Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

radiotv10by radiotv10
16/12/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bo mu Mujyi wa Uvira, baramukiye mu gisa n’imyigaragambyo, nyuma yuko Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rigiye kuwurekura nyuma y’iminsi micye riwubohoje, aho bagaragaje ko batishimiye icyo cyemezo, basaba ko rihaguma.

Ni icyemezo cyatangajwe n’Ihuriro AFC/M23 mu itangazo ryagiye hanze mu ijoro rishyira kuri uyu wa Kabiri tariki 16 Ugushyingo 2025, rivuga ko iri Huriro ryemeye gukura ingabo zaryo muri uyu Mujyi wa Uvira nyuma yo kubisabwa n’ubuhuza bwa Leta Zunze Ubumwe za America.

Amakuru n’ubundi yatangajwe n’Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka avuga ko mu masaha y’agasusuruko ko kuri uyu wa Kabiri, “abaturage bo mu bice byose by’uyu mujyi wa Uvira, bagaragaje kwifatanya na AFC/M23.”

Amashusho yashyizwe hanze na Kanyuka, yerekana abaturage bo muri uyu Mujyi wa Uvira, baramukiye mu myigaragambyo basaba iri Huriro kutava muri uyu mujyi.

Abaturage bo mu Mujyi wa Uvira ntibashaka AFC/M23 ibasiga

Mu itangazo rya AFC/M23, iri Huriro ryavuze ko nubwo ryemeye kurekura uyu Mujyi wa Uvira ariko hari ingero z’ibyagiye biba ubwo ryarekuraga bimwe mu bice yabaga yabohoje, aho FARDC n’abambari bayo barimo Wazalendo, bahitaga babyigabiza bagahohotera abaturage, bityo ko yifuza ko ibi bitazongera ukundi.

Iri Huriro ryavuze ko hashyirwaho ingamba zigamije gukumira ko biriya bibazo byongera kuba, zirimo gushyiraho igisirikare cyihariye kidafite aho kibogamiye, kikarinda abaturage bo muri uyu mujyi, ndetse n’ibikorwa remezo biwurimo.

AFC/M23 ivuga ko yafashe iki cyemezo cyo gukura Ingabo zayo muri uyu mujyi wa Uvira, ishingiye ku biganiro iri Huriro riri kugirana n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kandi ko hari intambwe imaze guterwa irimo amasezerano yasinywe, kandi ko ryifuza kuyaha amahirwe kugira ngo abashe kugera ku muti urambye w’amakimbirane.

Umujyi wa Uvira wari wafashwe na AFC/M23 tariki 10 Ukuboza 2025, nyuma y’imirwano ikomeye yahanganishije ingabo z’iri Huriro n’uruhande rwa Leta ya Congo Kinshasa rwari rugizwe n’abiganjemo ingabo z’u Burundi, zabonye urugamba rukomeye, zigakizwa n’amaguru zigahungira mu Gihugu cyabo.

Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya gisirikare, Col Willy Ngoma imbere y’ibiro by’Umuyobozi wa Uvira nyuma yuko iri Huriro ryari rikimara gufata uyu Mujyi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 7 =

Previous Post

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

Next Post

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Related Posts

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana b’abanyeshuri mu bya politiki, nyuma yuko ribakoresheje imyiyerekano...

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

by radiotv10
16/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye kugaragaza ko uruhande bahanganye mu mirwano, rukomeje kurenga ku...

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

IZIHERUKA

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru
FOOTBALL

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.