Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Uko hakosorwa imvugo ‘inyuma ya buri mugabo wageze mu ntego hari uruhare rw’umugore’

radiotv10by radiotv10
03/06/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Uko hakosorwa imvugo ‘inyuma ya buri mugabo wageze mu ntego hari uruhare rw’umugore’
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko-Umutwe w’Abadepite, Hon. Mukabalisa Donatille, yavuze ko imvugo yo mu cyongereza igira iti “Behind every successful man, there is a woman” ikwiye gukosorwa, aho kuvuga ‘behind/inyuma’ ahubwo hakagaragazwa ko icyo umugabo n’umugore bagezego, baba bari kumwe aho kuba umwe yaba inyuma y’undi.

Perezida w’Abadepite, Hon. Mukabalisa Donatille yabitangaje mu kiganiro ‘Ijabo’ cyatambutse kuri Televiziyo Rwanda cyagarukaga ku ruhare rw’abagore mu nzego zifata ibyemezo.

Hon. Mukabalisa avuga ko imvugo ‘Behind every successful man, there is a woman’ na yo idatomora ngo ishimangire ihame ry’uburinganire bw’umugore n’umugabo, we yise (Gender blindness).

Ati “Kubera iki behind (inyuma)? Navuga ngo iruhande, aho kuba inyuma. Yaba umugabo yaba umugore. Umugabo uri successful (wageze ku ntego) ni uko aba ari kumwe n’umugore umufasha muri izo nshingano. Umugore uri successful ni uko aba ari kumwe n’umugabo umufasha muri izo nshingano.”

Hon. Donatille Mukabalisa avuga ko umugabo n’umugore bumvikanye, bituma bombi buzuza neza inshingano zabo, zaba ari iz’urugo ndetse n’izindi baba bafite zirimo n’izo gukorera Igihugu.

Ubwo hizihizwaga Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore, Perezida Paul Kagame wayoboye uyu muhango, yagarutse ku ruhare rw’abari n’abategarugori mu kongera kubaka u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, avuga ko bagize uruhare rukomeye.

Umukuru w’u Rwanda wagarutse ku nshingano nyinshi z’abagore, yavuze ko uretse kuba babyara umuntu, bakamurera, banafasha abagabo kwitwara neza mu byo bakora.

Icyo gihe Perezida Paul Kagame yagize ati “Barera n’abagabo. Abagabo ubwo mutureba aha turirarira ariko udafite umugore umufasha ngo amwubake, biba ingorane. Ni na yo mpamvu umugore yitwa ko ari inkingi y’urugo.”

U Rwanda ni kimwe mu Bihugu byimakaje ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye bw’abagore n’abagabo, by’umwihariko mu guha umwanya abari n’abategarugori kugira ngo batange umusanzu mu kubaka Igihugu cyabo, aho mu Nteko Ishinga Amategeko umutwe w’Abadepite, umubare w’abategarugori ari 61,3%, akaba ari na rwo rwa mbere ku Isi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 2 =

Previous Post

Rutahizamu w’Umunya-Nigeria winjiye mu Mavubi bitunguranye yaba yajyanye na yo muri Côte d’Ivoire?

Next Post

S.Africa: Ishyaka rimaze imyaka 30 ku butegetsi ibyaribayeho mu matora ni ubwa mbere bibaye

Related Posts

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bageze mu izabukuru bo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bavuga ko amafaranga bari batangiye guhabwa...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
01/07/2025
2

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

by radiotv10
01/07/2025
0

Dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo guhungabanya Umudendezo w’Igihugu, yamaze kugezwa mu Rukiko kugira ngo ruzamuburanishe...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

IZIHERUKA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro
AMAHANGA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

01/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

01/07/2025
Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

01/07/2025
Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
S.Africa: Ishyaka rimaze imyaka 30 ku butegetsi ibyaribayeho mu matora ni ubwa mbere bibaye

S.Africa: Ishyaka rimaze imyaka 30 ku butegetsi ibyaribayeho mu matora ni ubwa mbere bibaye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.