• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Uko imodoka ihenze y’umukinnyi wa Filimi Alliah Cool yazamuye impaka rukabura gica

radiotv10by radiotv10
16/10/2025
in IMYIDAGADURO, SINEMA
0
Uko imodoka ihenze y’umukinnyi wa Filimi Alliah Cool yazamuye impaka rukabura gica
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko umukinnyi wa filimi, Alliah Cool agaragaje imodoka aherutse kugura, yabaye nk’uterana amagambo n’umunyamakuru umwe mu Rwanda wayitanzeho igitekerezo ntikimunyure kubera plaque yayo.

Iyi modoka yo mu bwoko bwa Mercedes-Benz G-Class, yari yagaragajwe n’uyu mukinnyikazi wa filimi ufite izina rikomeye mu Rwanda no muri Afurika, ko ari yo aherutse kugura, ariko ikaba ifite plaque yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Gusa umunyamakuru DC Clement ukunze kugaragaza ibitekerezo bijora abandi ku mbuga nkoranyambaga, yahise agaya uyu mukinnyikazi kuba yagaragaje iyi modoka kandi ifite ibirango byo muri Congo.

Mu butumwa yanyujije kuri Instagram, DC Clement yagize ati “Aho kurata imodoka y’Inkongoman nitwa umukire i Nyarugenge, nagumana ‘caterpillar’ yanjye yambaye inyarwanda. Ndakubwiza ukuri ko igitutu cyo kwemeza abantu kizahitana benshi.”

Ni igitekerezo kitanyuze Alliah Cool wagaragaje ko kuba imodoma ye ifite ibirango byo muri Congo, nta gitangaza kirimo, kuko n’ubundi asanzwe afite inkomoko muri kiriya Gihugu nubwo yari yaravukijwe uburenganzira bwo kukibamo, ariko ubu akaba asigaye akibamo.

Na we mu butumwa burebure yanyujije kuri Instagram, yavuze ko nubwo u Rwanda ari Igihugu cyamubereye umugisha kandi akaba agikunda, ariko ntakimubuza no kwibuka igihugu yavukiyemo cya Congo.

Yagize ati “Kuba bamwe muri twe uyu munsi turi mu Gihugu cyacu Congo byasabye imbaraga ubwitange n’amaraso y’abasore n’inkumi za M23 (forever grateful). Niyo mpamvu kuba twagira umutungo cyangwa tukabona uburenganzira ku Gihugu cyacu bitagateshejwe agaciro na gato.”

Mu butumwa bw’uyu mukinnyikazi wa filimi bwumvikamo kwihanangiriza uyu munyamakuru, ati “Buriya rero wa kina n’ibindi bintu byinshi ariko ntiwakina n’inkomoko y’umuntu. (Ikosa rikomeye). Ubutaha mujye mukina indi mikino apana iy’Ibihugu cyane ko inyota yo kuba aho turi uyu munsi ushobora no kuba udafite n’icyo wowe uyiziho.”

Yakomeje agira ati “Imodoka nubwo wayitungira mu Gihugu ikorerwamo ntibyayikuraho agaciro kayo. Uyu munsi sinibaza ko Congo ari yo igomba gutuma ikintu gita agaciro.”

Bamwe mu batanze ibitekerezo kuri ubu butumwa bwa Alliah Cool, bavuze ko yagiye kure, akazanamo iby’Ibihugu n’amateka bihabanye n’igitekerezo cy’uriya munyamakuru, mu gihe abandi na bo bamushimiye kuko ngo yamubwije ukuri.

Umukinnyikazi wa Filimi Alliah Cool

Umunyamakuru DC Clement

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − 5 =

Previous Post

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye umuryango wa Raila Odinga witabye Imana

Next Post

Igikewaho gutera impanuka ikomeye yabaye muri Kamonyi cyatangajwe

Related Posts

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

by radiotv10
29/05/2026
0

Umuhanzi Super Manager uzwi mu myidagaduro mu Rwanda, nyuma yo gutsinda urubanza yari yarezemo sosiyete y’itumanaho ayisaba indishyi ya Miliyoni...

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

by radiotv10
29/05/2026
0

Everyone wants to be confident because confidence helps us take on challenges, pursue opportunities, and believe in our abilities. However,...

Next Post
Igikewaho gutera impanuka ikomeye yabaye muri Kamonyi cyatangajwe

Igikewaho gutera impanuka ikomeye yabaye muri Kamonyi cyatangajwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.