Thursday, November 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Uko imikino ifungura shampiyona y’u Rwanda yagenze n’udushya yatangiranye

radiotv10by radiotv10
16/08/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Uko imikino ifungura shampiyona y’u Rwanda yagenze n’udushya yatangiranye
Share on FacebookShare on Twitter

Mu mikino ifungura shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda, ikipe ya Gasogi United yatsinze ikipe y’ubukombe ya Mukura VS, ndetse Perezida w’iyi kipe yatangiranye intsinzi, KNC atanga ikiganiro cyumvikanyemo gutebya.

Ni imikino yabaye kuri uyu wa Kane tariki 15 Kanama 2024, aho Gasogi United yatsinze igitego 1-0 Mukura VS, mu gihe Bugesera FC yanganyije 0-0 n’Amagaju FC.

Mu wundi mukino muri iyi yatangiye Shampiyona y’u Rwanda, Gorilla FC yahaye ikaze Vision FC yazamutse mu cyiciro cya mbere, iyitsinda igitego 1-0.

Perezida w’Ikipe ya Gasogi United, Kakooza Nkuliza Charles uzwi nka KNC, watanze ikiganiro ubwo ikipe ye yari imaze kubona intsinzi ya mbere muri iyi shampiyona, yatanze ikiganiro cyuzuyemo gutebya cyacicikanye ku mbuga nkoranyambaga.

Uyu mugabo usanzwe azwiho kuryoshya ruhago nyarwanda, ubwo yagaragazaga ko ikipe ye ihagaze neza, yagize ati “Umupira w’amaguru ntabwo ari imibonano mpuzabitsina umuntu akora yihishe, ubera ku karubanda. Ni nka ‘Nyash’ iyo uyifite abagabo barayibona. Numva bavuga ukuntu Gasogi yazanye umutoza udashoboye, abakinnyi bari munsi y’abo yirukanye. Nibashake bavuge, n’izindi vuba aha turazizira.”

Shampiyona irakomeza kuri uyu wa Gatandatu, Rayon Sports yakıra Marine FC kuri Kigali Pelé Stadium, ku cyumweru Muhazi United yakire Musanze FC kuri sItade y’Akarere ka Ngoma.

Nanone kandi umukino wari guhuza Kiyovu Sports na As Kigali ukaba warasubitswe, uzaba ku wa Gatatu w’icyumweru gitaha, mu gihe imikino ya APR FC yari kuzakina na Rutsiro FC na Police FC yari kuzakina na Etincelles, ikaba yarasubitswe kuko aya makipe yombi y’inzego z’umutekano, ari mu mikino nyafurika yasohokeyemo Igihugu.

Umukino wa Gasogi na Mukura wari unogeye ijisho

Gorilla yahaye ikaze Vision

Adelaide ISHIMWE
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + four =

Previous Post

Ibitazwi bikwiye gutuma habaho impungenge ku ndwara bamwe bafiteho imyumvire ko itavurirwa kwa muganga

Next Post

Kayonza: Hari impungenge ku kibazo bavuga ko kirengagijwe cy’ikimoteri cyababereye umuturanyi mubi

Related Posts

Handball: U Rwanda ruramenya itsinda ruherereyemo mu gikombe cya Afurika ruzakira bwa mbere

Handball: U Rwanda ruramenya itsinda ruherereyemo mu gikombe cya Afurika ruzakira bwa mbere

by radiotv10
12/11/2025
0

Tombola y’amatsinda y’Igikombe cya Afurika muri Handball (Men’s Handball Africa Cup of Nations) kizabera mu Rwanda mu kwezi kwa mbere...

Umunyezamu Kwizera Olivier utaheruka kwambara umwambaro w’Amavubi yongeye guhamagarwa mu ikipe y’Igihugu

Umunyezamu Kwizera Olivier utaheruka kwambara umwambaro w’Amavubi yongeye guhamagarwa mu ikipe y’Igihugu

by radiotv10
12/11/2025
0

Ikipe y’igihugu Amavubi yahamagaye abakinnyi 25 bagomba gutangira umwiherero, barimo umunyezamu Kwizera Olivier wanyuze mu makipe anyuranye mu Rwanda no...

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

by radiotv10
11/11/2025
0

Aimable Nsabimana, myugariro w’ikipe ya Assabah Sports Club yo mu cyiciro cya mbere muri Libiya, yavuze ko yigeze gutekereza kureka...

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?

by radiotv10
10/11/2025
0

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana yifashishije ubushakashatsi bwagiye hanze, yagaragaje ko gukora imyitozo ngororamubiri ihoraho, byatuma umuntu azigama ibihumbi 2,5...

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

by radiotv10
07/11/2025
0

Shampiyona ya volleyball irakomeza ku munsi wayo wa kane, imikino ibera muri Gymnase nshya iri muri Sainte Famille mu mujyi...

IZIHERUKA

Umubyigano w’urubyiruko rwifuza kwinjira mu gisirikare cya Ghana wapfiriyemo bamwe
AMAHANGA

Umubyigano w’urubyiruko rwifuza kwinjira mu gisirikare cya Ghana wapfiriyemo bamwe

by radiotv10
13/11/2025
0

President Kagame calls for action and collaboration to drive Africa’s digital transformation

President Kagame calls for action and collaboration to drive Africa’s digital transformation

13/11/2025
Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

13/11/2025
Umuhanzi w’ikirangirire mu karere unazwi muri Politiki yagaragaye aririmba indirimbo y’Umunyarwanda

Umuhanzi w’ikirangirire mu karere unazwi muri Politiki yagaragaye aririmba indirimbo y’Umunyarwanda

13/11/2025
Amakuru mashya: Hatahuwe abakekwaho ubujura buvugwa muri Sitasiyo ya Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Amakuru mashya: Hatahuwe abakekwaho ubujura buvugwa muri Sitasiyo ya Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

13/11/2025
Abiga uburezi mu Rwanda bahishuye amakuru y’urucantege bahabwa

Abiga uburezi mu Rwanda bahishuye amakuru y’urucantege bahabwa

13/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kayonza: Hari impungenge ku kibazo bavuga ko kirengagijwe cy’ikimoteri cyababereye umuturanyi mubi

Kayonza: Hari impungenge ku kibazo bavuga ko kirengagijwe cy’ikimoteri cyababereye umuturanyi mubi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umubyigano w’urubyiruko rwifuza kwinjira mu gisirikare cya Ghana wapfiriyemo bamwe

President Kagame calls for action and collaboration to drive Africa’s digital transformation

Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.