Wednesday, November 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ukraine: Indege yarimo abayobozi bakuru yakoze impanuka irasandara ihitana abarimo Minisitiri

radiotv10by radiotv10
18/01/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ukraine: Indege yarimo abayobozi bakuru yakoze impanuka irasandara ihitana abarimo Minisitiri
Share on FacebookShare on Twitter

Impanuka y’indege yo mu bwoko bwa kajugujugu yasandariye hafi y’irerero ry’abana muri Kyiv mu murwa mukuru wa Ukraine, yahitanye abantu 16 barimo abayobozi mu nzego nkuru, nka Minisitiri w’Umutekano wari uri muri iyi ndege.

Mu bantu bahitanywe n’iyi ndege kandi harimo abana batatu bari hasi aho iyi ndege yasandariye, mu gihe abantu bagera muri 30 barimo abana 12 bo bajyanywe mu bitaro kubera iyi mpantuka yabaye kuri uyu wa Gatatu.

Umuyobozi w’ibikorwa by’ubuyobozi muri Perezidansi ya Ukraine, Kyrylo Tymoshenko yatangaje ko mu baguye muri iyi mpanuka harimo Minisitiri w’Umutekano, Denis Monastyrsky, umwungiriza we Yevheniy Yenin ndetse n’Umunyamabanga wa Leta Yuriy Lubkovychis n’umujyanama muri Minisiteri Anton Geraschenko.

Abantu icyenda bahitanywe n’iyi mpanuka, bari mu ndege barimo abayobozi bakuru batandatu ndetse n’abakozi batatu b’iyi ndege yari ibatwaye, mu gihe abandi barindwi bari ku butaka aho iyi ndege yaguye ikabivugana.

Urwego rushinzwe ubutasi muri Ukraine, rwahise rutangira iperereza ku cyaba cyateye iyi mpanuka y’indege.

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky yavuze ko iyi mpanuka ibabaje cyane kuba itwaye aba bayobozi bakomeye mu Gihugu, asaba uru rwego rushinzwe iperereza kugaragaza icyayiteye mu buryo bwihuse.

Mu butumwa bwe, Perezida Volodymyr Zelensky yavuze ko Minisitiri w’Umutekano “yari umuntu ukunda Igihugu. Aruhukire mu magoro, kandi n’abandi bose baburiye ubuzima muri iyi mpantuka baruhukire mu mahoro.”

Ahabereye iyi mpanuka hahise haba inkongi y’umuriro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + 8 =

Previous Post

Kigali: Impungenge ni zose ku bavuga ko abana babo batwawe n’ubuyobozi mu gicuku

Next Post

Bahuye n’uruva gusenya: Ibyari ugutara amakuru byavuyemo gushwekura

Related Posts

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

by radiotv10
26/11/2025
0

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe abagabo 40 bari batwaye imbunda n’ibindi bikoresho bya gisirikare babijyanye i Mahanga muri Teritwari ya Masisi....

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

by radiotv10
26/11/2025
0

Ibikorwa byinshi by’ubucuruzi byo mu gace na Matonge k’i Bruxelles mu Bubiligi gacururizwamo ibikomoka muri Afurika, aho ibyafunzwe byiganjemo iby’Abanyekongo...

Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana

Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana

by radiotv10
26/11/2025
0

Imirwano yamaze iminsi ibiri hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’umutwe wa Wazalendo mu gace ka Uvira...

Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

by radiotv10
26/11/2025
0

Fighters of the AFC/M23 coalition arrested 40 men who were carrying guns and other military equipment destined for Mahanga in...

Bitunguranye Tanzania yahagaritse ibirori bikomeye bya Leta byari bitegerejwe

Bitunguranye Tanzania yahagaritse ibirori bikomeye bya Leta byari bitegerejwe

by radiotv10
26/11/2025
0

Leta ya Tanzania yatangaje ko ibirori byo kwizihiza umunsi w’ubwigenge byari biteganyijwe muri iki Gihugu mu kwezi gutaha byahagaritswe, kubera...

IZIHERUKA

Kigali, Rwanda, MoMo Rwanda and RSSB Launch “Iremere EjoHeza” to Help Rwandans Save for a Secure Future
MU RWANDA

Kigali, Rwanda, MoMo Rwanda and RSSB Launch “Iremere EjoHeza” to Help Rwandans Save for a Secure Future

by radiotv10
26/11/2025
0

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

26/11/2025
Nyuma yuko RGB yinjiye mu bibazo bya Rayon Sports ishobora kujya mu by’indi kipe

Nyuma yuko RGB yinjiye mu bibazo bya Rayon Sports ishobora kujya mu by’indi kipe

26/11/2025
Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

26/11/2025
AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

26/11/2025
Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

26/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bahuye n’uruva gusenya: Ibyari ugutara amakuru byavuyemo gushwekura

Bahuye n’uruva gusenya: Ibyari ugutara amakuru byavuyemo gushwekura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kigali, Rwanda, MoMo Rwanda and RSSB Launch “Iremere EjoHeza” to Help Rwandans Save for a Secure Future

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Nyuma yuko RGB yinjiye mu bibazo bya Rayon Sports ishobora kujya mu by’indi kipe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.