Monday, November 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko hafashwe abasore bakekwaho kunywa no gucuruza urumogi nyuma yo kubanza kwanga gukingurira Polisi

radiotv10by radiotv10
26/03/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Uko hafashwe abasore bakekwaho kunywa no gucuruza urumogi nyuma yo kubanza kwanga gukingurira Polisi
Share on FacebookShare on Twitter

Abasore bane bacumbikiwe na Polisi y’u Rwanda, nyuma yo gukekwaho kunywa no gucuruza urumogi, aho bafashwe nyuma yuko habanje gufatwa umwe ari kurunywa, agatanga amakuru y’aho arugura, polisi yajyayo abari mu nzu bakabanza kwanga gukingura.

Aba basore bari mu kigero cy’imyaka iri hagati ya 21 na 25, bafatiwe mu Mudugudu wa Buhoro mu Kagari ka Nyakabanda mu Murenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge.

Bafashwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 25 Werurwe, nyuma yuko habanje gufata umwe, agatanga amakuru yatumye Polisi y’u Rwanda ifata n’abandi batatu.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali, CIP Wellars Gahonzire, yabwiye ikinyamakuru cyitwa Umuseke ko aba basore bafashwe biturutse ku makuru yatanzwe n’umwe muri bo, wafashwe anywa urumogi, bamubaza aho yarukuye akabarangira aho arugurira.

CIP Gahonzire avuga ko ubwo inzego zageraga aho aba basore bacumbitse, babanje kugorana, bakanga gukingura, bituma Polisi ifata icyemezo cyo guca ingufuri.

Yagize ati “Tugezemo twasanze ari abasore bane, urumogi bari bararuhishe muri plafond muri iyo nzu bakodeshaga.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali, yavuze ko nyuma yuko aba basore bafashwe, ubu bacumbikiwe kuri Sitasiyo ya Rwezamenyo.

Yaboneyeho kandi kugira inama abafite inzu bakodesha, ko bakwiye kujya bakurikirana bakamenya niba zidakorerwamo ibikorwa bigize ibyaha, kuko iyo inzego zisanze ba nyiri nzu bari bazi ko abazikodesha bazikoreramo ibitemewe, na bo bafatwa nk’abafatanyacyaha.

Ati “Iyo dusanze na we [ufite inzu icumbitsemo abakora ibyaha nk’ibi byo kunywa no gucururizamo ibiyobyabwenge] hari uruhare yabigizemo yakurikiranwa.”

CIP Wellars Gahonzire yibukije ko polisi y’u Rwanda yahagurukiye kurwanya ibiyobyabwenge birimo n’urumogi rukomeje kuvugwaho gukoreshwa cyane n’abiganjemo urubyiruko, aboneraho gusaba abaturage bafite amakuru y’abarunywa, gutungira agatoki inzego kugira ngo zibashe kurandura iki kiyobyabwenge.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 3 =

Previous Post

Rwanda&Burundi: Hahishuwe indi ntambwe yari yatewe mbere y’amagambo ya Perezida Ndayishimiye

Next Post

Umwe muri babiri bivugwa ko basangiraga akajerekani ka kanyanga batoraguye yitabye Imana

Related Posts

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

by radiotv10
02/11/2025
0

Mu irushanwa ry'imibare, hahembwe abanyeshuri, abarimu n'ibigo by'amashuri, bitwaye neza mu Gihugu hose, aho Ishuri ryabaye irya Mbere ari École...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

by radiotv10
01/11/2025
0

The nationwide identity verification and photo registration exercise for Rwanda’s new digital ID system began in Huye, Gisagara and Nyanza...

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

by radiotv10
01/11/2025
0

There’s a growing buzz and growing worry about internships in Rwanda that pay little or nothing. For many graduates, internships...

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

by radiotv10
01/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 62 y’amavuko ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yafatiwe ku Biro by'Umurenge wa Rubengera mu Karere ka...

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

by radiotv10
01/11/2025
0

A 62-year-old man suspected of taking part in the 1994 Genocide against the Tutsi was arrested at the Rubengera Sector...

IZIHERUKA

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare
MU RWANDA

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

by radiotv10
02/11/2025
0

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

02/11/2025
Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

01/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

01/11/2025
BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

01/11/2025
Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

01/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umwe muri babiri bivugwa ko basangiraga akajerekani ka kanyanga batoraguye yitabye Imana

Umwe muri babiri bivugwa ko basangiraga akajerekani ka kanyanga batoraguye yitabye Imana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.