Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

radiotv10by radiotv10
15/07/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo kwangisha Leta y’u Rwanda amahanga no kugambirira kugirira nabi ubutegetsi, yahakanye ibyaha byose akurikiranyweho avuga ko ari umunyapolitiki w’Umunyarwanda udashobora gutekereza kugirira nabi Igihugu.

Ingabire Victoire yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 15 Nyakanga ubwo hasubukurwaga urubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo nyuma yuko rusubitswe mu cyumweru gishize kubera inzitizi yari yatanze zijyanye n’umunyamategeko ukomoma kuri Kenya yifuzaga ko azamwuganira.

Mu iburanisha ry’uyu munsi, uyu Munyapolitiki wari wunganiwe na Me Gatera Gashabana wanigeze kumwunganira mu myaka yatambutse, Ingabire yavuze ko nubwo yemeye kuburana ariko atanyuzwe n’icyemezo cyafashwe n’Urugaga rw’Abavoka cyatumye atunganirwa n’uwo munyamategeko w’umunyamahanga.

Hasomwe kandi ibyaha ashinjwa, birimo icyo kurema umutwe w’abagizi ba nabi, icyo guteza imvururu, icyo kugiririra nabi ubutegetsi buriho, icy’icengezamatwara cyangwa se kwangisha Leta y’u Rwanda amahanga, icyo gutangaza amakuru y’ibihuha, n’icyaha cyo gucura umugambi wo kugirira nabi ubutegetsi buriho n’icyaha cyo kwigaragambya.

Ingabire Victoire uri gusabirwa gufungwa by’agateganyo, yabajijwe niba aburana yemera ibyaha akekwaho, abihakana yivuye inyuma, avuga ko ari umukristu kandi akaba umunyapolitiki, ndetse n’Umunyarwanda ukunda Igihugu, bityo ko adashobora guhirahira akora ibi byaha.

Uyu munyapolitiki kandi yaboneyeho gutanga indi nzitizi, aho yasabye Urukiko kutakira ikirego ngo kuko cyabayeho habanje kubaho kwivanga mu nshingano k’Urukiko.

Ingabire yatawe muri yombi nyuma yuko bitegetswe n’Urukiko Rukuru rwari rwamuhamagaje mu rubanza ruregwamo abandi bantu icyenda, aho yakunze kugarukwamo cyane mu maburanisha yarwo.

Uyu Munyapolitiki yavuze ko Ubucamanza bwivanze mu nshingano z’Ubushinjacyaha, bukabutegeka kumukurikirana, kandi ko ibyo aregwa bifitanye isano n’urubanza rumaze imyaka ine ruba, kandi ko na we yigeze guhamagazwa akabazwa n’Ubushinjacyaha ariko ko bwabonaga atari ngombwa ko aregwa hamwe na bariya bantu.

Me Gatera Gashabana, Umunyamategeko wunganira uregwa, yavuze ko Urukiko rwakoze ibitari mu nshingano zarwo, aho yifashishije ingingo y’ 106 yo mu itegeko ryerecyeye imiburanishize y’imanza z’inshinjabyaha, ivuga ko Urukiko rufite ububasha bwo guhamagaza umuntu cyangwa icyitso mu rubanza, rwasanga hari ibimenyetso bimushina rugasaba Ubushinjacyaha gukora iperereza, ariko ko ku mukiliya we Ubushinjacyaha bwahise bumufunga.

Uyu munyamategeko yavuze ko umukiliya we atakagombye kuba afunzwe cyangwa azanwa mu nkiko.

Ni mu gihe Ubushinjacyaha bwo bwavuze ko atari Urukiko rwemeje ko uregwa akurikiranwa afunzwe, ahubwo ko biri mu bushishozi n’ububasha bw’Ubushinjacyaha, bugasaba Urukiko gutesha agaciro izi nzitizi.

Nyuma yo kumva impaka z’impande zombi, Urukiko rwanzuye ko iyi nzitizi yatanzwe izasuzumirwa hamwe n’impamvu zitangwa n’Ubushinjacyaha busabira uregwa gukurikiranwa afunze, ubundi ibyemezo ku ngingo zombi bikazatangirwa hamwe, rutegeka ko urubanza rukomeza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − one =

Previous Post

Menya izindi mpinduka zigiye kuba mu burezi bw’u Rwanda

Next Post

Sudan: Ibitero bikomeye bimaze guhitana abaturage 300 mu minsi micye

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Sudan: Ibitero bikomeye bimaze guhitana abaturage 300 mu minsi micye

Sudan: Ibitero bikomeye bimaze guhitana abaturage 300 mu minsi micye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.