Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Uko Uturere dukurikirana mu Mihigo2021-2022: Aka mbere gaheruka kuba aka 13

radiotv10by radiotv10
28/02/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
1
Uko Uturere dukurikirana mu Mihigo2021-2022: Aka mbere gaheruka kuba aka 13
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje uko Uturere dukurikirana mu kwesa imihingo ya 2021-2022, aho Uturere dutandatu twa mbere tuyobowe na Nyagatare, twagaragaje guhatana cyane kuko turushanwa amanota macye.

Uko Uturere twakurikiranye mu kwesa Imihigo, byatangajwe kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Gashyantare 2023 ubwo hasozwaga Inama y’Igihugu y’Umushyikirano.

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente watangaje uko Imihigo ya 2021-2022 yisejwe, yavuze ko Intara y’Iburasirazuba yaje ku mwanya wa mbere, igakurikirwa n’iy’Amajyepfo, hagakurikiraho iy’Iburengerazuba ku mwanya wa gatatu, Umujyi wa Kigali ukaza ku mwanya wa Kane, mu gihe Intara y’Amajyaruguru yaje ku mwanya wa gatanu.

Agaragaza uko Uturere twakurikiranye, yavuze ko mu myanya itandatu ya mbere ari two Nyagaratare, Huye, Rulindo, Nyagatare, Rwamagana na Rusizi, hagaragayemo guhatana cyane kuko utu Turere turushanwa amanota atarenze 2,5%.

Yagize ati “Imihigo ni ihiganwa tuba turimo, twese turamutse tugize 100% byaba ari byiza cyangwa twese tukagera muri 99%.”

Akarere ka Nyagatare ko mu Ntara y’Iburasirazuba yanaje ku mwanya wa mbere, kaje ku mwanya wa mbere, gafite amanota 81,64 %.

Aka Karere kabaye aka mbere mu mihigo ya 2021-2022, ubwo hatangazwaga imyanya ku nshuro iheruka mu Mihigo ya 2019-2020, kari kabaye aka 13 gafite amanota 69,3%.

Nyagatare ikurikirwa n’Akarere ka Huye gafite amanota 80,97%, hagakurikiraho Rulindo ifite amanota 79,8%, Akarere ka Kane kakaba aka Nyaruguru gafite amanota 79,5%, aka gatanu kakaba ari Rwamagana ifite amanota 79,5%, aka gatandatu kakaba aka Rusizi n’amanota 79,2%.

Akarere ka Ruhango kaza ku mwanya wa Karindwi gafite amanota 79,1%, hagakurikiraho aka Gatsibo ka munani gafite amanota 79%, Kamonyi iza ku mwanya wa cyenda ifite amanota 79,0%, Akarere ka Ngoma kaza ku mwanya wa cumi gafite amanota 79%.

Ku mwanya wa 11, haza akarere ka Karongi gafite amanota 78%, kagakurikirwa n’aka Muhanga kaje ku mwanya wa 12 n’amanota 78,9%, Akarere ka 13 kakaba ari aka Rubavu gafite amanota 78,44%.

Akarere ka Nyuma, ni aka Burera gafite amanota 61,2% ko mu Ntara y’Amajyaruguru iri no ku mwanya wa nyuma mu Ntara n’Umujyi wa Kigali.

Uturere twa mbere twashimiwe na Perezida Paul Kagame

RADIOTV10

Comments 1

  1. SIBORUREMA Protais says:
    3 years ago

    Byiza cyane iyi mihigo ije yari ikenewe nyuma ya Covid-19.Ubwo abari mu myanya y’inyuma barakaza ingamba mu mihigo.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 1 =

Previous Post

Umushyikirano2023: Guverinoma yagize icyo ivuga ku ngingo yari itegerejwe n’Abanyarwanda hafi ya bose

Next Post

Uwicuruza yafashe icyemezo gikomeye nyuma yuko umusore wamwishyuriye kwinezezanya arengeje urugero

Related Posts

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

In today’s world, more and more people are turning to surgery to improve the way they look. From nose jobs...

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwicuruza yafashe icyemezo gikomeye nyuma yuko umusore wamwishyuriye kwinezezanya arengeje urugero

Uwicuruza yafashe icyemezo gikomeye nyuma yuko umusore wamwishyuriye kwinezezanya arengeje urugero

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.