Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ukraine: Indege yarimo abayobozi bakuru yakoze impanuka irasandara ihitana abarimo Minisitiri

radiotv10by radiotv10
18/01/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ukraine: Indege yarimo abayobozi bakuru yakoze impanuka irasandara ihitana abarimo Minisitiri
Share on FacebookShare on Twitter

Impanuka y’indege yo mu bwoko bwa kajugujugu yasandariye hafi y’irerero ry’abana muri Kyiv mu murwa mukuru wa Ukraine, yahitanye abantu 16 barimo abayobozi mu nzego nkuru, nka Minisitiri w’Umutekano wari uri muri iyi ndege.

Mu bantu bahitanywe n’iyi ndege kandi harimo abana batatu bari hasi aho iyi ndege yasandariye, mu gihe abantu bagera muri 30 barimo abana 12 bo bajyanywe mu bitaro kubera iyi mpantuka yabaye kuri uyu wa Gatatu.

Umuyobozi w’ibikorwa by’ubuyobozi muri Perezidansi ya Ukraine, Kyrylo Tymoshenko yatangaje ko mu baguye muri iyi mpanuka harimo Minisitiri w’Umutekano, Denis Monastyrsky, umwungiriza we Yevheniy Yenin ndetse n’Umunyamabanga wa Leta Yuriy Lubkovychis n’umujyanama muri Minisiteri Anton Geraschenko.

Abantu icyenda bahitanywe n’iyi mpanuka, bari mu ndege barimo abayobozi bakuru batandatu ndetse n’abakozi batatu b’iyi ndege yari ibatwaye, mu gihe abandi barindwi bari ku butaka aho iyi ndege yaguye ikabivugana.

Urwego rushinzwe ubutasi muri Ukraine, rwahise rutangira iperereza ku cyaba cyateye iyi mpanuka y’indege.

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky yavuze ko iyi mpanuka ibabaje cyane kuba itwaye aba bayobozi bakomeye mu Gihugu, asaba uru rwego rushinzwe iperereza kugaragaza icyayiteye mu buryo bwihuse.

Mu butumwa bwe, Perezida Volodymyr Zelensky yavuze ko Minisitiri w’Umutekano “yari umuntu ukunda Igihugu. Aruhukire mu magoro, kandi n’abandi bose baburiye ubuzima muri iyi mpantuka baruhukire mu mahoro.”

Ahabereye iyi mpanuka hahise haba inkongi y’umuriro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + five =

Previous Post

Kigali: Impungenge ni zose ku bavuga ko abana babo batwawe n’ubuyobozi mu gicuku

Next Post

Bahuye n’uruva gusenya: Ibyari ugutara amakuru byavuyemo gushwekura

Related Posts

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

by radiotv10
21/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rizasubira mu Mujyi wa Uvira nyuma yuko riwukuyemo abarwanyi baryo bose, ugahita wigabizwa n’uruhanda bahanganye, rugatangira...

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

by radiotv10
20/01/2026
0

Uganda held widely watched presidential and parliamentary elections on 15 January 2026, choosing both the country’s leader and members of...

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

by radiotv10
20/01/2026
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyatangaje ko kigaruriye Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo, nyuma yuko Ihuriro AFC/M23...

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

by radiotv10
20/01/2026
0

Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, yabwiye abaturage ko intsinzi ikomeye yabonye mu matora y’umukuru w’igihugu aheruka igaragaza ubuhangange bw’ishyaka rye,...

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

by radiotv10
19/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko impugenge ryagaragaje niriramuka rirekuye Umujyi wa Uvira, zahise...

IZIHERUKA

Menya ibihembo bitubutse byahawe abakinnyi ba Senegal nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika
FOOTBALL

Menya ibihembo bitubutse byahawe abakinnyi ba Senegal nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

21/01/2026
How Sleep Timing Affects Your Whole Day

How Sleep Timing Affects Your Whole Day

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bahuye n’uruva gusenya: Ibyari ugutara amakuru byavuyemo gushwekura

Bahuye n’uruva gusenya: Ibyari ugutara amakuru byavuyemo gushwekura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Menya ibihembo bitubutse byahawe abakinnyi ba Senegal nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.