Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko umugabo yatahuweho ibyo ashinjwa byo gufata ku ngufu kenshi umukobwa yibyariye ufite ubumuga

radiotv10by radiotv10
19/08/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Gatsibo: Umusaza aravugwaho guhengera umwuzukuru we asinziriye akamusambanya
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ruri gukora iperereza ku mugabo w’imyaka 44 wo mu Murenge wa Mushishiro mu Karere ka Muhanga ukekwaho gufata ku ngufu mu bihe bitandukanye umukobwa we ufite ubumuga bwo kutavuga no kutumva, waje kujya abiciramo amarenga nyina amwereka ibyo se yamukoreye.

Amakuru aturuka mu Mudugudu wa Kanyinza mu Kagari ka Rwasare mu Murenge wa Mushishiro, avuga ko uyu mugabo yatawe muri yombi muri operasiyo yakozwe n’inzego zirimo iz’umutekano, iz’iperereza ndetse n’iz’ibanze mu ijoro ahagana saa yine.

Uyu mugabo wahise ashyikirizwa Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha akaba acumbikiwe kuri Sitayo ya Mushishiro, akekwaho kuba yaragiye afata ku ngufu umukobwa we w’imyaka 24 y’amavuko, usanzwe afite ubumuga.

Amakuru ava muri aka gace, avuga ko uyu mugabo yahengeraga umugore we ndetse n’umwe mu bana babo bagiye, ubundi agahita akorera ibi bya mfura mbi umukobwa wabo ufite ubumuga bwo kutumva no kutavuga ubwo babaga bamusize mu rugo.

Nyuma y’uko uyu mugabo atawe muri yombi, amakuru avuga ko umugore we ndetse n’uyu mukobwa bikekwa ko yasambanywaga na se, bazindukiye kuri RIB kugira ngo hakomeze gukorwa iperereza.

Amakuru y’ifatwa ry’uyu mugabo, yanemejwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mushishiro, Niyonzima Gustave wabwiye Ikinyamakuru Umuseke ko hakozwe operasiyo yo kumufata nyuma yo kwakira amakuru.

Uyu muyobozi avuga ko umubyeyi w’uyu mukobwa bikekwa ko yasambanyijwe na se, ndetse n’abaturanyi be, bahamiriza ubuyobozi ko iki cyaha cyabaye. Ati “dutegereje ibiva mu iperereza RIB igiye gukora.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + four =

Previous Post

America yagaragaje ko yatangiye gucika intege ku byerecyeye intambara ishyigikiyemo Israel

Next Post

Hatangajwe inkuru nziza ku bahinzi bari bafite ikibazo cy’umusaruro wabo wari wabuze isoko

Related Posts

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

IZIHERUKA

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda
MU RWANDA

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

25/01/2026
Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe inkuru nziza ku bahinzi bari bafite ikibazo cy’umusaruro wabo wari wabuze isoko

Hatangajwe inkuru nziza ku bahinzi bari bafite ikibazo cy’umusaruro wabo wari wabuze isoko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.