Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko hafashwe abagore barimo umukecuru bagendaga basabiriza ariko bafite ikindi kibagenza

radiotv10by radiotv10
30/09/2025
in MU RWANDA
0
Uko hafashwe abagore barimo umukecuru bagendaga basabiriza ariko bafite ikindi kibagenza
Share on FacebookShare on Twitter

Abagore babiri barimo umukecucu w’imyaka 70 bafatiwe mu Murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi, bamaze kwanura imyenda y’umuturage wari wayanitse, aho aba bafashwe bari mu bamaze iminsi bagendagenda mu ngo basabiriza, ariko n’icyo babonye hafi aho bakagihitana.

Aba bafashwe, barimo umwe witwa Mukarishiri w’imyaka 70 na mugenzi we Nyirangirimana; bombi bo mu Murenge wa Gihundwe, mu gihe uwo bari bibiye imyenda ari uwo mu Mudugudu wa Kabeza mu Kagari ka Kamashangi mu Murenge wa Kamembe.

Muri aka gace hamaze iminsi havugwa ubujura bukorwa n’abantu biganjemo abagore birirwa bagendagenda mu ngo z’abaturage bitwaje gusabiriza ariko bafite intego yo kwiba.

Uwitwa Muhutukazi Jeannine wibwe n’aba bafashwe, yavuze ko yari yagiye ku isoko yagaruka agasanga imyenda yari yanitse mu rugo itagihari, agahita atangira gushakisha, akagera mu kabari kari hafi aho ari bwo yahasangaga abagore babiri bafite imyenda bazingazinze, babasaka bagasanga ari iye.

Yagize ati “Nkihagera nabuze imyenda nari nsize nanitse maze kuyimesa, nibuka ko hano hamaze iminsi haca abana, abakobwa bakuru n’abagore barimo abakecuru basabiriza, nkumva abo biba, nkurikije n’abagore bafatanwa imyenda, inkweto n’ibindi baba bavuga ko bacuruza ibyibwe, ntangira gushakisha.”

Aba bagore si bo ba mbere bafashwe kuko no mu minsi ishize hari umugore uherutse kuhafatirwa na we wagendaga yitwaje umwana we amusabira ubufasha, ariko agenzwa no kwiba.

Umwe mu baturage yagize ati “Bafatiwe mu Kagari ka Cyangugu bari hamwe basabiriza, bafatanwa imyenda, amashuka n’ibindi by’agaciro k’amafaranga y’u Rwanda ari hejuru y’ibihumbi mirongo itanu.”

Ingabire Joyeux uyobora Umurenge wa Kamembe, yavuze ko ingeso yo gusabiriza ivugwa mu bagore, aboneraho gusaba abaturage kujya batangira amakuru ku gihe ku bantu bakora nk’ibi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − fourteen =

Previous Post

Amakuru mashya: U Rwanda rubaye urwa mbere muri Afurika rusinyanye amasezerano n’amakipe abiri ya NBA na NFL

Next Post

Eng.-Visit Rwanda partners with LA Clippers and LA Rams in historic U.S. sports sponsorships

Related Posts

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Moving to a new place can feel overwhelming, especially when you’re doing it by yourself. From packing your things to...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Eng.-Rwanda’s Foreign Minister says FARDC spokesperson’s suspension was driven by Western pressure

by radiotv10
31/12/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation of Rwanda, Olivier Nduhungirehe, says that the suspension of Major General Sylvain...

IZIHERUKA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier
MU RWANDA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng.-Visit Rwanda partners with LA Clippers and LA Rams in historic U.S. sports sponsorships

Eng.-Visit Rwanda partners with LA Clippers and LA Rams in historic U.S. sports sponsorships

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.