Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uko imirwano yifashe muri Gaza aka kanya: Umuriro w’amasasu watse hafi y’ibitaro

radiotv10by radiotv10
20/11/2023
in AMAHANGA
1
Uko imirwano yifashe muri Gaza aka kanya: Umuriro w’amasasu watse hafi y’ibitaro
Share on FacebookShare on Twitter

Imirwano ihanganishije igisirikare cya Israel n’umutwe wa Hamas mu Ntara ya Gaza, yongeye gukara, aho ibisaru bya rutura byarashwe hafi y’ibitaro biri mu majyaruguru y’iyi Ntara, binahitana Abanya-Palestine batari bacye.

Iyi mirwano ikomeye yabereye mu nkengero z’ibitaro by’Abanya-Indonesia biri mu majyaruguru y’Intara ya Gaza, imaze iminsi iberamo urugamba rukomeye.

Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa RFI, ivuga ko ku isaaha ya saa mbiri na makumyabiri n’ibiri (08:22’) z’igitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 20 Ugushyingo 2023, ari bwo iyi mirwano ikarishye yabaye.

Abasirikare ba Israel n’imbunda ziremereye zirimo ibifaru, bakambitse mu bice bikikije ibi bitaro by’Abanya-Indonesia, ari na ho hari kubera iyi mirwano.

Minisiteri y’Ubuzima muri Gaza, yemeje ko Abanya-Palestine 12 biciwe muri iyi mirwano, mu gihe abandi babarirwa muri mirongo bakomeretse.

Nubwo igisirikare cya Israel kitaragira icyo gitangaza kuri iyi mirwano yabaye muri iki gitondo, Ibiro Ntaramakuru by’Abanya-Palestine, WAFA, byatangaje ko ibi Bitaro by’Abanya-Indonesia byibasiwe bikomeye n’amasasu.

Ibi bitaro byatangiye gukora muri 2016 ku nkunga y’Igihugu cya Indonesia yahaye Intara ya Gaza, nabyo biri mu byagizweho ingaruka n’intambara iri kubera muri iyi Ntara, aho byahagaritse imirimo ariko umuvugizi wa Minisiteri y’Ubuzima, Ashraf Al-Qidreh yatangaje ko hari abantu babarirwa muri 700 babirimo, barimo n’itsinda ry’abaganga ndetse n’inkomere.

Igisirikare cya Israel, kimaze iminsi kigaba ibitero bya rutura mu Bitaro, kivuga ko abarwanyi ba Hamas, bajya kwihisha mu bikorwa nk’ibi by’ibitaro bagamije kugira ngo kitabarasaho.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Ukwizagira says:
    2 years ago

    Imana iyobore urwo rugamba ruhoshwe amahoro!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − nine =

Previous Post

Muri Gare ya Musanze habyutse haduka inkongi y’umuriro

Next Post

U Rwanda rwagaragaje icyo rwakuye mu mvugo ya Tshisekedi wongeye kwerura umugambi arufiteho

Related Posts

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

by radiotv10
04/12/2025
0

Ibitero birimo iby’indege biri guturuka i Burundi, bikagabwa mu gace gatuwemo n’Abaturage ka Kamanyola muri Kivu y’Epfo muri Repubulika Iharanira...

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

by radiotv10
03/12/2025
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’icya Uganda (UPDF) bwatumye habaho kurasana mu mujyi wa...

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

by radiotv10
03/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryamaganye uburyarya rishinja ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo buvuga ko bushaka amahoro, nyamara bugaca ruhinganyuma bugakomeza...

BREAKING: Tshisekedi yageze muri America yitabiriye igikorwa azahuriramo na Perezida Kagame

BREAKING: Tshisekedi yageze muri America yitabiriye igikorwa azahuriramo na Perezida Kagame

by radiotv10
03/12/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix-Antoine Tshisekedi Tshilombo yageze i Washington yitabiriye umuhango wo gusinya amasezerano y’amahoro, azashyirwaho...

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

by radiotv10
03/12/2025
0

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Nigeria yatangaje ko iki Gihugu cyatanze ubuhungiro kuri Fernando Dias, umukandida w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri...

IZIHERUKA

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko
IMYIDAGADURO

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

by radiotv10
04/12/2025
0

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

04/12/2025
Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

04/12/2025
Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

04/12/2025
Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

04/12/2025
Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

04/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwagaragaje icyo rwakuye mu mvugo ya Tshisekedi wongeye kwerura umugambi arufiteho

U Rwanda rwagaragaje icyo rwakuye mu mvugo ya Tshisekedi wongeye kwerura umugambi arufiteho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.