Sunday, December 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ukuriye Dipolomasi n’Ukuriye Iperereza by’u Rwanda bagize icyo babwira Ingabo ziri muri Centrafrique

radiotv10by radiotv10
25/10/2023
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Ukuriye Dipolomasi n’Ukuriye Iperereza by’u Rwanda bagize icyo babwira Ingabo ziri muri Centrafrique
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta ari kumwe n’Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Iperereza (NISS), Maj Gen Joseph Nzabamwita, basuye inzego z’umutekano z’u Rwanda ziri muri Centrafrique, bazigezaho ubutumwa bw’ishimwe bwa Perezida Paul Kagame.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 24 Ukwakira 2023, ubwo aba bayobozi baturutse mu Rwanda bari kumwe n’ukuriye dipolomasi y’u Rwanda mu Repubulika ya Centrafrique, Olivier Kayumba basuraga izi nzego z’umutekano zirimo iziri muri iki Gihugu mu butumwa ku bw’imikoranire yacyo n’u Rwanda ndetse n’iziriyo mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye (MINUSCA), ziri i Bangui.

Ubuyobozi bwa RDF dukesha aya makuru, buvuga ko uru ruzinduko rwari rugamije kureba uburyo abasirikare n’abapolisi b’u Rwanda bari kwitwara mu butumwa n’impumeko yabo, ndetse no kubagezaho ubutumwa bwa Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga wa RDF, wabashimiye akazi bakora.

Dr Vincent Biruta na Maj Gen Joseph Nzabamwita kandi banaboneyeho guhura n’Umugaba Mukuru Wungirije w’Ingabo za Repubulika ya Centrafrique ushinzwe igenamigambi, Brig Gen Arcadius BETIBANGUI.

Aba bayobozi b’u Rwanda bahuriye n’uyu muyobozi mu Ngabo za Centrafrique mu Kigo cya Gisirikare cya Kassai i Bangui, bagiranye ibiganiro byagarutse ku mikoranire mu by’imyitozo ya gisirikare iri hagati ya RDF n’ingabo za Centrafrique.

Dr Vincent Biruta yaganirije izi nzego z’umutekano z’u Rwanda
Aba bayobozi baturutse mu Rwanda kandi banaganiriye n’umwe mu bayobozi mu ngabo za Centrafrique

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × four =

Previous Post

Igihugu cyakozwemo ‘Coup d’Etat’ byatangiye kukibyarira inkurikizi zitari zitezwe

Next Post

M23 yongeye gushyira hanze ibya FARDC na FDL inahishura isomo iherutse kubaha

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze
IBYAMAMARE

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

by radiotv10
21/12/2025
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yongeye gushyira hanze ibya FARDC na FDL inahishura isomo iherutse kubaha

M23 yongeye gushyira hanze ibya FARDC na FDL inahishura isomo iherutse kubaha

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.