Saturday, November 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

radiotv10by radiotv10
22/11/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya
Share on FacebookShare on Twitter

Igihugu cya Ukraine cyavuze ko kidashobora kubahiriza amasezerano yateywe na Leta Zunze Ubumwe za America agamije kurangiza intambara kiriya Gihugu gifitanye n’u Burusiya, arimo ingingo isaba Ukraine guha u Burusiya kamwe mu duce twayo.

Ni nyuma yuko itsinda ry’intumwa za Leta Zunze Ubumwe za Amerika rigiye i Kyiv kuganira n’inzego nkuru za Ukraine kuri gahunda yo guhagarika intambara.

Abo bagiyeyo mu gihe hagaragara inyandiko irimo ingingo 28 bivugwa ko ari amasezerano Leta Zunze Ubumwe za Amerika zateguye mu rwego rwo guhagarika iyi ntambara.

Aya masezerano arimo ingingo isaba Ukraine guha u Burusiya igice cy’ubutaka, ikibagirwa inzozi zo kujya muri NATO. Ukraine kandi bayisaba ko itagomba kurenza abasirikare ibihumbi 600 mu Gihugu cyose.

Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe ububanyi n’amahanga, Bwana Marco Rubio, na we aherutse kugaragaza ko guhagarika iyi ntambara bisaba ko buri ruhande rugira icyo rwigomwa.

Abagize Akanama gashinzwe Umutekano mu Muryango w’Abibumbye bahise bateranira kuri iyo ngingo.

Uhagarariye Ukraine yavugiye imbere ya bagenzi be ko imirongo itukura bashyizeho yose igomba kubanza kubahirizwa.

KHRYSTNA HAYOVYSHYN, yungirije ambasaderi w’icyo Gihugu mu Muryango w’Abibumbye, yagize ati “Nk’uko bisanzwe duhora twiteguye kuganira na Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’abafatanyabikorwa bacu bo ku mugabane w’u Burayi n’isi yose kugira ngo tugere ku mahoro.

Duhora dushaka ko iyi ntambara ihagarara mu buryo bwa nyabwo. Ni muri urwo rwego nshaka kuvuga ibi bikurikira:

Icya mbere: ubwo Ukraine yagaragazaga ubushake bwo kuganira kugeza ku rwego rw’abakuru b’ibihugu, hari imirongo ntarengwa twashyizeho. Ntabwo tuzigera twemera ko ubutaka bwa Ukraine Uburusiya bwigaruriye bubarwa nk’ubwabo. Ntabwo ubutaka bwacu bugurishwa.

Ukraine ntabwo izigera yemera gutegekwa urwego itagomba kurenza mu kwirwanaho, haba ku bikoresho ndetse n’umubare w’ingabo zacu.Ntabwo tuzigera twemera abadutegeka imiryango twemerewe kujyamo.

Abashaka amahoro bagomba kuzirikana uyu murongo ngenderwaho. Nta kintu kivuga kuri Ukraine mu gihe Ukraine itakirimo. Nta kivuga ku Burayi mu gihe budahagarariwe.

Ntabwo tuzigera duhemba abafite umugambi wa jenoside kuko bakomeje kwangiza ibituziranze birimo n’ururimi rwacu.”

Ayo masezerano ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatumye Abanyaburayi bateranira kuri iki kibazo.

Emmanuel Jean-Michel Frédéric Macron uyobora Ubufaransa, Chancelier w’Ubudage Bwana Joachim-Friedrich Martin Josef Merz, Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza Sir Keir Rodney Starmer bagiranye ikiganiro kuri telefone na Perezida wa Ukraine, Bwana Volodymyr Olexandrovych Zelenskyy.

Iyi nama ya bane yakozwe mu buryo bw’ikitaraganya yari igamije gusuzuma imiterere y’amasezerano yateguwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Bakimara gusoza iyo nama yabereye kuri telefone, Perezida wa Ukraine yavuze ko basuzumiye hamwe uburyo bwo kurangiza iyi ntambara mu buryo burimo icyubahiro.

Biteganyijwe ko abo Banyaburayi bazateranira muri Afurika y’Epfo ejo ku wa Gatandatu. Ibyo biganiro kuri iyi ngingo bazabijyamo.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + 8 =

Previous Post

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Related Posts

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

by radiotv10
22/11/2025
0

Nyuma yuko Leta Zunze Ubumwe za America zitangaje ko zitazitabira Inama y’Abakuru b’Ibihugu bigize G20 bikize kurusha ibindi ku Isi,...

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

by radiotv10
20/11/2025
0

Abantu 19 baguye mu gitero gikomeye cyagabwe n’indege z’Abarusiya ku nyubako z’amacumbi y’abaturage mu mujyi wa Ternopil, mu burengerazuba bwa...

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

by radiotv10
19/11/2025
0

Ababyeyi b’abakobwa 25 bashimuswe bakuwe ku ishuri muri Nigeria, baracyari mu gihirahiro, bategereje amakuru ku buzima bw’abana babo nyuma y’igitero...

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

by radiotv10
19/11/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump ubwo yakiraga ku meza Igikomangoma cy’Ubwami bwa Saudi Arabia, wari kumwe...

Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

by radiotv10
19/11/2025
0

Eswatini yabaye Igihugu cya mbere muri Afurika cyakiriye umuti wa Lenacapavir, ukora nk'urukingo rurinda umuntu kwandura Virusi itera SIDA, rutangwa...

IZIHERUKA

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya
AMAHANGA

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

by radiotv10
22/11/2025
0

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

22/11/2025
Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

22/11/2025
Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
Rwandan-origin contestant advances to the final stage of Miss Belgium

Rwandan-origin contestant advances to the final stage of Miss Belgium

22/11/2025
Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

21/11/2025
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.