Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Uko mwuga wabateraga ipfunwe bamwe bakanawubasuzugurira waje kuvamo ubatera ishema

radiotv10by radiotv10
13/08/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Uko mwuga wabateraga ipfunwe bamwe bakanawubasuzugurira waje kuvamo ubatera ishema
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bo amateka agaragaza ko basigaye inyuma bo mu Murenge wa Kigeyo mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko umwuga w’ububumbyi bakora wahoze usuzuguritse, ariko ubu bumva ubateye ishema kuko bawukuramo imibereho ukanabafasha kwiteza imbere.

Aba baturage bavuga ko kuba barasugurirwaga gukora uyu mwuga ntibawucikeho, ari uko ari uwa aba sogokuru bawo, bityo ko ntacyashoboraga kuwubacaho

Mukamashyaka Jeannette wo mu Mudugudu Nyarusuku, Akagari ka Nyagahinika mu Murenge wa Kigeyo, avuga ko babanje kujya bakora uyu mwuga w’ububumbyi mu buryo bwa gakondo nk’uko ababyeyi babo bawukoraga, ariko ko wagiye uhinduka uko imyaka igenda itambuka.

Ati “Twabonye ko tutagomba gusabiriza ahubwo duhitamo kubumba inkono kuko ikibura ubundi ni igishoro na ho ubonye igishoro ufite mu mutwe wakora.”

Uyu muturage avuga ko iyo byagenze neza, abona amafaranga yo gutunga abana be ndetse bakabaho neza batandavuye, kandi byose babikesha inkono aba yabumbye.

Ati “Uyu mwuga ubasha kumbeshaho sinkubitirwe mu by’abandi, kuko iyo ari inkono makumyabiri cyangwa mirongo itatu mba meze neza.”

Gusa uyu mwuga ugaragazwa nk’uw’agaciro ku bawukora, bavuga ko ukirimo imbogamizi nko kuba badafite ibumba rizima, bagasaba ko hari ibindi byakorwa kugira ngo urusheho gukorwa mu buryo bugezweho.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kigeyo, Mudahemuka Christophe, avuga ko ubuyobozi bushobora gufasha aba babumbyi kuzamura umwuga wabo, ariko ko bakwiye kugaragaza imishinga y’uburyo byakorwamo.

Ati “Niba bashaka gukora ubwo bubumbyi nabagira inama ko bakora umushinga bakawuzana waterwa inkunga umaze gusuzumwa kuko ayo mafaranga tujya tuyabaha iyo bakoze imishinga.”

Uyu Mudugudu wa Nyarusuku utuyemo bamwe muri aba babumbyi uri bugufi na Pariki y’Igihugu ya Gishwati-Mukura isurwa n’abakerarugendo batari bacye bashobora no kuba bagura bimwe mu bikoresho byakorwa n’aba baturage baramutse bongerewe ubumenyi muri uyu mwuga.

Jeannette yagaragaje uko akora uyu mwuga we

Banabumba imbabura nziza zigezweho

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + 14 =

Previous Post

BREAKING: Kiliziya Gatulika mu Rwanda n’Abakristu bayo bakiriye inkuru iturutse i Roma kwa Papa

Next Post

Gisagara: Abahinzi bari mu rujijo ku mafaranga bacibwa kandi icyo bayakiwe kibasize mu gihombo

Related Posts

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

IZIHERUKA

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya
AMAHANGA

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

25/12/2025
Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gisagara: Abahinzi bari mu rujijo ku mafaranga bacibwa kandi icyo bayakiwe kibasize mu gihombo

Gisagara: Abahinzi bari mu rujijo ku mafaranga bacibwa kandi icyo bayakiwe kibasize mu gihombo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.