Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ukuriye Dipolomasi n’Ukuriye Iperereza by’u Rwanda bagize icyo babwira Ingabo ziri muri Centrafrique

radiotv10by radiotv10
25/10/2023
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Ukuriye Dipolomasi n’Ukuriye Iperereza by’u Rwanda bagize icyo babwira Ingabo ziri muri Centrafrique
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta ari kumwe n’Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Iperereza (NISS), Maj Gen Joseph Nzabamwita, basuye inzego z’umutekano z’u Rwanda ziri muri Centrafrique, bazigezaho ubutumwa bw’ishimwe bwa Perezida Paul Kagame.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 24 Ukwakira 2023, ubwo aba bayobozi baturutse mu Rwanda bari kumwe n’ukuriye dipolomasi y’u Rwanda mu Repubulika ya Centrafrique, Olivier Kayumba basuraga izi nzego z’umutekano zirimo iziri muri iki Gihugu mu butumwa ku bw’imikoranire yacyo n’u Rwanda ndetse n’iziriyo mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye (MINUSCA), ziri i Bangui.

Ubuyobozi bwa RDF dukesha aya makuru, buvuga ko uru ruzinduko rwari rugamije kureba uburyo abasirikare n’abapolisi b’u Rwanda bari kwitwara mu butumwa n’impumeko yabo, ndetse no kubagezaho ubutumwa bwa Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga wa RDF, wabashimiye akazi bakora.

Dr Vincent Biruta na Maj Gen Joseph Nzabamwita kandi banaboneyeho guhura n’Umugaba Mukuru Wungirije w’Ingabo za Repubulika ya Centrafrique ushinzwe igenamigambi, Brig Gen Arcadius BETIBANGUI.

Aba bayobozi b’u Rwanda bahuriye n’uyu muyobozi mu Ngabo za Centrafrique mu Kigo cya Gisirikare cya Kassai i Bangui, bagiranye ibiganiro byagarutse ku mikoranire mu by’imyitozo ya gisirikare iri hagati ya RDF n’ingabo za Centrafrique.

Dr Vincent Biruta yaganirije izi nzego z’umutekano z’u Rwanda
Aba bayobozi baturutse mu Rwanda kandi banaganiriye n’umwe mu bayobozi mu ngabo za Centrafrique

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × two =

Previous Post

Igihugu cyakozwemo ‘Coup d’Etat’ byatangiye kukibyarira inkurikizi zitari zitezwe

Next Post

M23 yongeye gushyira hanze ibya FARDC na FDL inahishura isomo iherutse kubaha

Related Posts

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

In today’s world, more and more people are turning to surgery to improve the way they look. From nose jobs...

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

IZIHERUKA

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery
IMIBEREHO MYIZA

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

02/01/2026
Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

01/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yongeye gushyira hanze ibya FARDC na FDL inahishura isomo iherutse kubaha

M23 yongeye gushyira hanze ibya FARDC na FDL inahishura isomo iherutse kubaha

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.