Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uko imirwano yifashe muri Gaza aka kanya: Umuriro w’amasasu watse hafi y’ibitaro

radiotv10by radiotv10
20/11/2023
in AMAHANGA
1
Uko imirwano yifashe muri Gaza aka kanya: Umuriro w’amasasu watse hafi y’ibitaro
Share on FacebookShare on Twitter

Imirwano ihanganishije igisirikare cya Israel n’umutwe wa Hamas mu Ntara ya Gaza, yongeye gukara, aho ibisaru bya rutura byarashwe hafi y’ibitaro biri mu majyaruguru y’iyi Ntara, binahitana Abanya-Palestine batari bacye.

Iyi mirwano ikomeye yabereye mu nkengero z’ibitaro by’Abanya-Indonesia biri mu majyaruguru y’Intara ya Gaza, imaze iminsi iberamo urugamba rukomeye.

Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa RFI, ivuga ko ku isaaha ya saa mbiri na makumyabiri n’ibiri (08:22’) z’igitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 20 Ugushyingo 2023, ari bwo iyi mirwano ikarishye yabaye.

Abasirikare ba Israel n’imbunda ziremereye zirimo ibifaru, bakambitse mu bice bikikije ibi bitaro by’Abanya-Indonesia, ari na ho hari kubera iyi mirwano.

Minisiteri y’Ubuzima muri Gaza, yemeje ko Abanya-Palestine 12 biciwe muri iyi mirwano, mu gihe abandi babarirwa muri mirongo bakomeretse.

Nubwo igisirikare cya Israel kitaragira icyo gitangaza kuri iyi mirwano yabaye muri iki gitondo, Ibiro Ntaramakuru by’Abanya-Palestine, WAFA, byatangaje ko ibi Bitaro by’Abanya-Indonesia byibasiwe bikomeye n’amasasu.

Ibi bitaro byatangiye gukora muri 2016 ku nkunga y’Igihugu cya Indonesia yahaye Intara ya Gaza, nabyo biri mu byagizweho ingaruka n’intambara iri kubera muri iyi Ntara, aho byahagaritse imirimo ariko umuvugizi wa Minisiteri y’Ubuzima, Ashraf Al-Qidreh yatangaje ko hari abantu babarirwa muri 700 babirimo, barimo n’itsinda ry’abaganga ndetse n’inkomere.

Igisirikare cya Israel, kimaze iminsi kigaba ibitero bya rutura mu Bitaro, kivuga ko abarwanyi ba Hamas, bajya kwihisha mu bikorwa nk’ibi by’ibitaro bagamije kugira ngo kitabarasaho.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Ukwizagira says:
    2 years ago

    Imana iyobore urwo rugamba ruhoshwe amahoro!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 4 =

Previous Post

Muri Gare ya Musanze habyutse haduka inkongi y’umuriro

Next Post

U Rwanda rwagaragaje icyo rwakuye mu mvugo ya Tshisekedi wongeye kwerura umugambi arufiteho

Related Posts

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Raporo ku bugenzuzi bwakorewe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Amahoro, yagaragaje ko hari ingingo z’ingenzi zikomeje kwirengagizwa mu masezerano y’i Washington,...

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

by radiotv10
06/01/2026
0

A report assessing the implementation of peace agreements has revealed that key provisions of the Washington Peace Agreement continue to...

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

by radiotv10
06/01/2026
0

Abarwanyi barenga ibihumbi bitatu barimo abasirikare b’u Burundi, aba DRC, ab’umutwe wa FDLR n’uwa Wazalendo, baravugwaho kwigarurira ishuri riherereye muri...

Amagambo ya mbere ya Maduro n’umugore we ku nshuro ya mbere bagejejwe imbere y’Urukiko

Amagambo ya mbere ya Maduro n’umugore we ku nshuro ya mbere bagejejwe imbere y’Urukiko

by radiotv10
06/01/2026
0

Nicolás Maduro wahoze ari Perezida wa Venezuela uherutse gufatwa na Leta Zunze Ubumwe za America zimusanze mu Gihugu cye, ubwo...

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

by radiotv10
06/01/2026
0

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, nyuma yuko yohereje abakomando bagafata Perezida wa Venezuela kubera kumushinja ubucuruzi...

IZIHERUKA

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira
FOOTBALL

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

by radiotv10
07/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

07/01/2026
Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

06/01/2026
Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

06/01/2026
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwagaragaje icyo rwakuye mu mvugo ya Tshisekedi wongeye kwerura umugambi arufiteho

U Rwanda rwagaragaje icyo rwakuye mu mvugo ya Tshisekedi wongeye kwerura umugambi arufiteho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.