Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

radiotv10by radiotv10
28/12/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?
Share on FacebookShare on Twitter

Tariki 25 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasheshe inzego zose za Rayon Sports maze rushyiraho Komite y’inzibacyuho iyobowe na Murenzi Abdallah ngo ishyire ibintu ku murongo ndetse inategure amatora mu gihe cy’amezi atatu ari imbere.

Igitekerezo cyo gusesa izi nzego zose cyaje nyuma yo kutumvikana ndetse bigakurura umwuka mubi hagati y’inzego ebyiri zari ziyoboye iyi kipe ari zo; Inama y’Ubutegetsi yari iyobowe na Paul Muvunyi ndetse na Comité Nyobozi yari iyobowe na Thadée Twagirayezu.

Nyuma y’ubu bwumvikane buke, RGB yatumije izi nzego zombi mu nama yanitabiriwe na Minisiteri ya Siporo, inzego z’igihugu z’iperereza ndetse n’inzego z’umutekano hagamijwe gushaka umuti w’ikibazo cya Rayon Sports, hanzurwa ko hashyirwaho Comité y’inzibacyuho igomba gukurikirana ubuzima bwa buri munsi bw’ikipe, igatunganya amategeko shingiro y’umuryango wa Rayon Sports ndetse ikanategura amatora azaba mu mpera z’ukwezi kwa kabiri.

UBUZIMA BW’IKIPE NTA CYAHINDUTSE

Benshi mu bakurikiranira hafi ikipe ya Rayon Sports bemeza ko ikibazo gikomeye ihura na cyo ari amikoro bitewe n’uko nta hantu ikura hahoraho kandi igashora menshi kuko ari ikipe ihora ihatanira ibikombe.
Rayon Sports igira amakipe abiri, ay’Abagabo n’ay’Abagore, aho usanga ku kwezi biyisaba miliyoni 44 z’imishahara gusa. Aya mafaranga aba agomba kwiyongera bitewe n’ibindi bikorwa bikenerwa birimo nko gutwara abakinnyi bajya ndetse bava mu myitozo buri munsi, kujya no kuva ku mikino, gukorera aho abakinnyi bitegura imikino, uduhimbazamusyi mu gihe ikipe yatsinze n’ibindi.

Mu gihe ibi byose biba, Rayon Sports ihora yizeye ko amafaranga azira igihe buri kwezi ari miliyoni 22 ziva muri Skol nk’umufatanyabikorwa wayo mukuru. Andi mafaranga bashobora kubona, na bwo adahoraho, ava mu Karere ka Nyanza bitewe n’ubukangurambaga iyi kipe igiye gufasha akarere, andi akava ku bibuga ku mikino ikipe yakiriye.

Mu kwezi amaze mu nshingano, Murenzi aheruka guhemba umushahara w’ukwa 11, ariko na bwo hahembwe abakinnyi gusa mu makipe yombi; abakozi na staff baracyategereje.

UMUSARURO MU KIBUGA BISA NK’AHO NTA GIHINDUKA

Kuva tariki 25 Ugushyingo Murenzi Abdallah afata inshingano zo kuyobora inzibacyuho, Rayon Sports imaze gukina imikino itanu ya shampiyona aho yatsinze ibiri, inganya ibiri itsindwa umwe.

Iyo mikino ni: Gicumbi FC 1-1 Rayon Sports, Rayon Sports 2-0 Musanze, Bugesera 2-1 Rayon Sports, Gorilla FC 1-2 Rayon Sports, Rayon Sports 1-1 Etincelles FC, uyu ukaba wari n’umukino wa mbere w’umutoza mushya w’Umufaransa Bruno Ferry.

Uyu musaruro wa Abdallah mu mikino itanu ya shampiyona usa nk’aho udatandukanye n’uwa Thadée Twagirayezu mu gihe yayoboraga iyi kipe aho mu mikino umunani yatsinzemo ine, atsindwa itatu anganya umwe.
Kiyovu 0-2 Rayon, Rayon 0-1 Police, Gasogi 2-2 Rayon, Rayon 3-1 Rutsiro, Rayon 1-0 Amagaju, Marines 0-1 Rayon, APR 3-0 Rayon, AS Kigali 1-0 Rayon.

Iyo utereye akajisho ku rutonde rwa shampiyona, Rayon Sports igaragara ku mwanya wa karindwi n’amanota 21 mu mikino 13 imaze gukina.

RAYON SPORTS IRI KU ISOKO RY’ABAKINNYI

Nyuma yo gukemura ikibazo bari bafitanye na rutahizamu w’Umunya-Guinée-Bissau Adulai Jalo wari warabareze muri FIFA kubera kumwirukana binyuranyije n’amategeko, ndetse bakanishyura uwari umutoza wabo Afahmia Lotfi basheshe amasezerano kubera umusaruro muke, Rayon Sports iheruka gusinyisha Faustin Likau Kitoko Pizarro, umukinnyi wo hagati ukomoka muri DRC wakinaga i Burundi muri Flambeau du Centre.

Ubuyobozi bw’iyi kipe ntibwahwemye kuvuga ko bwifuza abandi bakinnyi bo kongera imbaraga mu ikipe, cyane ko umuvugizi w’ikipe, Gakwaya Olivier, aheruka gutangaza ko ikipe basanze iciriritse.

Jean Claude HITIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × two =

Previous Post

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Next Post

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

Related Posts

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

by radiotv10
29/01/2026
0

Nubwo Umuyobozi wa APR FC Brig Gen Deo Rusanganwa abihakana, amakuru ava imbere mu ikipe ya Al Hilal aremeza ko...

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Impuzamashyihamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF, yatangaje ibihano byafashwe ku mpande zombi kuri Maroc na Senegal, kubera imvururu zabaye ku...

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Ikipe ya APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Ubutwari cya 2026 nyuma yo gutsinda As Kigali ibitego 3-0...

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

by radiotv10
28/01/2026
0

Nyuma y'iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y'imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye...

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, uheruka gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, yerekeje mu ikipe ya AS Kigali, aho yasinye amasezerano y’amezi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.