Thursday, September 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ukuri kuzuye k’Umuvugizi wa Perezidansi y’u Rwanda asubiza ikinyamakuru cyatonetse Abanyarwanda

radiotv10by radiotv10
11/04/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ukuri kuzuye k’Umuvugizi wa Perezidansi y’u Rwanda asubiza ikinyamakuru cyatonetse Abanyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Nta Munyarwanda cyangwa umunyamahanga utazi uburyo Perezida Paul Kagame ari umuyobozi ushishoza bihanitse, agahora ashaka icyagirira neza Abanyarwanda, ariko ikinyamakuru cyo muri Leta Zunze Ubumwe za America cyabirenzeho gitangaza igitekerezo kinyuranye n’ukuri, ariko na cyo abantu ntibacyoroheye, kuko bakibwije ukuri, banagisaba kugeza aho.

Ni nyuma yuko mu kinyamakuru The New York Times kiramutse kuri uyu wa Kabiri tariki 11 Mata 2023 gitangaza igitekerezo cy’umunyamakuru akaba n’umwanditsi w’ibitabo, Anjan Sundaram, cyuzuyemo ibinyoma.

Iki gitekerezo cy’uyu munyamakuru usanzwe anavuga nabi u Rwanda, gifite umutwe tutifuje gutangaza mu nkuru yacu kuko uhabanye n’ukuri, ariko aterura agaraza Umukuru w’u Rwanda, nk’umuyobozi utari mwiza, ngo ariko akaba inshuti y’Ibihugu by’Uburengerazuba bw’Isi (u Burayi).

Iyi nkuru iterura inavuga ko Perezida Paul Kagame yahinduye Itegeko Nshinga ngo akomeze ayobore, mu gihe bizwi ko ibi byakozwe ku busabe bw’Abanyarwanda bifatiye umwanzuro wo kuvugurura Itegeko ryabo ngo bakureho inzitizi zashoboraga kubuza Perezida Kagame gukomeza kubayobora, mu gihe bari bakimufitiye icyizere.

Iki gitekerezo cy’uyu munyamakuru, gikomeza kigaragaza ibitekerezo bihabanye n’ukuri, kivuga ko ngo Umukuru w’Abanyarwanda ngo ari inshuti y’imiryango y’Ibihugu by’Uburengerazuba bw’Isi, irimo FIFA, NBA ndetse ngo ubwo burengerazuba bukaga buha 70% y’ingengo y’imari y’u Rwanda, nyamara ubu ingengo y’Imari y’u Rwanda, nibura 80% bituruka mu bushobozi bw’Igihugu.

Muri iki gitekerezo kirekire, uyu munyamakuru akomeza anarengera, akavuga kuri Jenoside yakorewe Abatutsi yahitanye inzirakarengane zirenga miliyoni imwe, akavuga ko hari abashinja umukuru w’u Rwanda kuyigiramo uruhare, akirengagiza ko iyi Jenoside yateguwe kandi ikanashyirwa mu bikorwa n’ubutegetsi bwa Juvenal Habyarimana ndetse n’abahezanguni b’Abahutu bari mu butegetsi bwe.

Gusa abazi ukuri, bateruriye rimwe bamagana ibi binyoma by’uyu munyamakuru, warengereye agakora mu nkovu z’Abanyarwanda by’umwihariko abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bari mu cyumweru cyo kunamira inzirakarengane zishwe muri Jenoside.

Umuvugizi wa Perezida y’u Rwanda, Stephanie Nyombayire uri mu bamaganye iki gitekerezo cyatambutse muri The New York Times, avuga ko bibabaje kuba abarokotse Jenoside bari mu gahinda k’ibyabayeho ariko iki kinyamakuru kigatangaza iki gitekerezo kibatoneka, kibashinja kuba ba nyirabayazana w’amateka yabashenguye.

