Tuesday, November 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umu-Dj uzwi cyane mu Rwanda atanze ubutumwa bukomeje nyuma yo kwakira Yesu nk’Umwami n’umukiza

radiotv10by radiotv10
09/06/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Umu-Dj uzwi cyane mu Rwanda atanze ubutumwa bukomeje nyuma yo kwakira Yesu nk’Umwami n’umukiza
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvangamiziki Gateka Esther Brianne uzwi nka DJ Brianne, uri mu bakunzwe mu Rwanda, yabatijwe mu mazi menshi yakira Yesu Kristo amwemera nk’umukiza n’umwami, avuga ko hari ababanje kumuseka bavuga ko ari agatwiko, ariko ko ubu adashaka abazamucumuza.

DJ Brianne yabatijwe mu Itorero Elayono Pantecost Blessing Church mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru tariki 09 Kamena 2024.

Brianne akimara kubatizwa yavuze ko abantu bakibyumva ko azabatizwa bamuciye intege bavuga ko ari ugushaka gushitura abantu.

Ati “Nari maze ibyumweru bitatu niga ariko abantu bamenya ko nzabatizwa banciye intege, ariko ubu ndabamenyesha ko nabaye icyaremwe gishya ntihazagire umuntu wongera kuncumuza.”

Yakomeje asobanura ko mu byo bamwigishije impamvu yo kubatizwa no kwakira Yesu nk’Umwami n’umukiza, avuga ko ubu yamaze kuba umwana w’Imana.

Avuga ko uyu mubatizo, atari uwo kumweza ubugingo gusa, ahubwo ko ari no kwegera Umwami Yesu Kristu wacunguye ikiremwamuntu.

Ati “Amazi si yo akuraho ibyaha, ahubwo uko wegerana n’Imana ugenda uhinduka. Kubatizwa ni umuhango ariko uba ugomba gukomeza kwirinda, ndabwira n’abandi ngo baze babatizwe.”

Dj Briane azwi mu kuvanga imiziki, ariko akaba anaherutse kwinjira mu mwuga w’Itangazamakuru, sore ko ari n’umunyamakuru wa Radio Isibo, akaba azwiho kandi gufasha abana batishoboye abinyujije mu muryango yashize ‘Brianne Foundation’.

Dj Briane ati “Ubu ndi ikiremwa gishya, ntihazagire uncumuza”

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + 10 =

Previous Post

Ihuriro ryiyemeje guhindura ubutegetsi muri Congo ririmo na M23 rikomeje kunguka amaboko arishyigikiye

Next Post

Kayonza: Ntibagisangira amazi n’amatungo ariko n’ubundi biracyari amaburakindi

Related Posts

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

by radiotv10
24/11/2025
0

Dosiye iregwamo abakurikiranyweho ibifitanye isano n’isakara ry’amashusho y’urukozasoni y’Umuhanzi Yampano n’umukunzi we, yamaze gushyikirizwa Ubushinjacyaha, ndetse hakaba haratawe muri yombi...

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

by radiotv10
22/11/2025
0

Murindahabi Irene usanzwe areberera inyungu abaririmbyi Vestine na Dorcas, yavuze ko ubutumwa buherutse gutambuka ku rubuga nkoranyambaga rw’umwe muri aba...

Rwandan-origin contestant advances to the final stage of Miss Belgium

Rwandan-origin contestant advances to the final stage of Miss Belgium

by radiotv10
22/11/2025
0

Kyra Nkezabera, whose parents include a Rwandan father and a Belgian mother, has reached the final round of the Miss...

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuhanzi Niyo Bosco yatanze umucyo ku byatumye hari abakeka ko yaba yarabeshye abantu igihe kinini ko atabona, avuga ko amashusho...

Amakuru agezweho ku mukobwa ufite inkomoko mu Rwanda uri guhatana muri Miss Belgium

Amakuru agezweho ku mukobwa ufite inkomoko mu Rwanda uri guhatana muri Miss Belgium

by radiotv10
21/11/2025
0

Kyra Nkezabera ukomoka ku babyeyi barimo Umunyarwanda, uri guhatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi (Miss Belgium), yageze mu cyiciro cya...

IZIHERUKA

Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu
MU RWANDA

Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu

by radiotv10
25/11/2025
0

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

24/11/2025
Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

24/11/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

24/11/2025
Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

24/11/2025
Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

24/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kayonza: Ntibagisangira amazi n’amatungo ariko n’ubundi biracyari amaburakindi

Kayonza: Ntibagisangira amazi n’amatungo ariko n’ubundi biracyari amaburakindi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.