Saturday, December 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Uko Uturere dukurikirana mu Mihigo2021-2022: Aka mbere gaheruka kuba aka 13

radiotv10by radiotv10
28/02/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
1
Uko Uturere dukurikirana mu Mihigo2021-2022: Aka mbere gaheruka kuba aka 13
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje uko Uturere dukurikirana mu kwesa imihingo ya 2021-2022, aho Uturere dutandatu twa mbere tuyobowe na Nyagatare, twagaragaje guhatana cyane kuko turushanwa amanota macye.

Uko Uturere twakurikiranye mu kwesa Imihigo, byatangajwe kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Gashyantare 2023 ubwo hasozwaga Inama y’Igihugu y’Umushyikirano.

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente watangaje uko Imihigo ya 2021-2022 yisejwe, yavuze ko Intara y’Iburasirazuba yaje ku mwanya wa mbere, igakurikirwa n’iy’Amajyepfo, hagakurikiraho iy’Iburengerazuba ku mwanya wa gatatu, Umujyi wa Kigali ukaza ku mwanya wa Kane, mu gihe Intara y’Amajyaruguru yaje ku mwanya wa gatanu.

Agaragaza uko Uturere twakurikiranye, yavuze ko mu myanya itandatu ya mbere ari two Nyagaratare, Huye, Rulindo, Nyagatare, Rwamagana na Rusizi, hagaragayemo guhatana cyane kuko utu Turere turushanwa amanota atarenze 2,5%.

Yagize ati “Imihigo ni ihiganwa tuba turimo, twese turamutse tugize 100% byaba ari byiza cyangwa twese tukagera muri 99%.”

Akarere ka Nyagatare ko mu Ntara y’Iburasirazuba yanaje ku mwanya wa mbere, kaje ku mwanya wa mbere, gafite amanota 81,64 %.

Aka Karere kabaye aka mbere mu mihigo ya 2021-2022, ubwo hatangazwaga imyanya ku nshuro iheruka mu Mihigo ya 2019-2020, kari kabaye aka 13 gafite amanota 69,3%.

Nyagatare ikurikirwa n’Akarere ka Huye gafite amanota 80,97%, hagakurikiraho Rulindo ifite amanota 79,8%, Akarere ka Kane kakaba aka Nyaruguru gafite amanota 79,5%, aka gatanu kakaba ari Rwamagana ifite amanota 79,5%, aka gatandatu kakaba aka Rusizi n’amanota 79,2%.

Akarere ka Ruhango kaza ku mwanya wa Karindwi gafite amanota 79,1%, hagakurikiraho aka Gatsibo ka munani gafite amanota 79%, Kamonyi iza ku mwanya wa cyenda ifite amanota 79,0%, Akarere ka Ngoma kaza ku mwanya wa cumi gafite amanota 79%.

Ku mwanya wa 11, haza akarere ka Karongi gafite amanota 78%, kagakurikirwa n’aka Muhanga kaje ku mwanya wa 12 n’amanota 78,9%, Akarere ka 13 kakaba ari aka Rubavu gafite amanota 78,44%.

Akarere ka Nyuma, ni aka Burera gafite amanota 61,2% ko mu Ntara y’Amajyaruguru iri no ku mwanya wa nyuma mu Ntara n’Umujyi wa Kigali.

Uturere twa mbere twashimiwe na Perezida Paul Kagame

RADIOTV10

Comments 1

  1. SIBORUREMA Protais says:
    3 years ago

    Byiza cyane iyi mihigo ije yari ikenewe nyuma ya Covid-19.Ubwo abari mu myanya y’inyuma barakaza ingamba mu mihigo.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + 2 =

Previous Post

Umushyikirano2023: Guverinoma yagize icyo ivuga ku ngingo yari itegerejwe n’Abanyarwanda hafi ya bose

Next Post

Uwicuruza yafashe icyemezo gikomeye nyuma yuko umusore wamwishyuriye kwinezezanya arengeje urugero

Related Posts

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

IZIHERUKA

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka
MU RWANDA

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwicuruza yafashe icyemezo gikomeye nyuma yuko umusore wamwishyuriye kwinezezanya arengeje urugero

Uwicuruza yafashe icyemezo gikomeye nyuma yuko umusore wamwishyuriye kwinezezanya arengeje urugero

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.