Stephanie Nyombayire wavuze ko ibi bikorwa by’iki kinyamakuru bikwiye guhagaragara kuko atari rimwe cyangwa kabiri kivuga nabi u Rwanda, yakomeje agaragaza ukuri kw’ibyabaye, avuga ko Jenoside yakorewe Abatutsi yakozwe n’abayiteguye ndetse n’abari babashyigikiye ubu bahindutse abayipfobya n’abayihakana.

Ati “Iryo tsinda ryamaze no guha ikaze Anjan, ubwo nawe ugomba gufata ibyicaro hafi aho.”

Yakomeje agaragaza ko “ingabo za RPA/RPF ni bo bahagaritse Jenoside yakorewe Abatutsi. Ntawundi wabikoze. Binyuranye n’imyumvire ya NYT. Icyerecyezo cy’Igihugu cyacu ntabwo gikeneye guhabwa umugisha n’Uburengerazuba bw’Isi (u Burayi) cyangwa ngo abe ari ko biri ku bandi Banyafurika ngo babe bakeneye guhagarikirwa.”

Stephanie Nyombayire yakomeje avuga ko u Rwanda rukomeje kuzamura imibereho y’abarutuye, kandi ko amateka yabo y’ahahise yabasigiye isomo ryo kumenya abo bari bo.

Asoza akoresha ijambo rya Perezida Paul Kagame yavuze ubwo yatangizaga ibikorwa byo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 29 ati “Nta n’umwe uzagenga uko uko tugomba kubaho.”

Muri iri jambo rya Perezida Paul Kagame yavugiye ku Rwibutso rwa Kigali ku Gisozi ku ya 07 Mata 2023, yaboneyeho gushimira Abanyarwanda kuba barahisemo neza, bagafata icyemezo cyo kwiyubakira Igihugu cyabo by’umwihariko abarokotse Jenoside bagize ubutwari bwo kubabarira bagamije gukomeza inzira igana imbere.

Umukuru w’u Rwanda yagize ati “Dufite ubuzima tugomba kubaho, nta muntu uzaduhitiramo ubuzima tugomba kubamo, twakomeje umuhate wo kuva muri aya mateka, ntituzigera twemerera ko hari uwabategeka uburyo mugomba kubaho, uko ni ko Abanyarwanda bameze, turi abantu beza, turubaha, duca bugufi tuzi aho twavuye, ariko ndababwira ko igihe cyose bamwe muri twe tuzaba tukiriho, ndabizeza ko tuzabaho ubuzima butebereye twahisemo.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + eleven =

Previous Post

Amakuru mashya ku wakekwagaho urupfu rw’umwarimu wa Kaminuza basanze yishwe urw’agashinyaguro

Next Post

Hasobanuwe umuti w’ikibazo cy’abakoze Jenoside bafungurwa bakagorwa no kubana n’abo biciye

Related Posts

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

by radiotv10
18/09/2025
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi, barimo Yves Iradukunda winjiye muri Guverinoma y’u Rwanda nk’Umunyamabanga...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

by radiotv10
18/09/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Ngamba mu Karere ka Kamonyi, uvuga ko yari aho Polisi yarasiye abagabo batatu bariho batema...

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

by radiotv10
18/09/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Muko mu Karere ka Gicumbi ukurikiranyweho kwica umugore we amukubise isuka ya majagu mu mutwe,...

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

by radiotv10
18/09/2025
0

The modern world is hectic and it seems that self-care is a full time occupation. Self-care does not always have...

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

by radiotv10
18/09/2025
0

Abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, bavuga batazi impamvu Polisi yo mu Karere ka Rwamagana yakuyeho ibyapa bya...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi
MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

by radiotv10
18/09/2025
0

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

18/09/2025
Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

18/09/2025
Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

18/09/2025
AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

18/09/2025
Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

18/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hasobanuwe umuti w’ikibazo cy’abakoze Jenoside bafungurwa bakagorwa no kubana n’abo biciye

Hasobanuwe umuti w’ikibazo cy’abakoze Jenoside bafungurwa bakagorwa no kubana n’abo biciye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.