Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko Polisi yafashe abari barigabije ishyamba rya Pariki y’Igihugu bakarikoreramo ibyo batemerewe

radiotv10by radiotv10
14/06/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Uko Polisi yafashe abari barigabije ishyamba rya Pariki y’Igihugu bakarikoreramo ibyo batemerewe
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyamasheke yafashe abagabo bane bakurikiranyweho gutema ibiti muri Pariki y’Igihugu ya Nyungwe, bimwe bakabibazamo imbaho ibindi bakabitwikamo amakara, basanganwa imifuka 291 yayo.

Aba bagabo bafatiwe mu Mudugudu wa Kagarama mu Kagari ka Gasovu mu Murenge wa Karambi ku wa Gatatu tariki 12 Kamena 2024.

Polisi y’u Rwanda yabafatanye imifuka 391 y’amakara n’amatanura 8 yayo bari bagitwitse ndetse n’imbaho 736 bari bamaze kubaza mu biti batemye muri iri shyamba rya Pariki ya Nyungwe.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, SP Bonaventure Twizere Karekezi yavuze ko ifatwa ry’aba bagabo, ryaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage bo mu Kagari ka Gasovu.

Yagize ati “Bakimara kuduha amakuru ko hari abantu bigabije ishyamba ryo muri Pariki, hahise hategurwa ibikorwa byo kubafata, Abapolisi bakihagera, hagati mu ishyamba basangamo imbaho 86, imifuka 91 y’amakara n’ahantu hagera ku munani bari bagitwikiye ayandi.”

SP Bonaventure Twizere Karekezi avuga ko hahise hakurikiraho gushakisha abigabije iri shyamba rya Pariki y’Igihugu bakaritemamo ibiti, haza gufatwa aba bagabo bane basanzwe mu isantere ya Kagarama, banasanganwa ububiko bw’amakara bwarimo indi mifuka 300 ndetse n’imbaho 650 babajije mu biti batemye muri iryo shyamba.

Bahise bafatwa bashyikirizwa Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha kuri Sitasiyo ya Macuba, ndetse n’ibyo bafatanywe bishyikirizwa uru rwego.

 

ICYO ITEGEKO RIVUGA

Ingingo ya 59 y’itegeko No 48/2018 ryo ku wa 13/08/2018 rigenga ibidukikije ivuga ko, Umuntu wese utuma ibimera bikomye bipfa, ubisenya, ubisarura cyangwa ubyangiza, aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itatu (3) ariko kitarenze imyaka itanu (5) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni eshatu (3.000.000 FRW).

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + 2 =

Previous Post

Iby’Umupolisi warasiye Umucamanza mu Rukiko ku mpamvu idasanzwe byarangiye nabi

Next Post

Perezida Kagame yagaragarije Abanyarwanda isomo bakwiye gukura mu kwemera Imana

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yagaragarije Abanyarwanda isomo bakwiye gukura mu kwemera Imana

Perezida Kagame yagaragarije Abanyarwanda isomo bakwiye gukura mu kwemera Imana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.