Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uko byifashe muri Syria nyuma y’ihirikwa rya Perezida akanahunga n’icyihutiwe gukorwa

radiotv10by radiotv10
09/12/2024
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Uko byifashe muri Syria nyuma y’ihirikwa rya Perezida akanahunga n’icyihutiwe gukorwa
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Bashar al-Assad wari Perezia wa Syria ahiritswe ku butegetsi, ndetse agahungira mu Burusiya, ubu akaba yamaze guhabwa ubuhungiro, hahise hazamuka ikikango ko ububiko bw’intwaro z’ubumara bwagwa mu maboko y’abanzi bakaba bazikoresha mu koreka imbaga.

Ihirikwa rya Bashar al-Assad ryaje nyuma yuko umurwa Mukuru wa Syria, Damascus ufashwe, ndetse ibiro by’Umukuru w’Igihugu mu Burusiya-Kremlin bikaba byemeje ko byamaze kumuha ubuhungiro muri iki Gihugu, mu rwego rw’ubutabazi.

Umuvugizi wa Kremlin, Dmitry Peskov yavuze ko Perezida Vladimir Putin ubwe ari we wafashe icyemezo cyo guha ubuhungiro Assad n’umuryango we i Moscow.

Yagize ati “Perezida Assad wa Syria yageze i Moscow. U Burusiya bwamuhaye we n’umuryango we ubuhungiro mu rwego rw’ubutabazi.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burusiya kandi yatangaje ko Assad yabashije kuva mu biro bye, ndetse akanava mu Gihugu nyuma yuko habayeho ibiganiro n’abandi babifashijwemo “n’abarwanyi bazamuye imvururu” bakemera ko bahabwa ubutegetsi mu mahoro.

Kuri uyu wa Mbere, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Sa’ar; yatangaje ko hahise hihutirwa gushakisha ahantu hakekwa ko hari ububiko bw’intwaro z’ubumara muri Syria mu gihe hakomeje imvururu ziriyo.

Israel ivuga ko ibi byakozwe mu rwego rwo kwirinda ko hari ububiko bw’izi ntwaro bwagwa mu maboko y’abanzi, bakaba bakoresha izo ntwaro mu bikorwa bibi.

U Burusiya kandi busanzwe ari inshuti ya Assad bwanamufashije kuguma ku butegetsi, kuri uyu wa Mbere bwatangaje ko bwatangiye kugirana ibiganiro ku mutekano w’abaturage babwo bari muri Syria, nk’uko byemejwe n’ukuriye iperereza muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Sergei Naryshkin.

Kremlin kandi yatangaje ko hakiri kare kuvuga ku hazaza h’ibirindiro by’igisirikare cy’u Burusiya biri muri Syria, nyuma yuko abarwanyi bakuye ku butegetsi Bashar al-Assad, ndetse ko bigomba kuza mu ngingo z’ibanze zigomba kuganirwaho ku mategeko y’abazayobora Damascus.

U Burusiya busanzwe bufite muri Syria ikigo cya gisirikare gikomeye cya Hmeimim cy’Ingabo zirwanira mu kirere, kiri mu byatumaga iki Gihugu kigira ijambo.

Nanone kandi Umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga mu Budage, yavuze ko umutwe wa Hayat Tahrir al-Sham (HTS) wahiritse Perezida ku butegetsi, ugomba guhangwa amaso bitewe n’uburyo uzafata abasivile muri iki Gihugu cya Syria.

Yagize ati “Mu mezi macye ashize n’imyaka micye, HTS yashyize imbaraga mu kwitandukanya n’imyitwarire ya jihadist yibanda mu kubaka imitegekere ya gisivile. Nubwo izi ngamba zishobora gufatwa nk’izifite ishingiro ariko zizabonerwa mu buryo bazafata abasivile byumwihariko imiryango ya ba nyamuke iri mu bice igenzura.”

Mu butumwa bwaranzwe n’aba bahirise Assad, bavuze ko batazigera bategeka imyambarire y’agabore ishingiye ku myemerere, banasezeranya abantu kwishyira ukizana.

Ni mu gihe imyambarire yo gutegeka abagore uko bambara ndetse no gushyiraho ibihano bikarishye ku babirenzeho, byagiye bizamura impaka ndende.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + seven =

Previous Post

Hashyizwe hanze umubare w’abasirikare b’u Burundi bapfiriye muri Congo mu mezi abiri gusa

Next Post

BREAKING: Hatangajwe igihano cyakatiwe Umusirikare wishe abaturare batanu abarasiye mu kabari

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya ibihano byasabiwe Umusirikare ukurikiranyweho kwicira abaturage batanu mu kabari

BREAKING: Hatangajwe igihano cyakatiwe Umusirikare wishe abaturare batanu abarasiye mu kabari

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.