Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Uko Urukiko rwakiranuye iby’umukobwa wafashwe aryamanye n’umwana w’umuhungu akisobanura ko bakundana

radiotv10by radiotv10
22/12/2022
in Uncategorized
3
Uko Urukiko rwakiranuye iby’umukobwa wafashwe aryamanye n’umwana w’umuhungu akisobanura ko bakundana

Ifoto yakuwe kuri internet ntihuye n'ibivugwa mu nkuru

Share on FacebookShare on Twitter

Umukobwa w’imyaka 32 wo mu Murenge wa Ngoma mu Karere ka Huye, wari ukurikiranyweho gusambanya umwana w’umuhungu w’imyaka 17, nyuma yo kubafatana baryamanye undi akisobanura avuga ko bakundana, yahamijwe icyaha aranakatirwa.

Uyu mukobwa usanzwe atuye mu Mudugudu wa Runga mu Kagari ka Kaburemera mu Murenge wa Ngoma, yafashwe mu kwezi kwa Nzeri 2022.

Umwana w’umuhungu w’imyaka 17 wasambanyijwe n’uyu mukobwa, bamusanze baryamanye tariki 23 Nzeri 2022 nyuma yuko ababyeyi b’uyu mwana w’umuhungu bamushatse bakamubura, bakaza kumusanga aryamanye n’uyu mukobwa.

Uyu mukobwa wahise atabwa muri yombi akurikiranyweho icyaha cyo gusambanya umwana w’umuhungu, yisobanuraga avuga ko uyu mwana w’umuhungu basanzwe bakundana urukundo rwa kobwa-hungu.

Yavugaga ko ubwo babasanganaga baryamanye, ari we wari wamutumyeho ngo aze amusure kuko yari arwaye, ubundi ahageze barararana.

Urukiko Rwisumbuye rwa Huye rwaburanishije urubanza ruregwamo uyu mukobwa, kuri uyu wa 20 Ukuboza 2022, rwasomye icyemezo cyarwo, ruhamya uyu mukobwa icyaha cyo gusambanya umwana, rumuhanisha gufungwa imyaka 25 muri gereza.

Ni igihano cyari cyasabwe n’Ubushinjacyaha bwagendeye ku biteganywa n’ingingo ya 4 y’itegeko Nº 69/2019 ryo ku wa 08/11/2019 rihindura Itegeko nº 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

RADIOTV10

Comments 3

  1. CHAJU says:
    3 years ago

    None byemewe ko umukobwa ufunze atarabyara yashaka umwana kuruhande? Dore nkuyu ubwo azava muburoko afite imyaka 57. Nimumpe igisubizo

    Reply
  2. Felicien says:
    3 years ago

    Ntakundi nyine niyihangane,urukundo rudashoboka rumukozeho .

    Reply
  3. Kkk says:
    3 years ago

    Umusore arabura umwaka 1 ngo agire 18 babe ariwo bamufunga wana kaba ari akarengane ,umuhungu w’imyaka 17 aba ari umusore

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 3 =

Previous Post

Rubavu: Urujijo ku mwana w’imyaka 13 wasambanyije uw’ibiri ubu akaba yidegembya

Next Post

DRC: Abanyapolitiki batangiye kurebana ay’ingwe kubera ibyatangajwe na Moïse Katumbi

Related Posts

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

by radiotv10
27/01/2026
0

Umwarimu wo muri Kaminuza uherutse gutabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri yisumbuye, hari...

Behind Every Success, There’s a Woman

Behind Every Success, There’s a Woman

by radiotv10
02/12/2025
0

In every great achievement, every celebrated milestone, and every story of resilience, there is often someone whose name is rarely...

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

by radiotv10
19/11/2025
0

Mu Kagari ka Mpare mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye umurambo w’umugabo w’imyaka 25 umanitse mu giti,...

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DRC: Abanyapolitiki batangiye kurebana ay’ingwe kubera ibyatangajwe na Moïse Katumbi

DRC: Abanyapolitiki batangiye kurebana ay’ingwe kubera ibyatangajwe na Moïse Katumbi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.