwanda

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Abarwanyi b’Abacancuro b’Abanyaburari bakabakaba 250 bafashaga FARDC bashyikirijwe u Rwanda

BREAKING: Abarwanyi b'Abacancuro b’Abanyaburari bakabakaba 250 bafashaga FARDC bashyikirijwe u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.