Friday, June 6, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Uko Uturere dukurikirana mu Mihigo2021-2022: Aka mbere gaheruka kuba aka 13

radiotv10by radiotv10
28/02/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
1
Uko Uturere dukurikirana mu Mihigo2021-2022: Aka mbere gaheruka kuba aka 13
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje uko Uturere dukurikirana mu kwesa imihingo ya 2021-2022, aho Uturere dutandatu twa mbere tuyobowe na Nyagatare, twagaragaje guhatana cyane kuko turushanwa amanota macye.

Uko Uturere twakurikiranye mu kwesa Imihigo, byatangajwe kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Gashyantare 2023 ubwo hasozwaga Inama y’Igihugu y’Umushyikirano.

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente watangaje uko Imihigo ya 2021-2022 yisejwe, yavuze ko Intara y’Iburasirazuba yaje ku mwanya wa mbere, igakurikirwa n’iy’Amajyepfo, hagakurikiraho iy’Iburengerazuba ku mwanya wa gatatu, Umujyi wa Kigali ukaza ku mwanya wa Kane, mu gihe Intara y’Amajyaruguru yaje ku mwanya wa gatanu.

Agaragaza uko Uturere twakurikiranye, yavuze ko mu myanya itandatu ya mbere ari two Nyagaratare, Huye, Rulindo, Nyagatare, Rwamagana na Rusizi, hagaragayemo guhatana cyane kuko utu Turere turushanwa amanota atarenze 2,5%.

Yagize ati “Imihigo ni ihiganwa tuba turimo, twese turamutse tugize 100% byaba ari byiza cyangwa twese tukagera muri 99%.”

Akarere ka Nyagatare ko mu Ntara y’Iburasirazuba yanaje ku mwanya wa mbere, kaje ku mwanya wa mbere, gafite amanota 81,64 %.

Aka Karere kabaye aka mbere mu mihigo ya 2021-2022, ubwo hatangazwaga imyanya ku nshuro iheruka mu Mihigo ya 2019-2020, kari kabaye aka 13 gafite amanota 69,3%.

Nyagatare ikurikirwa n’Akarere ka Huye gafite amanota 80,97%, hagakurikiraho Rulindo ifite amanota 79,8%, Akarere ka Kane kakaba aka Nyaruguru gafite amanota 79,5%, aka gatanu kakaba ari Rwamagana ifite amanota 79,5%, aka gatandatu kakaba aka Rusizi n’amanota 79,2%.

Akarere ka Ruhango kaza ku mwanya wa Karindwi gafite amanota 79,1%, hagakurikiraho aka Gatsibo ka munani gafite amanota 79%, Kamonyi iza ku mwanya wa cyenda ifite amanota 79,0%, Akarere ka Ngoma kaza ku mwanya wa cumi gafite amanota 79%.

Ku mwanya wa 11, haza akarere ka Karongi gafite amanota 78%, kagakurikirwa n’aka Muhanga kaje ku mwanya wa 12 n’amanota 78,9%, Akarere ka 13 kakaba ari aka Rubavu gafite amanota 78,44%.

Akarere ka Nyuma, ni aka Burera gafite amanota 61,2% ko mu Ntara y’Amajyaruguru iri no ku mwanya wa nyuma mu Ntara n’Umujyi wa Kigali.

Uturere twa mbere twashimiwe na Perezida Paul Kagame

RADIOTV10

Comments 1

  1. SIBORUREMA Protais says:
    2 years ago

    Byiza cyane iyi mihigo ije yari ikenewe nyuma ya Covid-19.Ubwo abari mu myanya y’inyuma barakaza ingamba mu mihigo.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × one =

Previous Post

Umushyikirano2023: Guverinoma yagize icyo ivuga ku ngingo yari itegerejwe n’Abanyarwanda hafi ya bose

Next Post

Uwicuruza yafashe icyemezo gikomeye nyuma yuko umusore wamwishyuriye kwinezezanya arengeje urugero

Related Posts

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

by radiotv10
05/06/2025
0

Abagabo babiri bafatiwe mu Murenge wa Kanyinya mu Karere ka Nyarugenge bafite ibilo 36 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi bari bahishe mu ipine...

IZIHERUKA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel
MU RWANDA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

05/06/2025
Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

05/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwicuruza yafashe icyemezo gikomeye nyuma yuko umusore wamwishyuriye kwinezezanya arengeje urugero

Uwicuruza yafashe icyemezo gikomeye nyuma yuko umusore wamwishyuriye kwinezezanya arengeje urugero

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.