Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

radiotv10by radiotv10
16/12/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bo mu Mujyi wa Uvira, baramukiye mu gisa n’imyigaragambyo, nyuma yuko Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rigiye kuwurekura nyuma y’iminsi micye riwubohoje, aho bagaragaje ko batishimiye icyo cyemezo, basaba ko rihaguma.

Ni icyemezo cyatangajwe n’Ihuriro AFC/M23 mu itangazo ryagiye hanze mu ijoro rishyira kuri uyu wa Kabiri tariki 16 Ugushyingo 2025, rivuga ko iri Huriro ryemeye gukura ingabo zaryo muri uyu Mujyi wa Uvira nyuma yo kubisabwa n’ubuhuza bwa Leta Zunze Ubumwe za America.

Amakuru n’ubundi yatangajwe n’Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka avuga ko mu masaha y’agasusuruko ko kuri uyu wa Kabiri, “abaturage bo mu bice byose by’uyu mujyi wa Uvira, bagaragaje kwifatanya na AFC/M23.”

Amashusho yashyizwe hanze na Kanyuka, yerekana abaturage bo muri uyu Mujyi wa Uvira, baramukiye mu myigaragambyo basaba iri Huriro kutava muri uyu mujyi.

Abaturage bo mu Mujyi wa Uvira ntibashaka AFC/M23 ibasiga

Mu itangazo rya AFC/M23, iri Huriro ryavuze ko nubwo ryemeye kurekura uyu Mujyi wa Uvira ariko hari ingero z’ibyagiye biba ubwo ryarekuraga bimwe mu bice yabaga yabohoje, aho FARDC n’abambari bayo barimo Wazalendo, bahitaga babyigabiza bagahohotera abaturage, bityo ko yifuza ko ibi bitazongera ukundi.

Iri Huriro ryavuze ko hashyirwaho ingamba zigamije gukumira ko biriya bibazo byongera kuba, zirimo gushyiraho igisirikare cyihariye kidafite aho kibogamiye, kikarinda abaturage bo muri uyu mujyi, ndetse n’ibikorwa remezo biwurimo.

AFC/M23 ivuga ko yafashe iki cyemezo cyo gukura Ingabo zayo muri uyu mujyi wa Uvira, ishingiye ku biganiro iri Huriro riri kugirana n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kandi ko hari intambwe imaze guterwa irimo amasezerano yasinywe, kandi ko ryifuza kuyaha amahirwe kugira ngo abashe kugera ku muti urambye w’amakimbirane.

Umujyi wa Uvira wari wafashwe na AFC/M23 tariki 10 Ukuboza 2025, nyuma y’imirwano ikomeye yahanganishije ingabo z’iri Huriro n’uruhande rwa Leta ya Congo Kinshasa rwari rugizwe n’abiganjemo ingabo z’u Burundi, zabonye urugamba rukomeye, zigakizwa n’amaguru zigahungira mu Gihugu cyabo.

Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya gisirikare, Col Willy Ngoma imbere y’ibiro by’Umuyobozi wa Uvira nyuma yuko iri Huriro ryari rikimara gufata uyu Mujyi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five − one =

Previous Post

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

Next Post

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Related Posts

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.