• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Uko mwuga wabateraga ipfunwe bamwe bakanawubasuzugurira waje kuvamo ubatera ishema

radiotv10by radiotv10
13/08/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Uko mwuga wabateraga ipfunwe bamwe bakanawubasuzugurira waje kuvamo ubatera ishema
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bo amateka agaragaza ko basigaye inyuma bo mu Murenge wa Kigeyo mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko umwuga w’ububumbyi bakora wahoze usuzuguritse, ariko ubu bumva ubateye ishema kuko bawukuramo imibereho ukanabafasha kwiteza imbere.

Aba baturage bavuga ko kuba barasugurirwaga gukora uyu mwuga ntibawucikeho, ari uko ari uwa aba sogokuru bawo, bityo ko ntacyashoboraga kuwubacaho

Mukamashyaka Jeannette wo mu Mudugudu Nyarusuku, Akagari ka Nyagahinika mu Murenge wa Kigeyo, avuga ko babanje kujya bakora uyu mwuga w’ububumbyi mu buryo bwa gakondo nk’uko ababyeyi babo bawukoraga, ariko ko wagiye uhinduka uko imyaka igenda itambuka.

Ati “Twabonye ko tutagomba gusabiriza ahubwo duhitamo kubumba inkono kuko ikibura ubundi ni igishoro na ho ubonye igishoro ufite mu mutwe wakora.”

Uyu muturage avuga ko iyo byagenze neza, abona amafaranga yo gutunga abana be ndetse bakabaho neza batandavuye, kandi byose babikesha inkono aba yabumbye.

Ati “Uyu mwuga ubasha kumbeshaho sinkubitirwe mu by’abandi, kuko iyo ari inkono makumyabiri cyangwa mirongo itatu mba meze neza.”

Gusa uyu mwuga ugaragazwa nk’uw’agaciro ku bawukora, bavuga ko ukirimo imbogamizi nko kuba badafite ibumba rizima, bagasaba ko hari ibindi byakorwa kugira ngo urusheho gukorwa mu buryo bugezweho.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kigeyo, Mudahemuka Christophe, avuga ko ubuyobozi bushobora gufasha aba babumbyi kuzamura umwuga wabo, ariko ko bakwiye kugaragaza imishinga y’uburyo byakorwamo.

Ati “Niba bashaka gukora ubwo bubumbyi nabagira inama ko bakora umushinga bakawuzana waterwa inkunga umaze gusuzumwa kuko ayo mafaranga tujya tuyabaha iyo bakoze imishinga.”

Uyu Mudugudu wa Nyarusuku utuyemo bamwe muri aba babumbyi uri bugufi na Pariki y’Igihugu ya Gishwati-Mukura isurwa n’abakerarugendo batari bacye bashobora no kuba bagura bimwe mu bikoresho byakorwa n’aba baturage baramutse bongerewe ubumenyi muri uyu mwuga.

Jeannette yagaragaje uko akora uyu mwuga we

Banabumba imbabura nziza zigezweho

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × five =

Previous Post

BREAKING: Kiliziya Gatulika mu Rwanda n’Abakristu bayo bakiriye inkuru iturutse i Roma kwa Papa

Next Post

Gisagara: Abahinzi bari mu rujijo ku mafaranga bacibwa kandi icyo bayakiwe kibasize mu gihombo

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Gisagara: Abahinzi bari mu rujijo ku mafaranga bacibwa kandi icyo bayakiwe kibasize mu gihombo

Gisagara: Abahinzi bari mu rujijo ku mafaranga bacibwa kandi icyo bayakiwe kibasize mu gihombo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.