Sunday, July 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko hafashwe abasore bakekwaho kunywa no gucuruza urumogi nyuma yo kubanza kwanga gukingurira Polisi

radiotv10by radiotv10
26/03/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Uko hafashwe abasore bakekwaho kunywa no gucuruza urumogi nyuma yo kubanza kwanga gukingurira Polisi
Share on FacebookShare on Twitter

Abasore bane bacumbikiwe na Polisi y’u Rwanda, nyuma yo gukekwaho kunywa no gucuruza urumogi, aho bafashwe nyuma yuko habanje gufatwa umwe ari kurunywa, agatanga amakuru y’aho arugura, polisi yajyayo abari mu nzu bakabanza kwanga gukingura.

Aba basore bari mu kigero cy’imyaka iri hagati ya 21 na 25, bafatiwe mu Mudugudu wa Buhoro mu Kagari ka Nyakabanda mu Murenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge.

Bafashwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 25 Werurwe, nyuma yuko habanje gufata umwe, agatanga amakuru yatumye Polisi y’u Rwanda ifata n’abandi batatu.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali, CIP Wellars Gahonzire, yabwiye ikinyamakuru cyitwa Umuseke ko aba basore bafashwe biturutse ku makuru yatanzwe n’umwe muri bo, wafashwe anywa urumogi, bamubaza aho yarukuye akabarangira aho arugurira.

CIP Gahonzire avuga ko ubwo inzego zageraga aho aba basore bacumbitse, babanje kugorana, bakanga gukingura, bituma Polisi ifata icyemezo cyo guca ingufuri.

Yagize ati “Tugezemo twasanze ari abasore bane, urumogi bari bararuhishe muri plafond muri iyo nzu bakodeshaga.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali, yavuze ko nyuma yuko aba basore bafashwe, ubu bacumbikiwe kuri Sitasiyo ya Rwezamenyo.

Yaboneyeho kandi kugira inama abafite inzu bakodesha, ko bakwiye kujya bakurikirana bakamenya niba zidakorerwamo ibikorwa bigize ibyaha, kuko iyo inzego zisanze ba nyiri nzu bari bazi ko abazikodesha bazikoreramo ibitemewe, na bo bafatwa nk’abafatanyacyaha.

Ati “Iyo dusanze na we [ufite inzu icumbitsemo abakora ibyaha nk’ibi byo kunywa no gucururizamo ibiyobyabwenge] hari uruhare yabigizemo yakurikiranwa.”

CIP Wellars Gahonzire yibukije ko polisi y’u Rwanda yahagurukiye kurwanya ibiyobyabwenge birimo n’urumogi rukomeje kuvugwaho gukoreshwa cyane n’abiganjemo urubyiruko, aboneraho gusaba abaturage bafite amakuru y’abarunywa, gutungira agatoki inzego kugira ngo zibashe kurandura iki kiyobyabwenge.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × four =

Previous Post

Rwanda&Burundi: Hahishuwe indi ntambwe yari yatewe mbere y’amagambo ya Perezida Ndayishimiye

Next Post

Umwe muri babiri bivugwa ko basangiraga akajerekani ka kanyanga batoraguye yitabye Imana

Related Posts

Do young Rwandans really understand financial independence?

Do young Rwandans really understand financial independence?

by radiotv10
27/07/2025
0

In Rwanda today, more young people are talking about “financial independence.” You’ll hear it on social media, in schools, and...

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

by radiotv10
26/07/2025
0

Nyuma yuko hasakaye ibaruwa bigaragara ko yanditswe n’Umuyobozi w’Ikio cya C.L Gashonga TSS cyo mu Karere ka Rusizi, agaya umukozi...

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

by radiotv10
26/07/2025
0

Mu Murenge wa Murama mu Karere ka Kayonza hari gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ ikomeje gufasha abaturage mu kwikemurira amakimbirane yo mu...

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

by radiotv10
25/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abayobozi bakwiye kujya mu nshingano bazumva kandi bakazikorana ubushake n’imyumvire bibaturutsemo bibumvisha ko akazi barimo...

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

by radiotv10
25/07/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubutaka mu Rwanda kigaragaza ko ubutaka bwanditse ku bagore gusa bihariye badafite abo babuhuriyeho ari 18,88% mu...

IZIHERUKA

Do young Rwandans really understand financial independence?
MU RWANDA

Do young Rwandans really understand financial independence?

by radiotv10
27/07/2025
0

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

26/07/2025
Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

26/07/2025
Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

26/07/2025
Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

25/07/2025
Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

25/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umwe muri babiri bivugwa ko basangiraga akajerekani ka kanyanga batoraguye yitabye Imana

Umwe muri babiri bivugwa ko basangiraga akajerekani ka kanyanga batoraguye yitabye Imana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Do young Rwandans really understand financial independence?

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.