Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ukraine yatangaje inkuru nziza ku Munyarwanda ufite ubwenegihugu bwa America wari ufunzwe n’u Burusiya

radiotv10by radiotv10
15/12/2022
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ukraine yatangaje inkuru nziza ku Munyarwanda ufite ubwenegihugu bwa America wari ufunzwe n’u Burusiya
Share on FacebookShare on Twitter

Murekezi Suedi ukomoka mu Rwanda akaba afite ubwenegihugu bwa Leta Zunze Ubumwe za America, wari umaze igihe afunzwe n’u Burusiya, yarekuwe n’iki Gihugu mu mugambi wa Politiki wo guhererekanya imfungwa hagati y’iki Gihugu na Ukraine bimaze iminsi bihanganye.

Inkuru y’ifungwa rya Suedi Murekezi w’imyaka 35, ryavuzwe muri Nyakanga (07) uyu mwaka, aho byavugwaga ko yafashwe muri Kamena (06) mu Mujyi wa Kherson wari uri mu maboko y’abashyigikiye u Burusiya.

Uyu mugabo wavukiye mu Rwanda, ari mu mfungwa z’abarwanyi 64 zirimo abasirikare bane n’abandi barwanyi bane u Burusiya bwashyikirije Ukraine mu mugambi w’ibi Bihugu wo guhererekanya imfungwa.

Umuyobozi mukuru w’Ibiro bya Perezidansi ya Ukraine, Andriy Yermak mu butumwa yatangaje kuri Twitter, yashimiye iyi nkuru nziza yo kuba u Burusiya bwarekuye aba barwanyi.

Andriy Yermak yavuze ko mu barekuwe harimo Umunyamerika Suedi Murekezi. Ati “Kandi twafashije mu gufasha umuturage wa Leta Zunze Ubumwe za America Suedi Murekezi gufungurwa.”

Uyu mugabo uvuka mu Rwanda wanabaye mu Gisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko aho yari afungiye yigeze kumara igihe akorerwa ibabazamubiri mu inzu yari afungiyemo yubatse mu butaka hasi.

U Burusiya bwari bwamufashe bumushinja kuba ari intasi y’ikigo cy’ubutasi cya Leta Zunze Ubumwe za America CIA.

Murekezi yari amaze igihe afungiye mu Burusiya
Hafunguwe n’abandi barwanyi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + eighteen =

Previous Post

Hamenyekanye igihano cyakatiwe uwishe murumuna we bapfuye 100Frw wari watanze ibisobanuro byibajijweho

Next Post

Imitsindire y’abarangije ayisumbuye: Mu bumenyi rusange hatsinze 94%, mu nderabarezi 99,9%

Related Posts

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

by radiotv10
12/01/2026
0

Umutwe w'inyeshyamba uzwi nka Bakata Katanga wakozanyijeho n'igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), mu mirwano yabereye mu gace...

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

by radiotv10
12/01/2026
0

Mu gihe imyigaragambyo ikomeje kuba hirya no hino muri Iran yinjiraga mu cyumweru cya gatatu, Tehran yatanze umuburo ko izihorera...

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

IZIHERUKA

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize
MU RWANDA

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

13/01/2026
Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

12/01/2026
Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Imitsindire y’abarangije ayisumbuye: Mu bumenyi rusange hatsinze 94%, mu nderabarezi 99,9%

Imitsindire y’abarangije ayisumbuye: Mu bumenyi rusange hatsinze 94%, mu nderabarezi 99,9%

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.