Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

radiotv10by radiotv10
16/12/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bo mu Mujyi wa Uvira, baramukiye mu gisa n’imyigaragambyo, nyuma yuko Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rigiye kuwurekura nyuma y’iminsi micye riwubohoje, aho bagaragaje ko batishimiye icyo cyemezo, basaba ko rihaguma.

Ni icyemezo cyatangajwe n’Ihuriro AFC/M23 mu itangazo ryagiye hanze mu ijoro rishyira kuri uyu wa Kabiri tariki 16 Ugushyingo 2025, rivuga ko iri Huriro ryemeye gukura ingabo zaryo muri uyu Mujyi wa Uvira nyuma yo kubisabwa n’ubuhuza bwa Leta Zunze Ubumwe za America.

Amakuru n’ubundi yatangajwe n’Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka avuga ko mu masaha y’agasusuruko ko kuri uyu wa Kabiri, “abaturage bo mu bice byose by’uyu mujyi wa Uvira, bagaragaje kwifatanya na AFC/M23.”

Amashusho yashyizwe hanze na Kanyuka, yerekana abaturage bo muri uyu Mujyi wa Uvira, baramukiye mu myigaragambyo basaba iri Huriro kutava muri uyu mujyi.

Abaturage bo mu Mujyi wa Uvira ntibashaka AFC/M23 ibasiga

Mu itangazo rya AFC/M23, iri Huriro ryavuze ko nubwo ryemeye kurekura uyu Mujyi wa Uvira ariko hari ingero z’ibyagiye biba ubwo ryarekuraga bimwe mu bice yabaga yabohoje, aho FARDC n’abambari bayo barimo Wazalendo, bahitaga babyigabiza bagahohotera abaturage, bityo ko yifuza ko ibi bitazongera ukundi.

Iri Huriro ryavuze ko hashyirwaho ingamba zigamije gukumira ko biriya bibazo byongera kuba, zirimo gushyiraho igisirikare cyihariye kidafite aho kibogamiye, kikarinda abaturage bo muri uyu mujyi, ndetse n’ibikorwa remezo biwurimo.

AFC/M23 ivuga ko yafashe iki cyemezo cyo gukura Ingabo zayo muri uyu mujyi wa Uvira, ishingiye ku biganiro iri Huriro riri kugirana n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kandi ko hari intambwe imaze guterwa irimo amasezerano yasinywe, kandi ko ryifuza kuyaha amahirwe kugira ngo abashe kugera ku muti urambye w’amakimbirane.

Umujyi wa Uvira wari wafashwe na AFC/M23 tariki 10 Ukuboza 2025, nyuma y’imirwano ikomeye yahanganishije ingabo z’iri Huriro n’uruhande rwa Leta ya Congo Kinshasa rwari rugizwe n’abiganjemo ingabo z’u Burundi, zabonye urugamba rukomeye, zigakizwa n’amaguru zigahungira mu Gihugu cyabo.

Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya gisirikare, Col Willy Ngoma imbere y’ibiro by’Umuyobozi wa Uvira nyuma yuko iri Huriro ryari rikimara gufata uyu Mujyi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + 16 =

Previous Post

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

Next Post

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Related Posts

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

by radiotv10
16/12/2025
0

Abasirikare b’u Burundi bari bakiri mu Ntara ya Kivu y’Epfo, nyuma yo gutsindwa n’abarwanyi ba AFC/M23, biravugwa ko batangiye gucyurwa...

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

by radiotv10
16/12/2025
0

Arikiyepisikopi wa Arikidiyoseze ya Kinshasa, Karidinali Fridolin Ambongo; yongeye kugira inama Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ko bukwiye...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

by radiotv10
16/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ryemeye gukura abasirikare baryo mu Mujyi wa...

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Eng.-The situation in Uvira after AFC/M23 announces its decision to withdraw

by radiotv10
16/12/2025
0

Residents of Uvira City took to the streets in form of protest after the AFC/M23 Coalition announced that it would...

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

by radiotv10
16/12/2025
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo (DRC), has announced that it has agreed...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23
AMAHANGA

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

by radiotv10
16/12/2025
0

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

16/12/2025
Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Eng.-The situation in Uvira after AFC/M23 announces its decision to withdraw

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.