Sunday, June 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ukuri ku mikoranire ya FARDC, Ingabo z’u Burundi na FDLR kwashyizwe hanze

radiotv10by radiotv10
04/01/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Ukuri ku mikoranire ya FARDC, Ingabo z’u Burundi na FDLR kwashyizwe hanze
Share on FacebookShare on Twitter

Raporo y’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye, yagaragaje imikoranire idashidikanywaho y’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) ndetse n’Ingabo z’u Burundi mu ntambara imaze iminsi mu burasirazuba bw’iki Gihugu (DRC), ndetse inavuga umubare w’abariyo, n’uburyo bagezeyo.

Iyi raporo bigaragara ko yagiye hanze tariki 30 Ukuboza 2023, ariko ikaba yashyizwe ku rubuga kuri uyu wa Gatatu tariki 03 Mutarama 2024, ishingiye ku makuru yagiye akusanywa n’impuguke z’akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe amahoro n’umutekano.

Izi mpuguke kandi zivuga ko iyi raporo ikubiyemo ibyakozwe mu iperereza ryakozwe kugeza tariki 05 Ukuboza 2023, igaruka ku mvururu ziri muri Repubukika Iharanira Demokarasi ya Congo zirimo izifitanye isano n’umutwe wa M23 umaze igihe uhanganye na FARDC.

Kuri iyi mirwano, iyi raporo ivuga ko nyuma y’amezi y’agahenge, yongeye kubura kuva mu kwezi k’Ukwakira 2023, mu bice birimo Kitshanga, Kibumba na Tongo.

Iyi raporo ivuga kandi ko mu iyubura ry’iyi mirwano, “FARDC ifashwa n’imitwe yitwaje intwaro yo muri Congo, uwa FDLR, kompanyi za gisirikare ndetse n’igisirikare cy’u Burundi (FDNB).”

Izi mpuguke zivuga ko Umuntu uri hafi mu buyobozi bwa FARDC, yemeje ko muri ubu bufatanye, hari abasirikare 1 070 b’u Burundi bagiye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bakaba barwana ku ruhande rwa FARDC, ndetse banambaye impuzankano y’iki Gisirikare.

Hagaragajwe indege yajyanye abasirikare b’u Burundi i Goma

Iyi raporo ivuga ko aba basirikare boherejwe kurwana ku gice cy’Umuhanda wa Sake-Kitshanga mu rwego rwo kwizera umutekano wa Teritwari ya Masisi. Ikavuga ko iyoherezwa ry’aba basirikare rihabanye n’umurungo w’ingabo zari mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba.

Izi mpuguke zivuga ko abo basirikare b’u Burundi bagiye muri Congo mu bikozwe mu bwiru bwinshi, zatangaje ko kuva tariki 21 Nzeri 2023 ari bwo bagiye batangiye kujya i Goma mu ndege ya FARDC, ubundi boherezwa mu bice bya Minova muri Kivu y’Epfo no mu nkengero zaho.

Tariki 07 Ukwakira 2023, kompanyi ebyiri z’abasirikare b’u Burundi zavuye Minova zoherezwa ahitwa Kabati mu bilometero bicye hafi ya Kitshanga, bisanzwe n’igisirikare cy’u Burundi.

Hari aho iyi raporo igira iti “FDNB bakomeje koherezwa kugeza nibura tariki 20 Ukwakira 2023. FDNB ifatanyije na FARDC ndetse na Wazalendo, bari mu bafatanyije gushwanyaguza ibirindiro bya M23 biri Kitshanga na Kilolirwe.”

Bamwe mu basirikare b’u Burundi bagiye bafatwa n’umutwe wa M23, bavuze ko bahagurukaga i Burundi bakurira indege babwirwa ko bagiye guhangana n’uyu mutwe, bagera muri Congo bagahita bahawa ibikoresho ubundi bakoherezwa ku rugamba.

Iyi raporo y’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye, ivuga ko muri icyo gihe ubwo imirwano yuburaga, yabereye mu bice binyuranye birimo Kanyamahoro-Kibumba-Rusayo muri Teritwari ya Nyiranongo, hakaba mu bice bya Kalengera-Tongo-Bwiza na Bambu-Kishishe-Kibirisi-Rwindi muri Teritwari ya Rutshuru ndetse na Kilolirwe-Burungu-Kitchanga muri teritwari ya Masisi.

Ivuga ko muri iyi mirwano hari benshi bayipfiriyemo abandi bagakomerekeramo ku mpande zose ziri muri iyi mirwano, yaba abasirikare ba FARDC ndetse n’abarwanyi ba M23.

Iyi raporo kandi ivuga ko umutwe wa Wazalendo umaze iminsi uri gufatanya na FARDC, washinzwe na Guverinoma ya Congo uhuriwemo n’imitwe inyuranye irimo n’uwa FDLR, kugira ngo ufasha igisirikare cya Leta muri iyi mirwano.

Izi mpuguke kandi zivuga ko Gen Peter Cirimwami akaba ari na Guverineri w’Intara ya Kivu ya Ruguru, ari we uri inyuma y’ishyirwaho ry’uyu mutwe wa Wazalendo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + fifteen =

Previous Post

Ibyo wamenya ku musore wihebeye Miss Naomie wamaze kumwambika impeta

Next Post

Gicumbi: Hasobanuwe uko umukozi mu nzego z’ibanze yatahuwe agiye kwiyahura n’icyari kibimuteye

Related Posts

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

by radiotv10
27/06/2025
0

Mu butumwa bwanditse mu Kinyarwanda kiyunguruye, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yatumiye Abanyarwanda ko mu minsi y’ibiruhuko...

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

by radiotv10
25/06/2025
0

Abanya-Kenya ibihumbi n’ibihumbi biraye mu mihanda mu myigaragambyo igamije kwibuka abaguye mu yindi yabaye umwaka ushize muri iki Gihugu cya...

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

by radiotv10
25/06/2025
0

Joseph Kabila Kabange, the former President of the Democratic Republic of the Congo(DRC), has presented his successor, Felix Tshisekedi, with...

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

by radiotv10
25/06/2025
0

Leta ya Zambia yatanze ikirego mu Rukiko rwo muri Afurika y’Epfo isaba ko ishyingurwa rya Edgar Lungu wayoboye iki Gihugu...

Kabila yibiye ibanga Tshisekedi wamusimbuye agaragaza amahitamo atatu asigaranye

Kabila yibiye ibanga Tshisekedi wamusimbuye agaragaza amahitamo atatu asigaranye

by radiotv10
25/06/2025
0

Joseph Kabila Kabange wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yagaragarije Felix Tshisekedi wamusimbuye, ko asigaranye amahitamo atatu, arimo...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gicumbi: Hasobanuwe uko umukozi mu nzego z’ibanze yatahuwe agiye kwiyahura n’icyari kibimuteye

Gicumbi: Hasobanuwe uko umukozi mu nzego z’ibanze yatahuwe agiye kwiyahura n’icyari kibimuteye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.